Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
09/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngutere amatsiko: Pariki Akagera irarushaho gutera amabengeza uko bwije uko bucyeye (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ibyiza mu Rwanda, ni uburo buhuye, ejobundi twavugaga Ingagi zituye muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu Majyaruguru y’u Rwanda, ariko ntitwibagirwe no mu Burasirazuba bwarwo, ahari Pariki Akagera, ikomeje kwihaza mu byiza biyitatse binatatse urw’Imisozi Igihumbi.

Ibi byiza bya Pariki y’Igihugu Akagera, birahirirwa na buri wese wayigezemo, akirebera inyamaswa ziyirimo, ndetse n’ibimera nk’ibiti by’ubwoko butandukanye, bituma abayisuye basusuruka kubera akayaga gahuhera kabiturukamo.

Ubuyobozi bw’iyi Pariki na bwo ntibuhwema kuyikumbuza abayigezemo n’abatarayigeramo, bubasogongeza bimwe mu byiza biyirimo, nk’inyamaswa z’ubwoko butandukanye ndetse n’ibindi.

Ubu bwagaragaje ifoto igaragaza imirambi n’imisozi by’iyi Pariki, ndetse n’inyamaswa zitandukanye ziri kuyitembera, zizihiwe nk’iziri mu buturo butekanye.

Ifoto yashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’iyi Pariki, iherekejwe n’ubutumwa buvuga ko “Ikomeje gutera amabengeza, tubikesha imikoranire y’Ikigo African Parks na RDC.”

Ubuyobozi bw’iyi Pariki buvuga ko yari igeze ahabi kubera inyamaswa zari ziri gukendera bitewe na ba rushimusi n’abahigi bajyaga guhiga zimwe mu nyamaswa ziyibamo, bakazirya, ariko hagashyirwaho ingamba zatumye babihagarika, none ubu “ni Pariki ikomeje kuba ubuturo butekanye bw’inyamaswa.”

Iyi pariki ifite Metero kare 433, ibarizwamo inyamaswa zigera mu bihumbi umunani (8 000) z’ubwoko butandukanye, zirimo n’iz’ibanze zikomeye zizwi nka Big 5, nk’Intare, Inzovu, Imbogo, Urusamagwe n’Inkura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − ten =

Previous Post

Abanyagirirwa muri za Gare: Ibitangazwa n’Umujyi wa Kigali ntibyumvikanamo icyabarema agatema

Next Post

U Rwanda rwasezerewe na Algeria muri 1/4 cy’Igikombe cya Afurika muri Vollryball

Related Posts

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

by radiotv10
14/10/2025
0

Rwanda is often praised globally for its efforts in gender equality. The country leads in female political representation and has...

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

by radiotv10
13/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rimenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjiramo ku rwego rwa Ofisiye, itariki yo gutangira...

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu muhanda Kigali-Muhanga, habaye impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi, yabangamiye urujya n’uruza rw’ibinyabiziga muri...

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

IZIHERUKA

Challenges women face when starting businesses in Rwanda
MU RWANDA

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

by radiotv10
14/10/2025
0

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

14/10/2025
BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

13/10/2025
Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

Amahirwe ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’Abofisiye

13/10/2025
AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

AMAKURU MASHYA: Urujya n’uruza mu muhanda Kigali-Muhanga rwabangamiwe

13/10/2025
Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasezerewe na Algeria muri 1/4 cy’Igikombe cya Afurika muri Vollryball

U Rwanda rwasezerewe na Algeria muri 1/4 cy’Igikombe cya Afurika muri Vollryball

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

BREAKING: Rayon yahagaritse Umutoza Afhamia Lotfi itandukana burundu na myugariro wayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.