Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni bo Ntwari zanjye- Gen Muhoozi yongeye gushima Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni bo Ntwari zanjye- Gen Muhoozi yongeye gushima Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yashimye Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni, avuga ko ari bo Ntwari ze, aboneraho kongera gushimangira ubumwe bw’Igihugu cy’u Rwanda n’icya Uganda, abibumbatira hamwe abyita Ugarwa.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Museveni, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, aherutse mu Rwanda mu gushakira umuti ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu byombi.

Uyu muhungu wa Museveni ukunze kugaragaza icyubahiro yubaha Perezida Kagame Paul, yashyize ubutumwa kuri Twitter, ashima abakuru b’Ibihugu byombi bifitanye amateka maremare.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter saa sita zirengaho iminota micye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, yagize ati “Aba ni bo bakiri Intwari zanjye! Ugarwa…Bizigaragaza.”

These are still my heroes! Ugarwa… shall still prevail! pic.twitter.com/vv2vdCTEUk

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 30, 2022

Ni ubutumwa yashyize kuri Twitter nyuma y’iminota micye Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itatu ufunze.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukunze gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yongeye ashyiraho ubutumwa agira ati “Ndashimira abayobozi bacu, Perezida Kaguta Museveni na Paul Kagame ku kuba imipaka yacu yongeye gufunguwa.”

I thank our great leaders, President @KagutaMuseveni and @PaulKagame for fully opening our borders! This is a wonderful achievement. Now our people can freely move, trade and interact as Almighty God always intended! God bless East Africa! pic.twitter.com/Tbm9YqIzU3

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 31, 2022

Umupaka wa Gatuna ufunguwe nyuma y’iminsi micye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiriye uruzinduko mu Rwanda ari na rwo rwanavuyemo iyi ntambwe yo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

Muri ubu butumwa yashyize kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakomeje agira ati “Iyi ni intambwe ishimishije. Ubu abaturage bacu bashobora kujya muri buri Gihugu nta nkomyi, ubucuruzi bugakorwa ndetse tugakomeza no gukorana nk’uko Imana yahoze ibyishimira. Imana ihe umugisha Afurika y’Iburasirazuba.”

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ni n’umusirikare ukomeye muri Uganda aho binavugwa ko ashobora kuzasimbura ku ngoma umubyeyi we Perezida Yoweri Museveni.

Gen Muhoozi ubwo aheruka mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + fifteen =

Previous Post

Nyamagabe: Abantu 175 bafashwe basengera mu rugo rwa Nyirahuku babasuzumye basangamo abanduye COVID

Next Post

Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.