Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

radiotv10by radiotv10
18/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko ibibazo by’amakimbirane yo mu miryango by’umwihariko ibiri hagati y’umugabo n’umugore bidakwiye kuganirirwa mu nteko z’abaturage, kuko bimwe biba ari ibanga, ku buryo kubijyana ku karubanda bishobora kubyara amakimbirane yisumbuyeho.

Ubusanzwe inteko z’abaturage zihuza abo mu Mudugudu umwe, zikaba rimwe mu cyumweru bitewe n’umunsi n’amasaha baba barihitiyemo.

Abaturage bahuriye muri izi nteko, barebera hamwe ibitagenda neza mu Mudugudu wabo kugira ngo bikosorwe, by’umwihariko zigakemurirwamo bimwe mu bibazo by’abaturage biba byiganjemo amakimbirane yo mu miryango.

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibungo twasanze my Nteko z’abaturage, basanga hari ibibazo byo mu muryango bidakwiye gukemurirwa mu nteko z’abaturage.

Banshimankibaho Evariste wo mu Mudugudu wa Musamvu mu Kagari ka Karenge yagize ati “Urugero nk’ibibazo by’umugore n’umugabo ni ibibazo by’ibanga. Niba mfitanye ikibazo n’umugore bashobora kuza tukabivugira aha ngaha ugasanga bibaye ibintu by’andi makimbirane.”

Evariste yakomeje agaragaza ko “Hagombye kubaho mu Mudugudu abantu bashinzwe ibibazo byo mu ngo kuko akenshi na kenshi hari ibibazo bitakagombye kuba byakemurirwa mu nteko.”

Umuyobozi Wungurije w’Akarere ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukayiranga Marie Gloriose yavuze ko binyuze muri gahunda yiswe ‘Mwiwusenya Turahari’, hari uburyo bwo gukemura ibibazo nk’ibi bivugwa n’abaturage ko bidakwiye kujyanwa mu nteko z’abaturage.

Yagize ati “Ibibazo byo mu ngo ntabwo wabikemura mu nteko z’abaturage ngo bikunde kuko biba birimo umwihariko. Harimo n’ibigomba kugirirwa ibanga kugira ngo bitagira icyo bibangamiraho. Icyiza ni uko bikemurirwa mu muryango cyangwa mu itsinda muri ya gahunda ya ‘Mwiwusenya Turahari’.”

Ibi kandi binashimangirwa n’umukozi muri Misiteri y’Ubutabera ushinzwe kumenyakanisha amategeko na Politiki, Ruboya Antontoine wagize ati “Amakimbirane yose ntabwo akemurirwa ahantu hamwe, ahubwo ufasha abantu kwikemurira ibibazo aba agomba kureba ahakwiriye, ahatanga umutekano n’icyizere ku bafitanye amakimbirane ku buryo babasha kuyakemura.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 14 =

Previous Post

Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge

Next Post

DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.