Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko ibyakunze gushinjwa u Rwanda ko rugira uruhare mu bibazo biri muri Congo, abibazwaho kenshi akanatanga ibisubizo bimwe kenshi, akagerageza guhindura uburyo abisubizamo, ariko ababibaza bagakomeza kubibaza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gashyantare 2023 ubwo yagiranaga ikiganiro n’abahagarariye Ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda.

Perezida Kagame yongeye kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibiri mu burasirazuba bw’iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko yakunze kubazwa ibibazo bimwe byagiye bigaruka kenshi ku byerecyeye umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe bagiye bashinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo by’iki Gihugu cy’Igituranyi.

Ati “Nkagerageza kubaha ibisubizo, kuko mbibazwa kenshi ngerageza kubaha ibisubizo bimwe ariko mu buryo butandukanye kugira ngo nibura uwakimbajije ubushize ntacyumve bitewe n’uburyo cyasubijwemo ndebe ko nibura yumva, ariko byakomeje kuza mu buryo bumwe.”

U Rwanda rwakunze gusobanura kenshi ko nta ruhare na ruto rugira mu bibazo biri muri Congo, ndetse ko rutigeze rwoherezayo ingabo nkuko iki Gihugu cy’igituranyi n’ibindi Bihugu byakunze kubirushinja.

Perezida Kagame avuga ko ibi bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC ndetse n’ibiri mu burasirazuba bwa DRC, nubwo hari abandi babigiramo uruhare, ariko atari ibya vuba kandi ko umuzi wabyo ari uwa cyera.

Ati “Ubu tubirimo nk’uko byari bimeze mu myaka 20 cyangwa hagati ya 20 na 25, kandi ibyagiye biba muri ubu buryo biri kubamo uyu munsi, n’ubundi bigenda byisubiramo buri gihe runaka nko muri buri myaka itanu. Mu myaka itanu hari ikintu kiba, mu yindi myaka itanu hakaba ikindi…”

Avuga ko ibibaro biri kuba aka kanya ari bimwe n’ibyabaye mu myaka icumi ishize. Ati “Muri 2012 twari dufite ibibazo bimwe n’ibi nubwo hazamo bicye bijya gutandukana ariko ni bimwe n’ibyabaye mu myaka 20 cyangwa 10 ishize.”

 

MONUSCO yarananiwe

Perezida Paul Kagame yakomeje avuga ku ngabo zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zikaba zimazeyo imyaka irenga 20, irimo 10 yabanjirije ibyabaye muri 2012 ndetse n’iyi ishize nyuma y’iki gihe.

Ati “Ikibazo cyanjye kiragira kiti ‘niba dipolomasi na politiki bidafite ikibazo nkuko mbitekereza kuki mwagira ibihumbi n’ibihumbi by’abari mu butumwa bw’amahoro mu gace runaka bakamara imyaka irenga 20 bagakoresha miliyari 10 z’amadolari ariko bigakomeza kubaho ntihagire n’umuntu n’umwe […]’ ariko misiyo ikagenda yongerwa, ariko se turi kugera kuki, turi gukura iki mu mafaranga yacu? Turi gukura iki mu buzima bw’abari mu butumwa?”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko ubu butumwa bwagizwe nk’iturufu yo kwibonera amaronko bityo ko ari yo mpamvu bwakomeje kugenda bwongererwa igihe kandi ntacyo buri kugeraho.

Ati “Kandi njye nakekaga ko ubwo butumwa bwashyiriweho kugerageza gushaka umuti w’ibibazo biri muri kiriya Gihugu ku nyungu z’icyo Gihugu ariko no ku nyungu z’abaturanyi bigiraho ingaruka, ariko se hari icyabaye? Ibyabaye muri 2012 ni na byo byabaye muri 2022 kandi bikomeje kuba.”

Perezida Kagame yavuze ko gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, bigomba kugirwamo uruhare n’impande ebyiri, zirimo abatanga umusansu wo gushaka umuti wabyo ariko n’Abanyekongo ubwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 11 =

Previous Post

Igisobanuro kidasobanutse cy’uvugwaho kuroga abavandimwe bapfuye inkurikirane bigateza impagarara

Next Post

Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.