Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, avuga ko kuba aho Umukandida w’uyu Muryango, Paul Kagame ajya kwiyamamariza, mu ijambo rye abaturage ari bo biharira umwanya, ari ibyishimo biba byabasaze, bakamwereka ko ari uwabo na bo bakaba abe, ku buryo iyo bari kuganira, imbamutima zibibagiza igitinyiro cye, bakamwisanzuraho, bigatuma bumva ko ntacyo yavuga ngo ntibamwikirize.

Kugeza ubu Umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, amaze kwiyamamariza kuri site 15 muri 18, hakaba hasigaye eshatu zirimo iy’uyu munsi yo mu Karere ka Gakenke.

Ibikorwa byo kwiyamamaza kuri iyi nshuro, byagaragayemo uburyo Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi biyumvamo Chairman wabo, n’urukundo ruhebuje bamufitiye by’umwihariko ku bwitabire buhanitse bw’abaza kumwakira, aho Site zose amaze kwiyamamarizaho, ntahaje abaturage bari munsi y’ibihumbi 200.

Uretse kuba Paul Kagame yaragiye abwira abaturage ko yaje kubashimira, abitabira ibi bikorwa na bo bagira umwanya wo kubwira Umukandida akabari ku mutima, badatinya no kumuca mu ijambo, bakavuga imbamutima zabo.

Mu kiganiro Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, Ambasaderi Wellars Gasamagera yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, yavuze ko Abanyamuryango b’uyu Muryango badashobora guhisha amarangamutima yabo y’uburyo bakunda umukandida wabo.

Umunyamakuru yamubajije impamvu abanyamuryango baca mu ijambo Umukandida wabo bamugaragariza ibinezaneza byo kuyoborwa na we, kandi bizwi ko Paul Kagame ari umunyagitinyiro.

Yasubije agira ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni byo koko afite igitinyiro ari njye nawe turabizi, ariko iyo yageze mu bantu be, mu baturage be nka kuriya, n’icyo gitinyiro gisa nk’icyigiyeyo gato kugira ngo bigaragare ko ahuye na bo, uranabyivugiye uti ‘basa nk’aho bafite uburyo bahuza ibitekerezo’.

Biriya ni ibintu biza mu buryo bwa kamere navuga bwa kimeza, ni ibintu byizana, ntakundi wabifata, na we ubwe urabibona ko ntakundi kuntu yabigenza, abajyamo akaba uwabo, na bo bakaba abe, yaranabibabwiye ejobundi i Gicumbi, ati ‘ni mwebwe mungize’.”

Paul Kagame yakirwa n’Abanyamuryango ba FPR benshi cyane

Ubwitabire ntibusanzwe

Ambasaderi Gasamagera yanagarutse ku migendekere y’ibi bikorwa byo kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi biri kugana ku musozo, avuga ko ikimaze kugaragara ari ubwitabire bwo hejuru bw’ababyitabira.

Ati “Ubwitabire nabwo ntibisanzwe. Mbere uko twajyaga twamamaza wasangaga tubona umubare w’abantu uringaniye, nk’ibihumbi ijama birengaho gacye, ariko ubu noneho byarazamutse cyane, ngira ngo byanikubye kabiri, hari site twabonye nk’iya Nyamirambo twagejeje hafi ibihumbi magana ane (400 000), iya Musanze muri magana atatu.”

Avuga ko ariko nanone ikigamijwe atari ukugira umubare munini w’abitabira ibi bikorwa, ahubwo ari n’uburyo abaza baba bagaragaza inyota yo kumva umukandida wabo ndetse n’ubushake bubaturutsemo.

Ati “Abantu bitabiriye ari benshi babishaka, bafite ikobe, ubona rwose ishyaka ari ryose, kandi koko babona Umukandida wacu, Umukandida wabo bamugize uwabo rwose, ukabona barishimye, bakamwereka ko bamukunze. Natwe rero ibi ni ibintu bitwereka ko Umukandida wacu ahagaze neza, kandi ko azatorwa.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi kandi yagiye na we yisanzura ku baturage babaga baje kumwakira, ndetse hamwe yagiye akoresha indimi-shami zabo, nk’i Gicumbi aheruka kwiyamamariza, yavuze ururimi rwa Oluchiga, asanzwe anazi, aho yagize ati “Abanyabuzare ba Gicumbi [Abavandimwe b’i Gicumbi] muraho mugumire, nabasima munonga kwija aha muri benshi [Ndabashima cyane kuba mwaje muri benshi], mwakora kuza muri benshi, mwakora munonga, mwebare munonga.”

Mu Karere ka Rusizi, ahari agace gakoreshwamo ururimi rw’Amahavu, Paul Kagame na ho yagize ati “Enyanya enyana” bishatse kuvuga ngo “hejuru cyane.”

Ambasaderi Gasamagera, avuga ko ibi na byo bigaragaza guhuza k’Umukandida wa FPR-Inkotanyi n’abaturage, kuko ari bo baba batangiye bakoresha izo ndimi, bashaka ko na we azimenya kugira ngo barusheho kwisanzurana.

Ati “Biriya na byo tujye tunabyumva, iyo agiye ahantu, abantu bamwisangamo, bakamubwira n’ururimi rwabo.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, uyu munsi ariyamamariza mu Karere ka Gakenke, mu gihe ejo ku wa Gatanu tariki 12 Nyakanga aziyamamariza mu Karere ka Gasabo, na ho tariki 13 Nyakanga ari na bwo azasoza ibikorwa byo kwiyamamaza, akazasoreza mu Karere ka Kicukiro.

Mu ijambo rye aba yikirizwa n’abaturage bishimye bihebuje
Abaturage bishimira kongera kuganira na we

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + one =

Previous Post

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

Next Post

Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.