Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Barinubira gusoreshwa inshuro ebyiri ku itungo rimwe

radiotv10by radiotv10
03/11/2021
in MU RWANDA
0
Ngoma: Barinubira gusoreshwa inshuro ebyiri ku itungo rimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu Karere ka Ngoma mu murenge wa Mugesera,  binubira ko iyo bagiye kugurishiriza ihene mu isoko ryo muri kariya karere, basoreshwa kabiri kandi bataranagera mu isoko.

Ni abaturage bo mu murenge wa mugesera mu karere ka ngoma, barinubira ko iyo bagiye kurema isoko ry’ihene mu baturanyi babo bo muri Rwamagana, basoreshwa kabiri.

Bavuga ko iyo bageze ku kiyaga cya mugesera mbere yo kwambuka babanza gusora,ngo bagera no hakurya mu murenge wa Karenge ho mu karere ka Rwamagana,bakahasanga undi musoresha ,bityo bagasabwa gusora isnhuro ebyiri bataranagera mu isoko.
Karamage Ephrem yagize ati ” Iyo tuvuye hano iwacu muri Mugesera, mbere yo kwambuka tubanza gusora ,twanagera hakurya muri Rwamagana bakadusoresha,ubwo se imisoro ibiri ku itungo rimwe ritaranagurishwa ,ni iy’iki koko?.”

Ugirashebuja nawe yavuze ko  ” Duhura n’igihombo kubera iyo misoro ya hato na hato,kandi mbere si ko byagendaga.”

Basaba ko ikibazo cyabo cyakurikiranwa ,kuko    ku bwabo babona nta mpamvu yo gusoreshwa inshuro ebyiri ku itungo rimwe ,ngo mu gihe kandi ahandi ho atari ko bigenda.

Umuyobozi w’umurenge wa Karenge bwana ntwali Emmanuel, avuga ko nawe ibyo atari abizi ariko kandi ngo agiye kubivugana n’abashinzwe gusora kuko nawe ubwe yumva ari ikibazo.

Ati” Icyo kibazo ni ubwambere ncyumvise kandi koko byaba ari ikibazo gikomeye niba umuntu yava hakurya asoze,yanagera hano agasora ndumva bidakwiye,ubwo twabikyrikirana n’inzego bireba tukareba uburyo uwasoze hakurya yajya ahabwa icyemezo ku buryo yagera hano ntasabwe kongera gusora.”

Ubusanzwe umuturage ujyanye itungo mu isoko, asabwa kurisorera mbere cg nyuma yo kurigurisha bitewe n’iryo soko. ku bijyanye n’iki kibazo cy’aborozi bo muri Ngoma bo, gisa n’aho ari gishya nk’uko nabo babivuga, icyakora ngo nibimara gukurikiranwa bazasobanurirwa impamvu yabyo.

Inkuru ya  Eugenie Nyiransabimana

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 9 =

Previous Post

Leta y’u Rwanda igiye kujya yakira impunzi zabuze ibihugu bizakira

Next Post

Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by’amata yabaye iyanga ku Isoko

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by’amata yabaye iyanga ku Isoko

Abacuruzi barashinja Inyange kwigiza nkana ku biciro by'amata yabaye iyanga ku Isoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.