Wednesday, February 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngoma: Inkuru y’agahinda yumvikanamo ubunyamaswa n’agashinyaguro byakorewe umugore wari wabuze

radiotv10by radiotv10
14/08/2023
in MU RWANDA
1
Ngoma: Inkuru y’agahinda yumvikanamo ubunyamaswa n’agashinyaguro byakorewe umugore wari wabuze
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wari wabuze ubwo yavaga mu birori by’umubatizo, yabonetse yarapfuye, aho igice kimwe cy’umubiri we cyabonetse mu Kiyaga wa Mugesera, mu igihe ikindi kigishakishwa, bikaba bikekwa ko yishwe n’umugabo we.

Ikitegetse Angelique wari utuye mu Mudugudu wa Nyamabuye mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Mugesera, yari yaburiwe irengero mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, abura ubwo yari avuye mu birori by’umubatizo w’umwana wa musaza we.

Nyuma yo kumushakisha bakamubura, bakanahamagara telefone ye bakumva itariho, baje kubona igice kimwe cy’umubiri we mu kiyaga cya Mugesera.

Abaturanyi ba nyakwigendera, babwiye RADIOTV10 ko yahoraga afite amakimbirane n’umugabo we Rusanganwa Donatien, ari na we bikekwa ko wamwivuganye.

Bavuga kandi ko aba bombi bari banagiye mu nkiko baka gatanya, ndetse ko mu kwezi gushize kwa Nyakanga, Urukiko rwari rwemeje itandukana ryabo, hakaba hari hasigaye ko riterwaho kashi mpuruza.

Umuturage witwa Fayida Faina wabaga ari kumwe na nyakwigendera mu nkiko, yabwiye RADIOTV10 ko kimwe mu byo yapfaga n’umugabo we, ari ikibazo cy’ubushoreke.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry yabwiye RADIOTV10 ko umugabo wa nyakwigendera ari we wamaze gutabwa muri yombi.

Ati “Iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane uburyo byakozwe, n’abamufashije, n’ibindi byose bijyanye n’iperereza. Ni abantu bari bamaze igihe kirekire bafitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo, ndetse bari bari no mu nzira zo gutandukana.”

Dr Murangira uvuga ko ukekwaho ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Zaza, yaboneyeho guha ubutumwa abaturage by’umwihariko abafite amakimbirane.

Ati “Ntabwo byari bikwiye ko umuntu ashobora kugirana n’undi amakimbirane, icyo yaba shingiyeho cyose, yaba imitungo, ubusambanyi, gucana inyuma hagati y’abashakanye, ntabwo byagombye kugera aho umwe yica undi, ntabwo kwihorera cyangwa gushaka kwica undi muntu ari wo muti, kuko wamwica na we uba uzakurikiranwa kandi uba uzafatwa ugafungwa.”

Dr Murangira avuga ko mu gihe abantu babona ko amakimbirane yababanye maremare, badashobora kuyikemurira ubwabo, bakwiye kugana inzego zikabibafashamo.

Abatuye muri aka gace bashenguwe na nyakwigendera

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Barakagira Karaboneye says:
    2 years ago

    Bagiye babatandukanya vuba na bwangu se? Ko mbona impfu zibaye agatereranzamba ? Leta nishake uko ubashyingiranywe batandukana peee bitaruhije, naho ibindi birakabije peeee

    Reply

Leave a Reply to Barakagira Karaboneye Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 9 =

Previous Post

Weekend y’ibyishimo by’igisagirane ku rubyiruko no ku byamamare i Kigali (AMAFOTO)

Next Post

Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Related Posts

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Umukobwa w’imyaka 18 wo mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, wari amaze igihe asaba umusore ko bakundana, undi...

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC,...

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

by radiotv10
11/02/2026
0

Nyuma y’uko mu kagari ka Gakoni ko mu murenge wa Muganza mu bihe bikurikiranye mu mudugudu umwe habonetse imibiri ibiri...

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

Eng.-Minister Nduhungirehe reacts to reports confirming deployment of Blackwater mercenaries in DRC

by radiotv10
11/02/2026
0

Following reports confirming that Erik Prince, the founder of the private military company Blackwater, deployed personnel and drones to the...

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

by radiotv10
11/02/2026
0

Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango ukurikiranyweho kwica umubyeyi we (Se) amunize yarangiza akamushyira...

IZIHERUKA

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho
MU RWANDA

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

by radiotv10
11/02/2026
0

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

11/02/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

11/02/2026
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Umucyo ku mpamvu y’isezera ry’umunyamakuru Ngabo Roben muri Rayon Sports

11/02/2026
Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

11/02/2026
Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

Rusizi: Ibuka ntiyanyuzwe no kudakurikiranwa k’uwabeshye ko umubiri w’uwazize Jenoside ari uw’umuntu washyinguwe mu 1982

11/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Uburyo budasanzwe injangwe yisanze itunze akayabo k’amamiliyari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umukobwa wimwe urukundo n’umusore yimariyemo byarangiye umwe agiye mu Bitaro undi muri Kasho

Hatangajwe ukekwaho kugaba igitero cyahitanye abantu 9 ku ishuri muri Canada

Min.Nduhungirehe yagize icyo avuga ku makuru yemeza iyoherezwa muri Congo ry’abacancuro bihariye ba Blackwater n’intwaro zikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.