Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko ibyiciro by’Ubudehe bitazongera kugenderwaho mu guha abaturage serivisi, mu gihe mu Murenge wa Kibungo, hari abaherutse guhabwa ibikoresho bya Gaze hagendewe kuri ibi byiciro.

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kibungo, babwiye RADIOTV10 ko hari Gaze ziherutse gutangwa, hagendewe ku byiciro by’Ubudehe.

Muhayimana Salomon uri mu bahawe ibyo bikoresho, avuga ko hashingiwe kuri ibyo byiciro by’Ubudehe.

Yagize ati “Tuzibona ntacyo byadusabye, icyo nibuka ni uko wabaga uri mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu. Njye ndi mu kiciro cya kabiri, abo numvise badashobora kubona Gaze ni abo mu cyiciro cya mbere.”

Kayitesi Assia avuga ko yabuze ubushobozi bwo kwishyura amafaranga bakwaga kugira ngo bahabwe izi Gaze kuko atari mu cyiciro cy’abashyiriweho nkunganire na Leta.

Ati “Ndi mu cyiciro cya gatatu, nari nzi ko bananguraniye nkajya mu cya kabiri kuko nakomeje kuburana ko njye ndi umupfakazi ko njye mutanshyira mu kiciro cya kabiri. Wenda iyo nza kuba mu byiciro nk’abandi bya kabiri nari bugerageze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko urutonde rw’abari guhabwa izi gaze rwakozwe mbere y’ibyiciro bitarahinduka kandi ko bitahinduka ubu, ngo kuko umufatanyabikorwa uri kuzitanga ari ko yabyifuje.

Ati “Umushinga uri gushyirwa mu bikorwa uyu munsi ariko wateguwe cyera ibyiciro bigihari, baraganirizwa n’umusanzu umuntu asabwa… ni uko wenda Gaze zatinzeho zigahurirana n’uko ibyiciro byavuyeho. Ntabwo rero twahindura concept y’umushinga w’umufatanyabikorwa nonaha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere yaboneyeho kwizeza abaturage ko nta zindi gahunda za Leta zizongera kugendera ku byiciro by’Ubudehe.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − three =

Previous Post

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Next Post

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
30/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.