Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Barinubira gusoreshwa inshuro ebyiri ku itungo rimwe

radiotv10by radiotv10
03/11/2021
in MU RWANDA
0
Ngoma: Barinubira gusoreshwa inshuro ebyiri ku itungo rimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu Karere ka Ngoma mu murenge wa Mugesera,  binubira ko iyo bagiye kugurishiriza ihene mu isoko ryo muri kariya karere, basoreshwa kabiri kandi bataranagera mu isoko.

Ni abaturage bo mu murenge wa mugesera mu karere ka ngoma, barinubira ko iyo bagiye kurema isoko ry’ihene mu baturanyi babo bo muri Rwamagana, basoreshwa kabiri.

Bavuga ko iyo bageze ku kiyaga cya mugesera mbere yo kwambuka babanza gusora,ngo bagera no hakurya mu murenge wa Karenge ho mu karere ka Rwamagana,bakahasanga undi musoresha ,bityo bagasabwa gusora isnhuro ebyiri bataranagera mu isoko.
Karamage Ephrem yagize ati ” Iyo tuvuye hano iwacu muri Mugesera, mbere yo kwambuka tubanza gusora ,twanagera hakurya muri Rwamagana bakadusoresha,ubwo se imisoro ibiri ku itungo rimwe ritaranagurishwa ,ni iy’iki koko?.”

Ugirashebuja nawe yavuze ko  ” Duhura n’igihombo kubera iyo misoro ya hato na hato,kandi mbere si ko byagendaga.”

Basaba ko ikibazo cyabo cyakurikiranwa ,kuko    ku bwabo babona nta mpamvu yo gusoreshwa inshuro ebyiri ku itungo rimwe ,ngo mu gihe kandi ahandi ho atari ko bigenda.

Umuyobozi w’umurenge wa Karenge bwana ntwali Emmanuel, avuga ko nawe ibyo atari abizi ariko kandi ngo agiye kubivugana n’abashinzwe gusora kuko nawe ubwe yumva ari ikibazo.

Ati” Icyo kibazo ni ubwambere ncyumvise kandi koko byaba ari ikibazo gikomeye niba umuntu yava hakurya asoze,yanagera hano agasora ndumva bidakwiye,ubwo twabikyrikirana n’inzego bireba tukareba uburyo uwasoze hakurya yajya ahabwa icyemezo ku buryo yagera hano ntasabwe kongera gusora.”

Ubusanzwe umuturage ujyanye itungo mu isoko, asabwa kurisorera mbere cg nyuma yo kurigurisha bitewe n’iryo soko. ku bijyanye n’iki kibazo cy’aborozi bo muri Ngoma bo, gisa n’aho ari gishya nk’uko nabo babivuga, icyakora ngo nibimara gukurikiranwa bazasobanurirwa impamvu yabyo.

Inkuru ya  Eugenie Nyiransabimana

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Leta y’u Rwanda igiye kujya yakira impunzi zabuze ibihugu bizakira

Next Post

Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by’amata yabaye iyanga ku Isoko

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by’amata yabaye iyanga ku Isoko

Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by'amata yabaye iyanga ku Isoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.