Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

radiotv10by radiotv10
18/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko ibibazo by’amakimbirane yo mu miryango by’umwihariko ibiri hagati y’umugabo n’umugore bidakwiye kuganirirwa mu nteko z’abaturage, kuko bimwe biba ari ibanga, ku buryo kubijyana ku karubanda bishobora kubyara amakimbirane yisumbuyeho.

Ubusanzwe inteko z’abaturage zihuza abo mu Mudugudu umwe, zikaba rimwe mu cyumweru bitewe n’umunsi n’amasaha baba barihitiyemo.

Abaturage bahuriye muri izi nteko, barebera hamwe ibitagenda neza mu Mudugudu wabo kugira ngo bikosorwe, by’umwihariko zigakemurirwamo bimwe mu bibazo by’abaturage biba byiganjemo amakimbirane yo mu miryango.

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibungo twasanze my Nteko z’abaturage, basanga hari ibibazo byo mu muryango bidakwiye gukemurirwa mu nteko z’abaturage.

Banshimankibaho Evariste wo mu Mudugudu wa Musamvu mu Kagari ka Karenge yagize ati “Urugero nk’ibibazo by’umugore n’umugabo ni ibibazo by’ibanga. Niba mfitanye ikibazo n’umugore bashobora kuza tukabivugira aha ngaha ugasanga bibaye ibintu by’andi makimbirane.”

Evariste yakomeje agaragaza ko “Hagombye kubaho mu Mudugudu abantu bashinzwe ibibazo byo mu ngo kuko akenshi na kenshi hari ibibazo bitakagombye kuba byakemurirwa mu nteko.”

Umuyobozi Wungurije w’Akarere ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukayiranga Marie Gloriose yavuze ko binyuze muri gahunda yiswe ‘Mwiwusenya Turahari’, hari uburyo bwo gukemura ibibazo nk’ibi bivugwa n’abaturage ko bidakwiye kujyanwa mu nteko z’abaturage.

Yagize ati “Ibibazo byo mu ngo ntabwo wabikemura mu nteko z’abaturage ngo bikunde kuko biba birimo umwihariko. Harimo n’ibigomba kugirirwa ibanga kugira ngo bitagira icyo bibangamiraho. Icyiza ni uko bikemurirwa mu muryango cyangwa mu itsinda muri ya gahunda ya ‘Mwiwusenya Turahari’.”

Ibi kandi binashimangirwa n’umukozi muri Misiteri y’Ubutabera ushinzwe kumenyakanisha amategeko na Politiki, Ruboya Antontoine wagize ati “Amakimbirane yose ntabwo akemurirwa ahantu hamwe, ahubwo ufasha abantu kwikemurira ibibazo aba agomba kureba ahakwiriye, ahatanga umutekano n’icyizere ku bafitanye amakimbirane ku buryo babasha kuyakemura.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + three =

Previous Post

Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge

Next Post

DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.