Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe

radiotv10by radiotv10
18/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Ibibazo by’ibanze bicocerwa mu nteko z’abaturage hari abavuga ko atari ho byakaganiriwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko ibibazo by’amakimbirane yo mu miryango by’umwihariko ibiri hagati y’umugabo n’umugore bidakwiye kuganirirwa mu nteko z’abaturage, kuko bimwe biba ari ibanga, ku buryo kubijyana ku karubanda bishobora kubyara amakimbirane yisumbuyeho.

Ubusanzwe inteko z’abaturage zihuza abo mu Mudugudu umwe, zikaba rimwe mu cyumweru bitewe n’umunsi n’amasaha baba barihitiyemo.

Abaturage bahuriye muri izi nteko, barebera hamwe ibitagenda neza mu Mudugudu wabo kugira ngo bikosorwe, by’umwihariko zigakemurirwamo bimwe mu bibazo by’abaturage biba byiganjemo amakimbirane yo mu miryango.

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kibungo twasanze my Nteko z’abaturage, basanga hari ibibazo byo mu muryango bidakwiye gukemurirwa mu nteko z’abaturage.

Banshimankibaho Evariste wo mu Mudugudu wa Musamvu mu Kagari ka Karenge yagize ati “Urugero nk’ibibazo by’umugore n’umugabo ni ibibazo by’ibanga. Niba mfitanye ikibazo n’umugore bashobora kuza tukabivugira aha ngaha ugasanga bibaye ibintu by’andi makimbirane.”

Evariste yakomeje agaragaza ko “Hagombye kubaho mu Mudugudu abantu bashinzwe ibibazo byo mu ngo kuko akenshi na kenshi hari ibibazo bitakagombye kuba byakemurirwa mu nteko.”

Umuyobozi Wungurije w’Akarere ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Mukayiranga Marie Gloriose yavuze ko binyuze muri gahunda yiswe ‘Mwiwusenya Turahari’, hari uburyo bwo gukemura ibibazo nk’ibi bivugwa n’abaturage ko bidakwiye kujyanwa mu nteko z’abaturage.

Yagize ati “Ibibazo byo mu ngo ntabwo wabikemura mu nteko z’abaturage ngo bikunde kuko biba birimo umwihariko. Harimo n’ibigomba kugirirwa ibanga kugira ngo bitagira icyo bibangamiraho. Icyiza ni uko bikemurirwa mu muryango cyangwa mu itsinda muri ya gahunda ya ‘Mwiwusenya Turahari’.”

Ibi kandi binashimangirwa n’umukozi muri Misiteri y’Ubutabera ushinzwe kumenyakanisha amategeko na Politiki, Ruboya Antontoine wagize ati “Amakimbirane yose ntabwo akemurirwa ahantu hamwe, ahubwo ufasha abantu kwikemurira ibibazo aba agomba kureba ahakwiriye, ahatanga umutekano n’icyizere ku bafitanye amakimbirane ku buryo babasha kuyakemura.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + fifteen =

Previous Post

Ubuhamya bw’uwigeze gukubitwa n’umugore we none ubu ahari amakimbirane himukiye ubwumvikane n’ibitwenge

Next Post

DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

DRCongo: Ubutumwa buhembera urwango bwakajije umurego habura gato ngo Abakandida-Perezida biyamamaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.