Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Gitifu wavuzweho ruswa aratungwaho agatoki ubundi buhemu

radiotv10by radiotv10
14/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Hatangajwe ikigiye gukurikiraho nyuma y’uko hari umuyobozi uvuzweho ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rujambara mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, uherutse kuvugwaho kwaka ruswa abaturage kugira ngo abahe serivisi, noneho hari abamuvugaho kuba baramuhaye imisanzu ya Mutuelle de Sante ngo ayibishyurire, ariko ntayitange.

Abaturage bavuga ko bahemukiwe n’uyu muyobozi uvugwaho kuba yeguye, ni bamwe mu bagize ikimina kitwa ‘Tuzamurane muri Mituweli’, bavuga ko yategetse Umukuru w’Umudugudu akaba n’umwe mu banyamuryango bacyo, kubikuza amafaranga bari barakusanyije ngo abishyurire, ariko akishyurira bamwe, amafaranga y’abandi akayakubira umufuka.

Mukwagirukwayo Marie Jeanne, umukuru w’Umududu wa Nyabaganza ati ”Yaravuze ngo ntabwo amafaranga muyafata mu ntoki, ayashyira kuri terefoni….ibyo bihumbi 253 yabishyize kuri terefoni ye kuko iyo bari kwishyura bishyurira umuntu agenda yavana kuri terefoni ayashyira muri sisitemu. Urumva ko yari kuri terefoni ye sinari bumenye ngo havuyeho aya, hasigayeho aya. Nanjye harimo ayanjye 2900. Yayaduha tukayabishyurira twebwe ikibazo cy’umuturage kikatuvaho kigaragara ko twaba twaramuririye amafaranga.”

Mukagerukwayo Ezeus, na we uhagarariye ikindi kimina, akaba ahagarariye urwego rw’Abunzi mu kagari, yagize ati “Kuko batubwiraga bati ubundi abatangirirwa (abishyurirwa mituweri) igihe nikigera tuzayabasubiza, ubwo rero nanjye nagiye ntanga kugira ngo mbahe urugero. Ngezamo amafaranga 6 500, bitatu mbitangirira umwana uri hano mu rugo, andi rero nari nzi ko bazayansubiza arimo muri ayo ngayo.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu Nyiracumi Alphonsine, Uunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rujambara ushyirwa mu majwi n’abaturage, ariko ntibyakunze.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, yavuze ko bataramenya niba uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa yasezeye, ariko ko ibyo kwambura ikimina bagiye kubikurikirana.

Ati “Kubera amakuru tutaramenya, reka dukurikirane tumenye ibyo ari byo. Iyo umuntu yasezeye ubwo haboneka n’ibindi cyangwa se n’ibyatumye asezera.”

Abanyamuryango b’ikimiina ‘Dutere Imbere muri Mituweli’, ni abo mu Masibo y’Ubutwari, Ubunyarwanda n’Icyerekezo, kigizwe n’abanyamuryango 30.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + thirteen =

Previous Post

Ibihugu birimo ibisanganywe ibibazo muri Afurika byahawe umuburo ku kandi kaga gashobora kubibaho

Next Post

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Ahavuye amakuru yatumye umuganga akekwaho gusambanyiriza umukobwa mu cyumba cy’isuzumiro i Rusizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.