Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo

radiotv10by radiotv10
09/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ngerageza guhindura uburyo mbasubizamo ariko bagakomeza kubimbaza- P.Kagame ku by’u Rwanda na DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko ibyakunze gushinjwa u Rwanda ko rugira uruhare mu bibazo biri muri Congo, abibazwaho kenshi akanatanga ibisubizo bimwe kenshi, akagerageza guhindura uburyo abisubizamo, ariko ababibaza bagakomeza kubibaza.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gashyantare 2023 ubwo yagiranaga ikiganiro n’abahagarariye Ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda.

Perezida Kagame yongeye kugaruka ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ibiri mu burasirazuba bw’iki Gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda.

Perezida Kagame avuga ko yakunze kubazwa ibibazo bimwe byagiye bigaruka kenshi ku byerecyeye umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamwe bagiye bashinja u Rwanda kugira uruhare mu bibazo by’iki Gihugu cy’Igituranyi.

Ati “Nkagerageza kubaha ibisubizo, kuko mbibazwa kenshi ngerageza kubaha ibisubizo bimwe ariko mu buryo butandukanye kugira ngo nibura uwakimbajije ubushize ntacyumve bitewe n’uburyo cyasubijwemo ndebe ko nibura yumva, ariko byakomeje kuza mu buryo bumwe.”

U Rwanda rwakunze gusobanura kenshi ko nta ruhare na ruto rugira mu bibazo biri muri Congo, ndetse ko rutigeze rwoherezayo ingabo nkuko iki Gihugu cy’igituranyi n’ibindi Bihugu byakunze kubirushinja.

Perezida Kagame avuga ko ibi bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC ndetse n’ibiri mu burasirazuba bwa DRC, nubwo hari abandi babigiramo uruhare, ariko atari ibya vuba kandi ko umuzi wabyo ari uwa cyera.

Ati “Ubu tubirimo nk’uko byari bimeze mu myaka 20 cyangwa hagati ya 20 na 25, kandi ibyagiye biba muri ubu buryo biri kubamo uyu munsi, n’ubundi bigenda byisubiramo buri gihe runaka nko muri buri myaka itanu. Mu myaka itanu hari ikintu kiba, mu yindi myaka itanu hakaba ikindi…”

Avuga ko ibibaro biri kuba aka kanya ari bimwe n’ibyabaye mu myaka icumi ishize. Ati “Muri 2012 twari dufite ibibazo bimwe n’ibi nubwo hazamo bicye bijya gutandukana ariko ni bimwe n’ibyabaye mu myaka 20 cyangwa 10 ishize.”

 

MONUSCO yarananiwe

Perezida Paul Kagame yakomeje avuga ku ngabo zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zikaba zimazeyo imyaka irenga 20, irimo 10 yabanjirije ibyabaye muri 2012 ndetse n’iyi ishize nyuma y’iki gihe.

Ati “Ikibazo cyanjye kiragira kiti ‘niba dipolomasi na politiki bidafite ikibazo nkuko mbitekereza kuki mwagira ibihumbi n’ibihumbi by’abari mu butumwa bw’amahoro mu gace runaka bakamara imyaka irenga 20 bagakoresha miliyari 10 z’amadolari ariko bigakomeza kubaho ntihagire n’umuntu n’umwe […]’ ariko misiyo ikagenda yongerwa, ariko se turi kugera kuki, turi gukura iki mu mafaranga yacu? Turi gukura iki mu buzima bw’abari mu butumwa?”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko ubu butumwa bwagizwe nk’iturufu yo kwibonera amaronko bityo ko ari yo mpamvu bwakomeje kugenda bwongererwa igihe kandi ntacyo buri kugeraho.

Ati “Kandi njye nakekaga ko ubwo butumwa bwashyiriweho kugerageza gushaka umuti w’ibibazo biri muri kiriya Gihugu ku nyungu z’icyo Gihugu ariko no ku nyungu z’abaturanyi bigiraho ingaruka, ariko se hari icyabaye? Ibyabaye muri 2012 ni na byo byabaye muri 2022 kandi bikomeje kuba.”

Perezida Kagame yavuze ko gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo, bigomba kugirwamo uruhare n’impande ebyiri, zirimo abatanga umusansu wo gushaka umuti wabyo ariko n’Abanyekongo ubwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Igisobanuro kidasobanutse cy’uvugwaho kuroga abavandimwe bapfuye inkurikirane bigateza impagarara

Next Post

Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Business yakoreraga ahaherereye Moshions yashinzwe na Moses igiye gufunga imiryango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.