Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni bo Ntwari zanjye- Gen Muhoozi yongeye gushima Kagame na Museveni

radiotv10by radiotv10
31/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni bo Ntwari zanjye- Gen Muhoozi yongeye gushima Kagame na Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yashimye Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni, avuga ko ari bo Ntwari ze, aboneraho kongera gushimangira ubumwe bw’Igihugu cy’u Rwanda n’icya Uganda, abibumbatira hamwe abyita Ugarwa.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Museveni, akaba n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, aherutse mu Rwanda mu gushakira umuti ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’Ibihugu byombi.

Uyu muhungu wa Museveni ukunze kugaragaza icyubahiro yubaha Perezida Kagame Paul, yashyize ubutumwa kuri Twitter, ashima abakuru b’Ibihugu byombi bifitanye amateka maremare.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter saa sita zirengaho iminota micye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 31 Mutarama 2022, yagize ati “Aba ni bo bakiri Intwari zanjye! Ugarwa…Bizigaragaza.”

These are still my heroes! Ugarwa… shall still prevail! pic.twitter.com/vv2vdCTEUk

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 30, 2022

Ni ubutumwa yashyize kuri Twitter nyuma y’iminota micye Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wongeye gufungurwa nyuma y’imyaka itatu ufunze.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukunze gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yongeye ashyiraho ubutumwa agira ati “Ndashimira abayobozi bacu, Perezida Kaguta Museveni na Paul Kagame ku kuba imipaka yacu yongeye gufunguwa.”

I thank our great leaders, President @KagutaMuseveni and @PaulKagame for fully opening our borders! This is a wonderful achievement. Now our people can freely move, trade and interact as Almighty God always intended! God bless East Africa! pic.twitter.com/Tbm9YqIzU3

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 31, 2022

Umupaka wa Gatuna ufunguwe nyuma y’iminsi micye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agiriye uruzinduko mu Rwanda ari na rwo rwanavuyemo iyi ntambwe yo kuzahura umubano w’u Rwanda na Uganda.

Muri ubu butumwa yashyize kuri Twitter, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yakomeje agira ati “Iyi ni intambwe ishimishije. Ubu abaturage bacu bashobora kujya muri buri Gihugu nta nkomyi, ubucuruzi bugakorwa ndetse tugakomeza no gukorana nk’uko Imana yahoze ibyishimira. Imana ihe umugisha Afurika y’Iburasirazuba.”

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ni n’umusirikare ukomeye muri Uganda aho binavugwa ko ashobora kuzasimbura ku ngoma umubyeyi we Perezida Yoweri Museveni.

Gen Muhoozi ubwo aheruka mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Nyamagabe: Abantu 175 bafashwe basengera mu rugo rwa Nyirahuku babasuzumye basangamo abanduye COVID

Next Post

Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Umunya-Portugal uje gutoza Rayon yasesekaye i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.