Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nigeria: Uwabaye Perezida aratungwaho agatoki kuba nyirabayazana w’ikibazo gikomereye Igihugu cyanzamuriye umujinya abaturage

radiotv10by radiotv10
04/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nigeria: Uwabaye Perezida aratungwaho agatoki kuba nyirabayazana w’ikibazo gikomereye Igihugu cyanzamuriye umujinya abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe ubukungu bukomeje kuzamba muri Nigera, Minisiteri y’Imari iratunga agatoki Muhammadu Buhari wahoze ayobora iki Gihugu, kugira uruhare mu kukinjiza muri ibi bibazo, byatumye bamwe mu baturage birara mu mihanda basaba Leta kugira icyo ikora.

Minisiteri w’Imari yatangaje ko mbere y’umwaka wa 2023 ibintu byari bimeze neza, ariko mbere gato yo kugira ngo Muhammadu Buhari ave ku butegetsi Guverineoma ye yafunze Kompanyi 800 zakoreraga hirya no hino mu Gihugu.

Iyi Minisiteri ivuga ko uku gufunga ibi bigo by’ubucuruzi, byasize icyuho gikomeye mu bukungu bw’Igihugu, binatuma ibiciro bitumbagira cyane ubuzima burushaho guhenda.

Minisiteri y’Imari ya Nigeria itangaje ibi mu gihe abaturage bakomeje kwijujuta no kwigaragambiriza itumbagira ry’ibiciro, basaba Perezida Bola Tinubu ko yagira icyo akora kugira ibintu bisubire ku murongo.

Hirya no hino muri Nigeria, ibigo bimwe by’amashuri, amavuriro, abakozi ba Leta batandukanye ndetse n’ibitaro byafunze imiryango, ndetse abakoramo basaba Guverinoma kongeza imishahara kuko ayo bahembwa atakigira icyo abamarira kubera itumbagira ry’ibiciro ku masoko byikubye inshuro nyinshi.

Aba bakozi basaba kongezwa imishahara kubera izamuka ry’ibiciro ku masoko, batanga urugero rw’umufuka w’umuceri uri kugura ibihumbi 75 by’Ama-Naira akoreshwa muri Nigeria.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Uko intongo y’inyama itogosheje yishe umusore w’Umunyarwanda wari wayatse muri resitora

Next Post

Afurika y’Epfo: Hatangajwe umubare w’abahitanywe n’imyuzure yari ifite ubukana

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo: Hatangajwe umubare w’abahitanywe n’imyuzure yari ifite ubukana

Afurika y’Epfo: Hatangajwe umubare w’abahitanywe n’imyuzure yari ifite ubukana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.