Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niger yanenzwe kwirukana ba Banyarwanda 8, hafatwa icyemezo cyo kubasubiza muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Niger yanenzwe kwirukana ba Banyarwanda 8, hafatwa icyemezo cyo kubasubiza muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani (8) barimo abari bararangije ibihano ku cyaha cya Jenoside, bakoherezwa muri Niger ariko iki Gihugu kikaza kubirukana, bafatiwe icyemezo cyo gusubizwa i Arusha, gusa iki Gihugu cyanengewe gufata kiriya cyemezo kitabyumvikanyeho n’urwego rwari rwaboherejeyo.

Aba banyarwanda umunani, barimo abari bararangije ibihano bakatiwe n’urwahoze ari Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ndetse n’abo rwagize abere.

Bari boherejwe muri Niger ku bwumvikane bw’iki Gihugu n’Urwego rwasigariyeho kurangiza imanza z’uru rukiko.

Aba Banyarwanda ni; Protais Zigiranyirazo, Anatole Nsengiyumva, Innocent Sagahutu, Francois-Xavier Nzuwonemeye, Prosper Mugiraneza, Alphonse Nteziryayo, Andre Ntagerura na Tharcisse Muvunyi.

Barimo  babiri bari Abaminisitiri, abandi bari abasirikare bakuru, hamwe na muramu w’uwari perezida Juvénal Habyarimana.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021 mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro, leta ya Niger yemeye kwakira abo bagabo, gusa hashize igihe gito ihita isohora inyandiko ibategeka kuva ku butaka bwayo mu minsi irindwi “ku mpamvu za diplomasi”.

Mu Nteko y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano yabereye i New York, Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri UN, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ikeneye ibisobanuro ku iyoherezwa ry’aba Banyarwanda bari bajyanywe muri Niger bitamenyeshejwe Igihugu cyabo.

Umucamanza w’uru rwego, Joseph Chiondo Masanche yanenze Niger kuba yarafashe kiriya cyemezo cyo kubirukana itabanje kubyumvikanaho n’uru rwego kandi bari boherejweyo habanje kuba ubwumvikane

Umucamanza Chiondo Masanche yavuze ko Niger yari yakoze igikorwa kiza ariko ko ibyo yakoze ubu ari uguhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Icyemezo cy’umucamanza, kigira kiti “ku bw’ibyo ntegetse umukuru (w’urwo rwego) guhita afatanga ingingo zose za ngombwa agategura ibikwiye kugira ngo abo bantu bagarurwe ku ishami rya Arusha by’agateganyo kugeza boherejwe mu kindi gihugu.”

Guverinoma y’u Rwanda yo ntiyigeze inenga kuba bariya Banyarwanda baroherejwe muri Niger ahubwo yanenze uburyo byakozwe itabimenyeshejwe nk’Igihugu gikomokamo aba Banyarwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse kuvuga ko andi makuru yose ajyanye n’aba Banyarwanda yamenyeshwaga u Rwanda ariko ko iyoherezwa ryabo ritigeze rimenyekana.

Alain Mukuralinda yavuze ko aba Banyarwanda kimwe n’abandi bose bafite uburenganzira bwo kuba aho bashaka ndetse ko mu gihe baba banabishaka baza gutura mu Rwanda kuko ari Igihugu cyabo kandi ko amarembo yacyo afunguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 10 =

Previous Post

Indirimbo ivugira ingaragu: “Buri wese ansaba gukora ubukwe”-King James, “sinjye wanze kubyara”-Safi

Next Post

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n'ibitero bya FLN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.