Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, avuga ko kuba aho Umukandida w’uyu Muryango, Paul Kagame ajya kwiyamamariza, mu ijambo rye abaturage ari bo biharira umwanya, ari ibyishimo biba byabasaze, bakamwereka ko ari uwabo na bo bakaba abe, ku buryo iyo bari kuganira, imbamutima zibibagiza igitinyiro cye, bakamwisanzuraho, bigatuma bumva ko ntacyo yavuga ngo ntibamwikirize.

Kugeza ubu Umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, amaze kwiyamamariza kuri site 15 muri 18, hakaba hasigaye eshatu zirimo iy’uyu munsi yo mu Karere ka Gakenke.

Ibikorwa byo kwiyamamaza kuri iyi nshuro, byagaragayemo uburyo Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi biyumvamo Chairman wabo, n’urukundo ruhebuje bamufitiye by’umwihariko ku bwitabire buhanitse bw’abaza kumwakira, aho Site zose amaze kwiyamamarizaho, ntahaje abaturage bari munsi y’ibihumbi 200.

Uretse kuba Paul Kagame yaragiye abwira abaturage ko yaje kubashimira, abitabira ibi bikorwa na bo bagira umwanya wo kubwira Umukandida akabari ku mutima, badatinya no kumuca mu ijambo, bakavuga imbamutima zabo.

Mu kiganiro Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, Ambasaderi Wellars Gasamagera yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, yavuze ko Abanyamuryango b’uyu Muryango badashobora guhisha amarangamutima yabo y’uburyo bakunda umukandida wabo.

Umunyamakuru yamubajije impamvu abanyamuryango baca mu ijambo Umukandida wabo bamugaragariza ibinezaneza byo kuyoborwa na we, kandi bizwi ko Paul Kagame ari umunyagitinyiro.

Yasubije agira ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni byo koko afite igitinyiro ari njye nawe turabizi, ariko iyo yageze mu bantu be, mu baturage be nka kuriya, n’icyo gitinyiro gisa nk’icyigiyeyo gato kugira ngo bigaragare ko ahuye na bo, uranabyivugiye uti ‘basa nk’aho bafite uburyo bahuza ibitekerezo’.

Biriya ni ibintu biza mu buryo bwa kamere navuga bwa kimeza, ni ibintu byizana, ntakundi wabifata, na we ubwe urabibona ko ntakundi kuntu yabigenza, abajyamo akaba uwabo, na bo bakaba abe, yaranabibabwiye ejobundi i Gicumbi, ati ‘ni mwebwe mungize’.”

Paul Kagame yakirwa n’Abanyamuryango ba FPR benshi cyane

Ubwitabire ntibusanzwe

Ambasaderi Gasamagera yanagarutse ku migendekere y’ibi bikorwa byo kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi biri kugana ku musozo, avuga ko ikimaze kugaragara ari ubwitabire bwo hejuru bw’ababyitabira.

Ati “Ubwitabire nabwo ntibisanzwe. Mbere uko twajyaga twamamaza wasangaga tubona umubare w’abantu uringaniye, nk’ibihumbi ijama birengaho gacye, ariko ubu noneho byarazamutse cyane, ngira ngo byanikubye kabiri, hari site twabonye nk’iya Nyamirambo twagejeje hafi ibihumbi magana ane (400 000), iya Musanze muri magana atatu.”

Avuga ko ariko nanone ikigamijwe atari ukugira umubare munini w’abitabira ibi bikorwa, ahubwo ari n’uburyo abaza baba bagaragaza inyota yo kumva umukandida wabo ndetse n’ubushake bubaturutsemo.

Ati “Abantu bitabiriye ari benshi babishaka, bafite ikobe, ubona rwose ishyaka ari ryose, kandi koko babona Umukandida wacu, Umukandida wabo bamugize uwabo rwose, ukabona barishimye, bakamwereka ko bamukunze. Natwe rero ibi ni ibintu bitwereka ko Umukandida wacu ahagaze neza, kandi ko azatorwa.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi kandi yagiye na we yisanzura ku baturage babaga baje kumwakira, ndetse hamwe yagiye akoresha indimi-shami zabo, nk’i Gicumbi aheruka kwiyamamariza, yavuze ururimi rwa Oluchiga, asanzwe anazi, aho yagize ati “Abanyabuzare ba Gicumbi [Abavandimwe b’i Gicumbi] muraho mugumire, nabasima munonga kwija aha muri benshi [Ndabashima cyane kuba mwaje muri benshi], mwakora kuza muri benshi, mwakora munonga, mwebare munonga.”

Mu Karere ka Rusizi, ahari agace gakoreshwamo ururimi rw’Amahavu, Paul Kagame na ho yagize ati “Enyanya enyana” bishatse kuvuga ngo “hejuru cyane.”

Ambasaderi Gasamagera, avuga ko ibi na byo bigaragaza guhuza k’Umukandida wa FPR-Inkotanyi n’abaturage, kuko ari bo baba batangiye bakoresha izo ndimi, bashaka ko na we azimenya kugira ngo barusheho kwisanzurana.

Ati “Biriya na byo tujye tunabyumva, iyo agiye ahantu, abantu bamwisangamo, bakamubwira n’ururimi rwabo.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, uyu munsi ariyamamariza mu Karere ka Gakenke, mu gihe ejo ku wa Gatanu tariki 12 Nyakanga aziyamamariza mu Karere ka Gasabo, na ho tariki 13 Nyakanga ari na bwo azasoza ibikorwa byo kwiyamamaza, akazasoreza mu Karere ka Kicukiro.

Mu ijambo rye aba yikirizwa n’abaturage bishimye bihebuje
Abaturage bishimira kongera kuganira na we

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

Next Post

Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.