Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
Ngororero: Bagaragaje ibimenyetso byatumye batangira kwikanga amapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Ngororero, bavuga ko bafite impungenge zo kugarizwa n’amapfa kubera imvura yabaye nke mu gihembwe cy’ihinga A cya 2025.

Aba baturage bavuga ko babuze imvura kuva iki gihembwe cyatangira, ndetse igakomeza kubura, ku buryo babona nta cyizere cyo kuzeza.

Mugabonake Patrice yagize ati “Igihembwe nyine iyo gitangiye nabi n’ubundi amaherezo biba bizagenda nabi kuko nta cyizere tuba dufite ko tuzabona umusaruro.”

Nyiransengimana Alice avuga ko bari batangiye guhinga bimwe mu bihingwa bisanzwe byera muri aka gace, ariko ko n’ibyo bashyize mu butaka bitigeze biva aho biri kubera kubura imvura.

Ati “Twari twateye ibigori mbere ariko izuba rirabyica, akavura kongeye kugwa nanone duteye ibishyimbo na byo ntibiri kumera neza nk’uko byari bisanzwe ku buryo n’amafumbire twafashe, twarahinze apfa ubusa imyaka iherayo.”

Aba baturage bakomeza bavuga kandi ko banahawe ifumbire kandi bagomba kuzishyura, ariko bakaba bafite impungenge z’aho bazakura amafaranga yo kwishyura.

Nyiransengimana Alice akomeza agira ati “Impungenge zihari ni uko twahingaga tukishyura mu byo twejeje, none turi kubona bitagenda neza ahubwo kubera imvura yatinze dufite ikibazo cy’inzara, ntabwo byoroshye ni kwa kwizirika umukanda naho gusoza iki gihembwe ntibyoroshye.”

Nkundabatware Faustin na we yagize ati “Inzara yo rwose irahari y’iki gihe, guhera mu kwezi kwa gatandatu imigozi yanze gushora, tugira ikibazo cy’ibijumba n’imyumbati bicye kandi urumva ntakindi twakwifashisha. Badufasha rero nk’iriya fumbire twafashe tukazishyura ubutaha twejeje.”

Ni mu gihe Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi RAB kigaragaza ko byari biteganyijwe ko imvura y’igihembwe cy’ihinga cy’Umuhindo yari gutangira kugwa hagati ya tariki 10 na 20 Nzeri, ariko mu misozi miremire igatangira hagati ya 1-10 Nzeri, ikazaba nyinshi mu byumweru bya nyuma by’uku kwezi kwa Nzeri, ariko si ko byagenze.

Ibishyimbo byanze kumera
Bavuga ko bafite impungenge

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 6 =

Previous Post

Rusizi: Abahinzi b’umuceri bigeze kugarukwaho na Perezida Kagame bongeye kumwenyura

Next Post

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.