Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Ngororero: Abanyeshuri bari bakatiwe imyaka 5 bikavugisha benshi bagabanyirijwe ibihano bahita barekurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri batandatu bari bakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw kuri buri umwe, kubera kwangiza ibikoresho by’ishuri bigagamo ubwo bishimiraga ko barangije ayisumbuye, bagabanyirijwe igihano bahita barekurwa kuko igihe bakatiwe bari bakimaze bafunze.

Aba banyeshuri bigaga mu ishuri rya ESCOM Rucano ryo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero, tariki 30 Ukuboza 2022 bari barakatiwe iki gifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyoni 5 Frw kuri buri umwe ariko bahita bajurira.

Ni ibihano byari byavuzweho byinshi na bamwe barimo ababyeyi b’aba bana ndetse n’abahanga mu burezi bavugaga ko Urukiko rw’Ibanze rwa Gatumba rwari rwihanukiriye.

Bamwe mu basesenguzi banavugaga ko iki gihano kitari gihawe bariya bana gusa ahubwo ko cyari gihawe n’ababyeyi babo kuko barushye babishyurira amashuri none bakaba bagiye no kubishyurira ariya mafaranga bari baciwe.

Aba basore bahamijwe icyaha cyo gusenya inyubamo utari nyirayo no kwangiza ikintu cy’undi, mu bikorwa bakoze tariki 29 Nyakanga 2021 ubwo bishimiraga ko barangije ayisumbuye, bakangiza ibikoresho by’ishuri birimo ibitanda ndetse n’inzugi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, basomewe umwanzuro ku bujurire bwabo, bagabanyirizwa ibihano, bamwe bakatirwa amezi atanu, abandi bakatirwa amezi ane mu gihe bari bamaze muri gereza amezi agera mu munani. Bivuze ko bahita barekurwa.

Umukazi Marie Chantal, umwe mu babyeyi b’umwe muri aba bana, avuga ko batari bazi icyari cyabaye cyari cyatumye Urukiko rwaburanishije urubanza rwa mbere, rwari rwafashe kiriya cyemezo kihanukiriye kuko kidahwanye n’ibyaha byakozwe na bariya bana.

Yagize ati “Ntituzi uko byari byagenze ngo bahanwe bihanukiriye kuko icyaha bakoze kitari kijyanye n’ibihano bari bahawe.”

Uyu mubyeyi avuga ko umwana we agiye gukomeza amashuri kandi akaba atazabarwaho ubusembwa bw’icyaha yakoze kuko atahawe igihano cy’igifungo kirengeje amezi atandatu (6).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

Ntacyo wabanganya: Batumarana amezi 9 mu nda, bakatubyara, bakaducira incuro,…Umunsi w’abagore waje ute?

Next Post

Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Nta cyumweru kirashira undi Mujenerali w’Umurusiya yiciwe muri Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.