Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ndimbati afatiwe icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in MU RWANDA
0
Ndimbati yagejejwe imbere y’urukiko

Ndimbati imbere y'Inteko y'Urukiko (Photo/Igihe)

Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko Uwihoreye Jean Bosco Mustafa uzwi nka Ndimbati ukurikiranyweho gusambanya umwana, afungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwavuze ko ibyagezweho mu iperereza ry’ibanze bigize impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho kuba yarakoze icyaha akurikiranyweho.

Izi mpamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho gukora icyaha cy’ubusambanyi, harimo ifishi y’ikingira y’umukobwa akurikiranyweho gusambanya abanje kumusindisha, ubuhamya bwatangajwe n’uwakorewe icyaha ndetse ibyagarutsweho mu iburanisha ry’ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Mu iburanisha ry’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, Ndimbati yiyemereye ko yararanye n’umukobwa akekwaho gusambanya ariko ko yari yamuguze nk’uko yagura indi ndaya yose.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko kuba uregwa yiyemerera ko yararanye n’uwo akekwaho gusambanya, ari ikimenyetso cyerekana ko ibyo akurikiranyweho byabaye.

Urukiko ruvuga kandi ko icyaha gikekwa kuri Uwihoreye [Ndimbati] kiri mu byaha bikomeye bihanishwa igifungo kiri hejuru y’imyaka ibiri bityo ko itegeko riteganya ko uregwa icyaha nk’iki akurikiranwa afunze.

Mu iburanisha ry’ifunga n’ifungurwa, Ndimbati yavuze ko ibyo kuba yarajyanywe mu nkiko ari akagambane yakorewe kuko atumva ukuntu azanywe mu nkiko nyuma y’imyaka irenga itatu harabaye ibyo akekwaho.

Ndimbati yatawe muri yombi tariki 10 Werurwe nyuma y’uko umunyamakuru wa YouTube Channel imwe ikorera mu Rwanda, avugishije uwitwa Kabahizi Fridaus umushinja kumusambanya akamutera inda bakabyarana impanga none akaba yarabatereranye.

Uregwa yabwiye Urukiko ko uyu Kabahizi Fridaus yamwatse amafaranga menshi arimo Miliyoni 5 Frw, ubundi uwo Munyamakuru na we akamuhamgaraga amubwira ko agomba kumuha Miliyoni 2 Frw bitaba ibyo akamushyira hanze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + thirteen =

Previous Post

Urushyi Will Smith yakubitiye Chris Rock mu birori rukivugiza rwabaye Inkuru y’Isi yose

Next Post

Nkombo: Nkombo abafite virusi itera SIDA bahagarikiwe inyunganiramirire none ubuzima bwabo burageramiwe

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego
FOOTBALL

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

12/05/2025
Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nkombo: Nkombo abafite virusi itera SIDA bahagarikiwe inyunganiramirire none ubuzima bwabo burageramiwe

Nkombo: Nkombo abafite virusi itera SIDA bahagarikiwe inyunganiramirire none ubuzima bwabo burageramiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.