Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko amazi y’imvura aturuka ku muhanda wa Kaburimbo Vundika-Vivante, yangiza imirima yabo n’imyaka ihinzemo.

Ni amazi aturuka mu muhanda wa Kaburimbo Vundika ukagera ku rusengero rwa Vivante mu masangano y’imihanda y’ahahoze Kaminuza ya Kibungo, amanuka afite imbaraga akabangiririza imyaka yabo.

Uwitwa Ndungutse Jean Claude yagize ati “Yaciyemo ibintu by’ibiferege, ibibuye biragenda birahatabataba. Ni ukuvuga ngo no guhinga byabaye ikibazo.”

Murwanashyaka Landourd na we yagize ati “Amazi arabangamye, buri munsi uko imvura iguye ntishobora gucya idahitanye ubutaka.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie avuga ko nubwo uriya muhanda ari igikorwa cy’amajyambere, kandi ari na ngombwa, utakomeza kwangiriza abaturage ubuyobozi ngo ntibugire icyo bukora.

Ati “Umuhanda uruzuye ibibazo bigenda bivuka bagendaga babitugezaho. Twagiriwe inama n’abakozi bacu bajya mu rugendo rushuri kureba uburyo ariya mazi abantu bagenda bayaca intege, mu buryo bwa gihanga kugira ngo atangiriza impande n’impande ni byo bagiye gukurikizaho kugenda bakora.”

Uyu muyobozi kandi agira inama abaturage ko na bo hari ibyo bashobora kwikorera nko kuba bayobora amazi ava muri uriya muhanda, bakaba bayacira inzira ndetse bakajya bayabyaza umusaruro.

Ati “Na bo bazayafatirane bagire ibyo bayakoresha kuko hari igihe izuba riva abantu barahinze imyaka ugasanga imyaka irumye.”

Avuga ko abashinzwe ubuhinzi n’abakozi bo mu Biro by’Ubutaka bazareba n’ahandi hari ibibazo nk’ibi kugira ngo bishakirwe umuti ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage.

Amazi ava muri uyu muhanda yangiza ibikorwa byabo

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − five =

Previous Post

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Next Post

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

Related Posts

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

by radiotv10
22/01/2026
0

Have you ever spent time with friends or attended a social event, then felt extremely tired afterward? This is very...

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

IZIHERUKA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira 'Graduation' ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.