Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri batandatu bari bakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw kuri buri umwe, kubera kwangiza ibikoresho by’ishuri bigagamo ubwo bishimiraga ko barangije ayisumbuye, bagabanyirijwe igihano bahita barekurwa kuko igihe bakatiwe bari bakimaze bafunze.

Aba banyeshuri bigaga mu ishuri rya ESCOM Rucano ryo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, tariki 30 Ukuboza 2022 bari barakatiwe iki gifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyoni 5 Frw kuri buri umwe ariko bahita bajurira.

Ni ibihano byari byavuzweho byinshi na bamwe barimo ababyeyi b’aba bana ndetse n’abahanga mu burezi bavugaga ko Urukiko rw’Ibanze rwa Gatumba rwari rwihanukiriye.

Bamwe mu basesenguzi banavugaga ko iki gihano kitari gihawe bariya bana gusa ahubwo ko cyari gihawe n’ababyeyi babo kuko barushye babishyurira amashuri none bakaba bagiye no kubishyurira ariya mafaranga bari baciwe.

Aba basore bahamijwe icyaha cyo gusenya inyubamo utari nyirayo no kwangiza ikintu cy’undi, mu bikorwa bakoze tariki 29 Nyakanga 2021 ubwo bishimiraga ko barangije ayisumbuye, bakangiza ibikoresho by’ishuri birimo ibitanda ndetse n’inzugi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, basomewe umwanzuro ku bujurire bwabo, bagabanyirizwa ibihano, bamwe bakatirwa amezi atanu, abandi bakatirwa amezi ane mu gihe bari bamaze muri gereza amezi agera mu munani. Bivuze ko bahita barekurwa.

Umukazi Marie Chantal, umwe mu babyeyi b’umwe muri aba bana, avuga ko batari bazi icyari cyabaye cyari cyatumye Urukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, rwari rwafashe kiriya cyemezo kihanukiriye kuko kidahwanye n’ibyaha byakozwe na bariya bana.

Yagize ati “Ntituzi uko byari byagenze ngo bahanwe bihanukiriye kuko icyaha bakoze kitari kijyanye n’ibihano bari bahawe.”

Uyu mubyeyi avuga ko umwana we agiye gukomeza amashuri kandi akaba atazabarwaho ubusembwa bw’icyaha yakoze kuko atahawe igihano cy’igifungo kirengeje amezi atandatu (6).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two − 1 =

Previous Post

Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

Next Post

Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inama Perezida Paul Kagame yari guhuriramo na Felix Tshisekedi i Washington...

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangaje ko yamaze kwakira ibibazo by’abakiliya ba Sosiyete ya Spiro icuruza moto zikoresha amashanyarazi, bavuga ko zifite...

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

Ibisobanuro ku kibazo cya Interineti cyagaragaye mu Rwanda byagaragaje aho cyaturutse

by radiotv10
12/11/2025
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ko ruri gukurikirana ikibazo cya Interineti y'umurongo wa MTN Rwanda nyuma yuko isobanuye ko cyatewe n'ibibazo...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

by radiotv10
12/11/2025
0

Umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda uregwa kwakira indonke y’arenga Miliyoni 1 Frw, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze...

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

by radiotv10
12/11/2025
0

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa igikombe kimwe cy’ikawa buri munsi, bigabanya 39% by’ibibazo by’ihindagurika ryo gutera k’umutima, ugereranyije n’abatanywa iki kinyobwa....

IZIHERUKA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20
AMAHANGA

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

by radiotv10
12/11/2025
0

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

12/11/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

12/11/2025
Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.