Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko ibyiciro by’Ubudehe bitazongera kugenderwaho mu guha abaturage serivisi, mu gihe mu Murenge wa Kibungo, hari abaherutse guhabwa ibikoresho bya Gaze hagendewe kuri ibi byiciro.

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kibungo, babwiye RADIOTV10 ko hari Gaze ziherutse gutangwa, hagendewe ku byiciro by’Ubudehe.

Muhayimana Salomon uri mu bahawe ibyo bikoresho, avuga ko hashingiwe kuri ibyo byiciro by’Ubudehe.

Yagize ati “Tuzibona ntacyo byadusabye, icyo nibuka ni uko wabaga uri mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu. Njye ndi mu kiciro cya kabiri, abo numvise badashobora kubona Gaze ni abo mu cyiciro cya mbere.”

Kayitesi Assia avuga ko yabuze ubushobozi bwo kwishyura amafaranga bakwaga kugira ngo bahabwe izi Gaze kuko atari mu cyiciro cy’abashyiriweho nkunganire na Leta.

Ati “Ndi mu cyiciro cya gatatu, nari nzi ko bananguraniye nkajya mu cya kabiri kuko nakomeje kuburana ko njye ndi umupfakazi ko njye mutanshyira mu kiciro cya kabiri. Wenda iyo nza kuba mu byiciro nk’abandi bya kabiri nari bugerageze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko urutonde rw’abari guhabwa izi gaze rwakozwe mbere y’ibyiciro bitarahinduka kandi ko bitahinduka ubu, ngo kuko umufatanyabikorwa uri kuzitanga ari ko yabyifuje.

Ati “Umushinga uri gushyirwa mu bikorwa uyu munsi ariko wateguwe cyera ibyiciro bigihari, baraganirizwa n’umusanzu umuntu asabwa… ni uko wenda Gaze zatinzeho zigahurirana n’uko ibyiciro byavuyeho. Ntabwo rero twahindura concept y’umushinga w’umufatanyabikorwa nonaha.”

Uyu Muyobozi w’Akarere yaboneyeho kwizeza abaturage ko nta zindi gahunda za Leta zizongera kugendera ku byiciro by’Ubudehe.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eight =

Previous Post

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

Next Post

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Producer Element akomeje kuba inkuru ku mbuga nkoranyambaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.