Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko ibyiciro by’Ubudehe bitazongera kugenderwaho mu guha abaturage serivisi, mu gihe mu Murenge wa Kibungo, hari abaherutse guhabwa ibikoresho bya Gaze hagendewe kuri ibi byiciro.

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kibungo, babwiye RADIOTV10 ko hari Gaze ziherutse gutangwa, hagendewe ku byiciro by’Ubudehe.

Muhayimana Salomon uri mu bahawe ibyo bikoresho, avuga ko hashingiwe kuri ibyo byiciro by’Ubudehe.

Yagize ati “Tuzibona ntacyo byadusabye, icyo nibuka ni uko wabaga uri mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu. Njye ndi mu kiciro cya kabiri, abo numvise badashobora kubona Gaze ni abo mu cyiciro cya mbere.”

Kayitesi Assia avuga ko yabuze ubushobozi bwo kwishyura amafaranga bakwaga kugira ngo bahabwe izi Gaze kuko atari mu cyiciro cy’abashyiriweho nkunganire na Leta.

Ati “Ndi mu cyiciro cya gatatu, nari nzi ko bananguraniye nkajya mu cya kabiri kuko nakomeje kuburana ko njye ndi umupfakazi ko njye mutanshyira mu kiciro cya kabiri. Wenda iyo nza kuba mu byiciro nk’abandi bya kabiri nari bugerageze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko urutonde rw’abari guhabwa izi gaze rwakozwe mbere y’ibyiciro bitarahinduka kandi ko bitahinduka ubu, ngo kuko umufatanyabikorwa uri kuzitanga ari ko yabyifuje.

Ati “Umushinga uri gushyirwa mu bikorwa uyu munsi ariko wateguwe cyera ibyiciro bigihari, baraganirizwa n’umusanzu umuntu asabwa… ni uko wenda Gaze zatinzeho zigahurirana n’uko ibyiciro byavuyeho. Ntabwo rero twahindura concept y’umushinga w’umufatanyabikorwa nonaha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere yaboneyeho kwizeza abaturage ko nta zindi gahunda za Leta zizongera kugendera ku byiciro by’Ubudehe.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Next Post

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.