Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni bo Ntwari zanjye- Gen Muhoozi yongeye gushima Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni bo Ntwari zanjye- Gen Muhoozi yongeye gushima Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yashimye Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni, avuga ko ari bo Ntwari ze, aboneraho kongera gushimangira ubumwe bw’Igihugu cy’u Rwanda n’icya Uganda, abibumbatira hamwe abyita Ugarwa.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Museveni, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, aherutse mu Rwanda mu gushakira umuti ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu byombi.

Uyu muhungu wa Museveni ukunze kugaragaza icyubahiro yubaha Perezida Kagame Paul, yashyize ubutumwa kuri Twitter, ashima abakuru b’Ibihugu byombi bifitanye amateka maremare.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter saa sita zirengaho iminota micye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, yagize ati “Aba ni bo bakiri Intwari zanjye! Ugarwa…Bizigaragaza.”

These are still my heroes! Ugarwa… shall still prevail! pic.twitter.com/vv2vdCTEUk

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 30, 2022

Ni ubutumwa yashyize kuri Twitter nyuma y’iminota micye Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itatu ufunze.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukunze gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yongeye ashyiraho ubutumwa agira ati “Ndashimira abayobozi bacu, Perezida Kaguta Museveni na Paul Kagame ku kuba imipaka yacu yongeye gufunguwa.”

I thank our great leaders, President @KagutaMuseveni and @PaulKagame for fully opening our borders! This is a wonderful achievement. Now our people can freely move, trade and interact as Almighty God always intended! God bless East Africa! pic.twitter.com/Tbm9YqIzU3

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 31, 2022

Umupaka wa Gatuna ufunguwe nyuma y’iminsi micye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiriye uruzinduko mu Rwanda ari na rwo rwanavuyemo iyi ntambwe yo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

Muri ubu butumwa yashyize kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakomeje agira ati “Iyi ni intambwe ishimishije. Ubu abaturage bacu bashobora kujya muri buri Gihugu nta nkomyi, ubucuruzi bugakorwa ndetse tugakomeza no gukorana nk’uko Imana yahoze ibyishimira. Imana ihe umugisha Afurika y’Iburasirazuba.”

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ni n’umusirikare ukomeye muri Uganda aho binavugwa ko ashobora kuzasimbura ku ngoma umubyeyi we Perezida Yoweri Museveni.

Gen Muhoozi ubwo aheruka mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fifteen =

Previous Post

Nyamagabe: Abantu 175 bafashwe basengera mu rugo rwa Nyirahuku babasuzumye basangamo abanduye COVID

Next Post

Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.