• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngororero: Bahishuye ibanga bakoresheje ngo bigobotore ikibazo cy’inkangu zari zarabazengereje

radiotv10by radiotv10
26/05/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngororero: Bahishuye ibanga bakoresheje ngo bigobotore ikibazo cy’inkangu zari zarabazengereje
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Hindiro mu Karere ka Ngororero bavuga ko nyuma yo kuzengerezwa n’inkangu zatumaga batabona umusaruro, bisabiye Akarere kubacira amaterasi, none amaze guhindura imibereho yabo nyuma y’imyaka ibiri gusa bayaciriwe.

Aba baturage bagaruka ku kibazo bari bamaranye igihe kinini, maze ngo bagira inama yo kwegera ubuyobozi bwabo bw’Akarere ka Ngororero kabafasha kugikemura, none ubu akanyamuneza ni kose.

Nzabonimpa Moustapha ati: “Inaha kubera ubuhaname twarahingaga ubutaka bukagenda, maze dusaba Akarere kuducira amaterasi kuko wasangaga aho wahinze nk’ibiro 100 uhakuye nka 250, none ubu uri kuhakura 500 kuzamura.”

Nirere Stephanie ati: “Kera ubutaka bwaragendaga, none ubu ntibukigenda, turi kubona umusaruro mwiza rwose.”

Cyakora nta byera ngo de, aba baturage bagaragaza ko hari bagenzi babo batumva neza iyi gahunda yo guca amaterasi mu mirima, bityo bakabagira inama yo kureka kwinangira kuko ngo baba bishyira mu gihombo gikomeye.

Nzabonimpa Moustapha ati: “Iyo ugize amahirwe bakagucira amaterasi ubona ubutaka bwo guhingaho ubwatsi, imyaka n’ibiti bibazwa, kandi ibyo byose ni inyungu z’umuturage. Kandi barabidutereye, harimo n’iby’imbuto ziribwa nk’amavoka n’ibindi. Abatarabyumva bazasure abayafite bazabona ukuntu bitandukanye.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwibutsa abaturage ko amaterasi ari uburyo bwiza bwo guhangana n’ikibazo cy’umusaruro muke muri aka karere k’imisozi ihanamye, kandi ngo buzakomeza kugenda bwongera ubuso yaciweho, nk’uko Bwana UWIHOREYE Patrick, Visi Meya ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, abisobanura.

Visi Meya UWIHOREYE Patrick ati: “Ni akarere k’imisozi miremire, ni yo mpamvu bisaba ko abaturage bahinga mu materasi yaba ayikora n’ay’indinganire. Ndetse n’abaturage bafite ubutaka bugari twarabegereye kugira ngo babushyireho amaterasi, kugira ngo ubutaka tubashe kububyaza umusaruro. Kandi buri mwaka dushyiramo ingengo y’imari yabyo kugira ngo twongere umusaruro.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko guhera muri 2019, Akarere ka Ngororero kamaze guca amaterasi kuri hegitari zisaga ibihumbi 9 mu mirenge itandukanye.

Emmenuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 11 =

Previous Post

Meaningful family traditions we are slowly losing today

Next Post

Division ya 4  yongeye  kwitwara  neza muri RDF Liberation Cup

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Division ya 4  yongeye  kwitwara  neza muri RDF Liberation Cup

Division ya 4  yongeye  kwitwara  neza muri RDF Liberation Cup

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.