Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

“Ni wowe”, “Ndabyemeye”…- Ikiganiro cya Perezida Kagame n’abaturage abagira inama y’Umukandida bazatora

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
“Ni wowe”, “Ndabyemeye”…- Ikiganiro cya Perezida Kagame n’abaturage abagira inama y’Umukandida bazatora
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame ukomeje ibikorwa byo kwiyamamaza, abaturage bongeye kumwizeza ko ari umukandida w’amahitamo yabo, na we ababwira ko abyemeye, ndetse ababwira ko impamvu ari uko ibyo bazamutorera, bazabifatanya.

Ni umunsi wa gatanu w’ibikorwa byo kwiyamamaza by’Umukandida wa FPR-Inkotanyi, byabereye mu Karere ka Huye, ahari hateraniye abaturage barenga ibihumbi 300 baturutse mu Turere turimo aka ka Huye n’utwo bihana imbibi, nka Gisagara, Nyanza na Nyaruguru.

Mu ijambo rye ryari ritegerezanyijwe amatsiko n’aba baturage batigeze bagoheka, kuko baraye ijoro berecyeza aho bamwakirira, Perezida Kagame yagaragarije abaturage ko ibikorwa nk’ibi byo kwiyamamaza, ari n’umwanya mwiza wo guhuza Abanyarwanda, bakongera bakanungurana ibitekerezo ku cyabateza imbere, nubwo ari igitegura amatora.

Perezida Kagame yongeye gushimira Imitwe ya Politiki yakomeje gufatanya n’Umuryango FPR-Inkotanyi, yifatanyije na wo muri uru rugendo rutoroshye rwo guteza imbere Igihugu.

Yagarutse kuri amwe mu mateka y’urugendo rwo kwiteza imbere, arimo ishuri rya Kaminuza y’u Rwanda, yagezemo mu 1978 ubwo yari ari mu Rwanda, yarujemo avuye mu buhungiro yari arimo, avuga ko yasanze u Rwanda rwarimakajwemo amacakubiri n’ivangura.

Yavuze ko icyo gihe uwo yari yasuye, yamujyanye kureba umupira wari wahuje Mukura na Panthere Noire, ariko abamubonaga, bakavuga ko atari Umunyarwanda.

Icyo gihe Panthere Noire yaratsinzwe, ku buryo uwo bari bajyanye muri uyu mukino, yamusabye ko bataha utarangira kuko yamubwiraga ko bashobora kumererwa nabi kuko ubwo iyo kipe yari ishyigikiwe n’ubutegetsi bw’icyo gihe, byatumaga habaho urugomo.

Ati “Urumva rero twabanye cyera, tutaranamenyana, usibye ko n’ubundi twari bamwe, twari dukwiye kuba twamenyana, ariko bamwe muri twe ntitwabaga hano kubera impamvu muzi, ariko ntabwo bizongera, ku wo ari we wese. Icyo kibazo cyakemuwe burundu.”

Akomeza avuga ko kandi intego ya FPR yo kurandura aka karengane, yagezweho kandi ko uyu Muryango uzakomeza gukomera kuri iyi ntego.

Ati “Gutora FPR rero n’umukandida wayo, ni cyo bivuze, ni ukuvuga ngo ayo mateka mabi ntazasubira, ntagasubire.”

Yakomeje avuga ati “Naho ku mukandida muzahitamo.” Abaturage bose mu ijwi ryo hejuru, bati “Ni wowe.” Na we ati “Ndabyemeye. Igituma mbyemera ni uko ibyo muzantorera, ni namwe muzabikora. Ubwo rero akazi kanjye karoroshye, ni ukubajya imbere tugafatanya tukagenda urugendo rumwe rwiyubaka, rwubaka Igihugu cyacu, mbese amajyambere ni ya yandi azahora aza uko umwaka uhise.”

Yavuze kandi ko uko baje kumwakira ari benshi, ubwabyo bifite icyo bisabanuye, ahubwo ko igisigaye ari itariki. Ati “Uribwira ngo uko gutora ko ntikwarangiye ahubwo.”

Perezida Paul Kagame yaboneyeho kubwira urubyiruko rw’u Rwanda ko rutanga icyizere gisesuye ko ibiriho byubakwa bifite umusingi uzatuma biramba.

Abaturage na bo mu majwi yungikanya, bakomeje kumugaragariza ko ku itariki y’amatora, inkoko ari yo ngoma, bazazinduka iya rubika, ubundi amajwi yabo bakayamuhundagazaho.

Perezida Kagame ubwo yageraga ahari hateraniye ibihumbi 300 by’abaturage yabanje kubaramutsa

Umukandida wa FPR-Inkotanyi yababwiye ko impamvu yemeye gukomeza kubayobora ari uko bafatanya mu kuzuza inshingano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 2 =

Previous Post

Abandi basirikare ba S.Africa bivuganywe na M23 muri Congo hanatangazwa umubare w’abamaze kuhagwa

Next Post

Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.