Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri batandatu bari bakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw kuri buri umwe, kubera kwangiza ibikoresho by’ishuri bigagamo ubwo bishimiraga ko barangije ayisumbuye, bagabanyirijwe igihano bahita barekurwa kuko igihe bakatiwe bari bakimaze bafunze.

Aba banyeshuri bigaga mu ishuri rya ESCOM Rucano ryo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, tariki 30 Ukuboza 2022 bari barakatiwe iki gifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyoni 5 Frw kuri buri umwe ariko bahita bajurira.

Ni ibihano byari byavuzweho byinshi na bamwe barimo ababyeyi b’aba bana ndetse n’abahanga mu burezi bavugaga ko Urukiko rw’Ibanze rwa Gatumba rwari rwihanukiriye.

Bamwe mu basesenguzi banavugaga ko iki gihano kitari gihawe bariya bana gusa ahubwo ko cyari gihawe n’ababyeyi babo kuko barushye babishyurira amashuri none bakaba bagiye no kubishyurira ariya mafaranga bari baciwe.

Aba basore bahamijwe icyaha cyo gusenya inyubamo utari nyirayo no kwangiza ikintu cy’undi, mu bikorwa bakoze tariki 29 Nyakanga 2021 ubwo bishimiraga ko barangije ayisumbuye, bakangiza ibikoresho by’ishuri birimo ibitanda ndetse n’inzugi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, basomewe umwanzuro ku bujurire bwabo, bagabanyirizwa ibihano, bamwe bakatirwa amezi atanu, abandi bakatirwa amezi ane mu gihe bari bamaze muri gereza amezi agera mu munani. Bivuze ko bahita barekurwa.

Umukazi Marie Chantal, umwe mu babyeyi b’umwe muri aba bana, avuga ko batari bazi icyari cyabaye cyari cyatumye Urukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, rwari rwafashe kiriya cyemezo kihanukiriye kuko kidahwanye n’ibyaha byakozwe na bariya bana.

Yagize ati “Ntituzi uko byari byagenze ngo bahanwe bihanukiriye kuko icyaha bakoze kitari kijyanye n’ibihano bari bahawe.”

Uyu mubyeyi avuga ko umwana we agiye gukomeza amashuri kandi akaba atazabarwaho ubusembwa bw’icyaha yakoze kuko atahawe igihano cy’igifungo kirengeje amezi atandatu (6).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + fourteen =

Previous Post

Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

Next Post

Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.