Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nimfungurwa sinshobora kongera kuva mu Rwanda-Sankara yavuze byinshi n’uko yahuye na Kayumba

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nimfungurwa sinshobora kongera kuva mu Rwanda-Sankara yavuze byinshi n’uko yahuye na Kayumba
Share on FacebookShare on Twitter

*Ngo agihura na Kayumba yatunguwe n’uburyo yicisha bugufi
*Ati “Yansuhuje ampa urutugu nk’aho turi urungano…Ankorera icyayi…”

Nsabimana Callixte alias Sankara ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku bitero by’umutwe wa FLN-MRCD, yavuze uko yisanze muri iyi mitwe irwanya u Rwanda n’uburyo nta kintu kiza na kimwe yagiriye hanze y’u Rwanda ku buryo yumva yarazinutswe kongera kujya mu bihugu byo hanze.

Yabivuze mu kiganiro kirekire yagiranye n’Ikinyamakuru the Chronicles cyamusuye aho afungiye akakiganiriza ku mateka ye kuva mu bwana kugeza aho yisanze mu mitwe yari abereye umuvugizi.

Nsabimana Callixte Sankara warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, yagarutse ku mateka ye aho mu bavandimwe umunani bavukanaga, yarokokanye n’undi umwe.

Nsabimana Callixte wahamijwe ibyaha n’Urukiko Rukuru rukamukatira gufungwa imyaka 20 gusa akaba yarajuririye Urukiko rw’Ubujurire aho kuri uyu wa Mbere we na bagenzi be bari baje kuburana ariko urubanza rwabo rugakomwa mu nkokora n’ibura rya Rusesabagina Paul.

Uyu musore w’imyaka 40 y’amavuko, yahamijwe ibyaha bishingiye ku kuba yari umwe mu bayobozi b’imitwe ihungabanya u Rwanda ya FLN-MRCD ikorana na RNC yashinzwe na Kayumba Nyamwasa wahoze ari umusirikare ukomeye mu Rwanda.

Nsabimana avuga ko ava mu Rwanda yabanje kujya muri Kenya ku butumire bw’inshuti ze ndetse agahita yumva yakwigumirayo kuko yumvaga ataguma mu Rwanda kuko yakekaga ko hari abantu bari kumushakisha ngo bamwice.

Avuga ko muri Kenya ubuzima bwamugoye akaza kwimukira i Dar es Salaam muri Tanzania ariko hashize amezi atandatu na bwo bikanga agahita yerecyeza muri Madagascar ariko ko muri 2013 yaje kugaruka mu Rwanda.

Ati “Izo ngendo zose numvaga ko ndi kujya gushaka imibereho ariko igitangaje ni uko aho nageraga byarushagaho kuba bibi. Iyo utaragenda uba wibeshya ko ubuzima bumeze neza ahandi. Si ko biri, ni yo mpamvu igihe nzaba nsohotse muri Gereza ntatekereza kuzongera kuva mu Rwanda. Ubuzima bwanjye hanze y’iki Gihugu bwabaga bwuzuyemo biranteka. Ntibizongera kubaho ukundi.”

 

Uko yahuye na Kayumba Nyamwasa

Sankara avuga ko yaje kujya muri Africa y’Epfo ari kumwe n’inshuti ebyiri zombie zarokotse Jenoside aho bambukiye Dar es Sallam bakanyura ku mupaka wa Malawi na Tanzania ariko ko ajya kugenda yabanje guta Pasiporo ye y’Inyarwanda ngo kuko inshuti ye yamubwira ko kugenda adafite ibyangombwa ari byo byiza.

Byaje kurangira ageze muri Africa y’Epfo gusa ngo yumvaga afite ubushake bwo gukomeza amashuri ariko ko ubwo yahageraga batangie kujya bamubwira ibya RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse ko bari bakomeje gushaka abayoboke kugira ngo bazakureho ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Sankara avuga ko bamubwiraga ko Kayumba ashyigikiwe kandi acungiwe umutekano na Guverinoma ya Africa y’Epfo ndetse n’uwari Perezida wa Tanzania Jakaya Kikwette.

Avuga ko na we yahise yumva yifuje kumenyana na Kayumba kuko yumvaga ibyo bamubwira byose ari byiza kandi bishoboka.

Ngo umunsi wo guhura warageze, Nsabimana ajyanwa kuri Hoteli aho we na bagenzi be batatu bagombaga guhurira na Nyamwasa ubundi bagezeyo uko ari bane baricara.

Ati “Nyamwasa yari arindiwe umutekano nk’Umukuru w’Igihugu afite abarinzi bafite intwaro zikomeye. General Kayumba ni we muntu nabonye ugira amakenga mu bantu bose twahuye mu buzima. Ikintu cyantunguye nk’umuntu wari uhuye na we ni ukuntu ari umuntu wicisha bugufi. Yaranyegereye yishimye ubundi ansuhuza n’urutugu nk’umuntu ukiri muto usuhuza mugenzi we. Byaranshimishije cyane ukuntu nka General nka we ampaye agaciro.”

Sankara avuga ko icyo gihe Nyamwasa yariho yinywera inzoga ye Heineken bakaganira mu gihe cy’amasaha atatu.

Avuga ko ikindi cyamutunguye kuri Kayumba ari ukuntu yamuhaye icyayi ndetse akamushyiriramo n’isukari, akavuga ko ari ibintu atiyumvishaga ko byakorwa na General wigeze kuba umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda.

Sankara avuga ko Kayumba yatangiye kumubwira uburyo Guverinoma y’u Rwanda yanga abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi kuko itajya ibafasha ndetse ko Perezida Kagame adakunda Abatutsi.

Ngo yanamubwiye ko RPF ari yo yahanuye indege ya Habyarima Juvenal wari Perezida kandi ko atari ashyigikiye uwo mugambi. Ati “Ibyo yambwiraga byose byari bihabanye n’ibyo nari nsanzwe nzi ku Rwanda.”

Sankara akomeza avuga ko ibyo byahise bimuhindura akumva ko nk’umuntu wize amategeko azahabwa umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru cyangwa Minisitiri w’Ubutabera igihe bazaba bamaze kubohora u Rwanda mu gihe kitarenze amezi atandatu nk’uko babimubwiraga.

Avuga kandi ko Kayumba Nyamwasa yamubwiye ko afite abayoboke benshi mu Rwanda barimo n’abo mu nzego nkuru z’ubuyobozi no mu gisirikare kuva ubwo agahita amwemerera kujya muri RNC.

Src: The Chronicles

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + twelve =

Previous Post

Youssef wari umaze kwigarurira imitima y’Aba-Rayon yatashye na mugenzi we

Next Post

AS Kigali yahagaritse Haruna na Sugira kuko basibye imyitozo umwe ahita asaba imbabazi

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AS Kigali yahagaritse Haruna na Sugira kuko basibye imyitozo umwe ahita asaba imbabazi

AS Kigali yahagaritse Haruna na Sugira kuko basibye imyitozo umwe ahita asaba imbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.