Sunday, April 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ngoma: Umusirikare ukekwaho kwica umugore we amukubise agafuni yavuze ko yabitewe n’umujinya

radiotv10by radiotv10
21/04/2022
in Uncategorized
1
Ngoma: Umusirikare ukekwaho kwica umugore we amukubise agafuni yavuze ko yabitewe n’umujinya
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare ufite ipeti rya Sergeant Major mu ngabo z’u Rwanda ukekwaho kwica umugore we babanaga mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma, yabwiye Urukiko ko iki gikorwa yagitewe n’umujinya mwinshi akaba agisabira imbabazi.

Sergeant Major Niyigabura Athanase ukurikiranyweho kwica umugore we mu mpera z’ukwezi gushize tariki 26 Werurwe, yaburanishirijwe mu ruhame aho atuye mu iburanisha ryitabiriwe n’abaturage benshi kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mata.

Ubwo yahabwaga umwanya ngo yisobanure, Sergeant Major Niyigabura yavuze ko hari ibyo atumvikanyeho n’umugore we, bigatuma bakomanya amahembe bakarwana ari na byo byamuteye umujinya akamukubita umuhini.

Yavuze ko ubwo yarwanaga n’umugore we yamukubise urushyi undi agafata umwase “agiye kuwunkubita mu mutwe ndawukinga, ubwo umujinya wahise uzamuka, nahise nkora muri bya biti harimo agasuka nkamukubita mu mutwe.”

Yakomeje agira ati “Mu by’ukuri nabitewe n’umujinya mwinshi, ndabisabira imbabazi.”

Muri iri buranisha ryari riyobowe n’Urukiko rwa Gisirikare, Umucamanza yabajije uyu musirikare impamvu ataretse umugore nyuma yo kumukubita akabona yikubise, undi asubiza ko atazi inshuro yakubise umugore we ako gasuka.

Yagize ati “Sinamenye ngo namukubise rimwe cyangwa kabiri, nabitewe n’umujinya nari.”

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwasobanuriye Urukiko ko uregwa yari yaragambiriye uyu mugambi wo kwivugana umugore we kuko yari yaranavuze ko azamwica ubundi akishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Bwavuze kandi ko ubwo uyu musirikare yakubitaga umugore we akabona yikubise hasi, adakomeje kumurwanya, yakomeje kumukubita ifuni ku buryo bigaragaza ko yari agambiriye kumumaramo umwuka.

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rwa Gisirikare guhamya uregwa icyaha cy’ubwicanyi bugambiriwe, rukamukatira gufungwa burundu.

Urukiko rwahise rupfundikira uru rubanza, rwategetse ko ruzasoma umwanzuro warwo tariki 25 Mata 2022.

 

Yabikoze ari mu kibari

Muri kuriya kwezi gushize, Sergeant Major Niyigabura Athanase yasabye uruhusa [Ikibari] rwo kujya gusura umuryango we, ubundi ageze aho atuye nyuma y’iminsi micye atangira gushaka kuvugurura igipangu cye aho yifuzaga gushyirishaho inkingi ariko umugore we akabanza kubyanga.

Nyakwigendera-umugore wa Sergeant Major Niyigabura, yabwiye umugabo we ko ibyo atari byo byihutirwa ahubwo ko yagakwiye kumwubakira inzu yo gucururizamo kugira ngo ijye ibunganira mu mibereho.

Byatumye Sergeant Major Niyigabura yitabaza inzego z’ibanze, zimusaba ko yakora ibyo yumvikanye n’umugore we akareka gukora ibyo batumvikanyeho.

Muri iyo minsi, uyu musirikare yagiye mu kabari, ataha mu masaha akuze yasinze aza yuka inabi umugore we amubwira ko arambiwe agasuzuguro ke.

Bwaracyeye, ubwo umugore yari ari gutegura ifunguro, umugabo we amukubita urushyi ubundi bajya hanze amukubita hasi ari na bwo yamukubise ako gafuni akekwaho kumwicisha.

Jean Paul MUGABE / RADIOTV10

Comments 1

  1. Bosco says:
    4 years ago

    Nizere ko uyu munsi muhatubera mukatubwira uko byagenze.

    Ese umugore yari umusivile?

    Reply

Leave a Reply to Bosco Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − ten =

Previous Post

Rusizi: Yafashwe amaze kwiba ihene yayizingazingiye mu gikapu agiye kuyishakira umuguzi

Next Post

EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

by radiotv10
04/04/2026
0

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

04/04/2026
Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byageze mu 2000Frw biranarenga

04/04/2026
The Difference Between ‘Good’ and ‘Bad’ Procrastination

The Difference Between ‘Good’ and ‘Bad’ Procrastination

04/04/2026
Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

03/04/2026
Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

03/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga

EAC yasabye imitwe iri muri DRCongo gushyira hasi intwaro vuba na bwangu bitaba ibyo igahura n’akaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byageze mu 2000Frw biranarenga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.