Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niba abahakana Jenoside nta soni bagira, kuki twe twagira ubwoba?

radiotv10by radiotv10
13/06/2021
in MU RWANDA, Uncategorized
0
Niba abahakana Jenoside nta soni bagira,  kuki twe twagira ubwoba?
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko bitangaje kuba nyuma y’imyaka 27 hakiri impaka ku nyito ya jenoside kandi Umuryango w’Abibumbye waremeje ko habayeho jenoside yakorewe Abatutsi, avuga kandi ko ubwe atazahindurwa n’ibimuvugwaho.

Mu ijambo yagejeje ku banyarwanda ku munsi wo gutangiza icyumweru cy’o kwibuka ku nshuro ya 27 jenoside yakorewe Abatutsi, yibanze ku kunenga ibihugu bikomeye atavuze mu mazina, uko byitwaye ku nyito ya jenoside, no ku bucamanza bw’abaregwa kuyigiramo uruhare.

Ku busabe bw’u Rwanda, mu 2018 inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye (UN) yemeje ku bwiganze ko mu 1994 habaye ’Jenoside yakorewe Abatutsi’, ariko bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi hamwe n’ibihugu bimwe bikomeza kugingimira ku nyito yayo.

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cy’inyito ya jenoside gihera ubwo yariho ikorwa kuko muri UN batahise bemera ko ibiri kuba ari jenoside, avuga ko Nigeria, New Zealand na Czech Republic aribo bahagurutse bakavuga ukuri ku biri kuba. Ati: “Biratangaza kuba impaka nk’izo zikiriho nyuma y’imyaka 27, ni ibintu bitangaje cyane.”

Yanenze abantu cyangwa ibihugu bacumbikiye abaregwa ibyaha mu Rwanda, bikanga kubohereza mu Rwanda ngo bacirwe imanza bivuga ko bitizeye ubutabera bwaho nyamara ngo nabyo ntibibacire imanze mu nkiko zabyo.

Ngo n’iyo u Rwanda rugize abo rucira imanza “Iyo ubirebye uko izo manza zicibwa usanga bo badatinda (ibyo bihugu) ku cyatumye bajyanwa mu nkiko, ahubwo batinda ngo ese bageze hano gute?”

“Niba baranageze hano mu buryo budasanzwe ibyo si ikibazo, ibyo twabivugaho rwose tukumva uko bageze hano, ariko se ntidukwiye kureba cyane cyane igifite agaciro kurusha ibindi, aricyo kumenya impamvu bagejejwe imbere y’ubutabera?”

Perezida Kagame kandi yavuze ko Niba hari abibaza uko bamwe mu bahungabanyije umutekano w’u Rwanda bafashwe bagashyikirizwa ubutabera, ibyo byazasuzumwa ukwabyo kuko ikiruta ikindi ari ukubageza mu butabera, n’ubwo baba baraje mu bundi buryo.

Agira ati “Abanyarwanda baziko ko igihugu cyacu kidashobora kwemera ko ibikorwa nk’ibi by’iterabwoba bitazongera gukorerwa ku baturage bwacu, iyo umurongo uganisha ku bugizi bwa nabi urenze nabyo bigira umuti wabyo”

Umukuru w’Igihugu avuga ko benshi mu bagize ayo matsinda y’ubugizi bwa nabi batekereza ko bazagira agaciro mu mahanga ari uko bahungabanyije ubukungu bw’igihugu bakanica abaturage, ibyo bikaba bibabaje n’ubwo bisa n’aho uwo mugambi wabo bawugezeho.

Agira ati “Murabizi ko bamwe muri abo bantu bari hirya no hino baba bari ahantu bumva ko bafite amasomo menshi batwigisha ku bijyanye na demokarasi n’ubwisanzure n’ibindi byinshi bijyanye na Politiki n’uburenganzira bw’abaturage”.

Yavuze ko niba abahakana bakanapfobya jenoside yakorewe Abatutsi bitabatera isoni, natwe tudakwiriye kugira ubwoba bwo kubarwanya.

Perezida yasoje ijambo rye ryo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi ashimira abanyarwanda bakomeje gushyira imbere ubumwe n’ubwiyunge

Kurikira Ijambo ryose rya perezida Paul Kagame.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + fourteen =

Next Post

Amavubi Stars aracakirana na RCA kuri uyu wa Gatanu

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amavubi Stars aracakirana na RCA kuri uyu wa Gatanu

Amavubi Stars aracakirana na RCA kuri uyu wa Gatanu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.