Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Gitifu wavuzweho ruswa aratungwaho agatoki ubundi buhemu

radiotv10by radiotv10
14/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Hatangajwe ikigiye gukurikiraho nyuma y’uko hari umuyobozi uvuzweho ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rujambara mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, uherutse kuvugwaho kwaka ruswa abaturage kugira ngo abahe serivisi, noneho hari abamuvugaho kuba baramuhaye imisanzu ya Mutuelle de Sante ngo ayibishyurire, ariko ntayitange.

Abaturage bavuga ko bahemukiwe n’uyu muyobozi uvugwaho kuba yeguye, ni bamwe mu bagize ikimina kitwa ‘Tuzamurane muri Mituweli’, bavuga ko yategetse Umukuru w’Umudugudu akaba n’umwe mu banyamuryango bacyo, kubikuza amafaranga bari barakusanyije ngo abishyurire, ariko akishyurira bamwe, amafaranga y’abandi akayakubira umufuka.

Mukwagirukwayo Marie Jeanne, umukuru w’Umududu wa Nyabaganza ati ”Yaravuze ngo ntabwo amafaranga muyafata mu ntoki, ayashyira kuri terefoni….ibyo bihumbi 253 yabishyize kuri terefoni ye kuko iyo bari kwishyura bishyurira umuntu agenda yavana kuri terefoni ayashyira muri sisitemu. Urumva ko yari kuri terefoni ye sinari bumenye ngo havuyeho aya, hasigayeho aya. Nanjye harimo ayanjye 2900. Yayaduha tukayabishyurira twebwe ikibazo cy’umuturage kikatuvaho kigaragara ko twaba twaramuririye amafaranga.”

Mukagerukwayo Ezeus, na we uhagarariye ikindi kimina, akaba ahagarariye urwego rw’Abunzi mu kagari, yagize ati “Kuko batubwiraga bati ubundi abatangirirwa (abishyurirwa mituweri) igihe nikigera tuzayabasubiza, ubwo rero nanjye nagiye ntanga kugira ngo mbahe urugero. Ngezamo amafaranga 6 500, bitatu mbitangirira umwana uri hano mu rugo, andi rero nari nzi ko bazayansubiza arimo muri ayo ngayo.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu Nyiracumi Alphonsine, Uunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rujambara ushyirwa mu majwi n’abaturage, ariko ntibyakunze.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, yavuze ko bataramenya niba uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa yasezeye, ariko ko ibyo kwambura ikimina bagiye kubikurikirana.

Ati “Kubera amakuru tutaramenya, reka dukurikirane tumenye ibyo ari byo. Iyo umuntu yasezeye ubwo haboneka n’ibindi cyangwa se n’ibyatumye asezera.”

Abanyamuryango b’ikimiina ‘Dutere Imbere muri Mituweli’, ni abo mu Masibo y’Ubutwari, Ubunyarwanda n’Icyerekezo, kigizwe n’abanyamuryango 30.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − two =

Previous Post

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Next Post

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

Related Posts

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

IZIHERUKA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.