Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo

radiotv10by radiotv10
23/09/2022
in MU RWANDA
0
Ngoma: Abaterwa inda zitateguwe ntibabyare abahungu abazibateye babatera umugongo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakobwa batewe inda zitateguwe bo mu Murenge wa Gashanga mu Karere ka Ngoma, bavuga ko abazibateye babizezaga kuzabafasha nibamara kubyara ariko ngo uwabyaye umukobwa ntibamureba n’irihumye.

Bamwe mu baganirije RADIOTV10, bavuga ko umukobwa wo muri aka gace ugize ibyago agaterwa inda itateguwe, ahangana n’ibibazo bitandukanye byiyongeraho no guhangayikira igitsina cy’umwana azibaruka kuko baba basenga Imana ngo bazabyare abahungu.

Aba bakobwa batewe inda, bavuga ko hari n’abahungu babibabwira bakimara kumenya ko babateye inda zitateguwe.

Umwe ati “Iyo umubwiye ko yaguteye inda, arakubwira ati ‘nubyara umukobwa ntakintu uzambaza, ariko nubyara umuhungu uzagira icyo umbaza’.”

Akomeza avuga ko iyo umukobwa abyaye umukobwa, akabimenyesha uwamuteye inda, amusubiza ati “umwana ndamwemera” ariko “ugatahira iryo ngo umwana aramwemera, ukazategereza ko agufasha ugaheba.”

Avuga kandi ko iyo umukobwa agiye kwiyambaza ubuyobozi, nyamuhungu ahita atoroka, agahita abura ubundi umukobwa agasigara ahanganye no kurera umwana wenyine.

Undi na we wabyariye iwabo, avuga ko hari n’ababyeyi bafite imyumvire nk’iyi y’abasore kuko na bo babizeza ko nibaramuka babyaye abahungu bazabafasha ariko yabyara umukobwa, bakamutera umugongo.

Ati “Hari ababyeyi bavuga ngo ‘nubyara umuhungu uzaba ubyaye umugabo mu rugo ariko nubyara umukobwa, uzaba ubyaye indaya nkuko nawe watubereye’.”

Aba bakobwa bavuga kandi ko bumva mu bindi bice hari imishinga ifasha abakobwa batewe inda zitateguwe ariko ko bo itarahagera, bagasaba ko na ho yahagera.

Umwe ati “Twe twifuza ko badukorera ubuvugizi bakadushakira nk’imishinga izaduteza imbere tukabona uko dutunga ba bana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yizeje aba bana ko bagiye gufashwa kugira ngo babashe kongera kubaho babona ejo habo heza.

Yagize ati “Inshingano zacu ni ukubasubiza mu muryango kandi neza, abadashobora kujya mu ishuri iri risanzwe, tugafatanya n’abafatanyabikorwa bacu bakiga imyuga.”

Kuva mu mwaka wa 2021, mu Karere ka Ngoma habarwa abakobwa 381 batewe inda zitateguwe mu gihe mu Ntara yose y’Iburasirazuba barenga 700, naho ku rwego rw’Igihugu, mu mwaka wa 21, abatewe inda bataruzuza imyaka 18, bakaba ari ibihumbi 23.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + thirteen =

Previous Post

MINISANTE yahumurije Abaturarwanda ko Ebola itaragera mu Rwanda igira ibyo ibasaba

Next Post

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Guhagarika izamuka ry’ibiciro ntibishoboka, icyakorwa ni ukugabanya umuduvuko ukabije waryo- Rwangombwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.