Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nimfungurwa sinshobora kongera kuva mu Rwanda-Sankara yavuze byinshi n’uko yahuye na Kayumba

radiotv10by radiotv10
18/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nimfungurwa sinshobora kongera kuva mu Rwanda-Sankara yavuze byinshi n’uko yahuye na Kayumba
Share on FacebookShare on Twitter

*Ngo agihura na Kayumba yatunguwe n’uburyo yicisha bugufi
*Ati “Yansuhuje ampa urutugu nk’aho turi urungano…Ankorera icyayi…”

Nsabimana Callixte alias Sankara ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku bitero by’umutwe wa FLN-MRCD, yavuze uko yisanze muri iyi mitwe irwanya u Rwanda n’uburyo nta kintu kiza na kimwe yagiriye hanze y’u Rwanda ku buryo yumva yarazinutswe kongera kujya mu bihugu byo hanze.

Yabivuze mu kiganiro kirekire yagiranye n’Ikinyamakuru the Chronicles cyamusuye aho afungiye akakiganiriza ku mateka ye kuva mu bwana kugeza aho yisanze mu mitwe yari abereye umuvugizi.

Nsabimana Callixte Sankara warokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, yagarutse ku mateka ye aho mu bavandimwe umunani bavukanaga, yarokokanye n’undi umwe.

Nsabimana Callixte wahamijwe ibyaha n’Urukiko Rukuru rukamukatira gufungwa imyaka 20 gusa akaba yarajuririye Urukiko rw’Ubujurire aho kuri uyu wa Mbere we na bagenzi be bari baje kuburana ariko urubanza rwabo rugakomwa mu nkokora n’ibura rya Rusesabagina Paul.

Uyu musore w’imyaka 40 y’amavuko, yahamijwe ibyaha bishingiye ku kuba yari umwe mu bayobozi b’imitwe ihungabanya u Rwanda ya FLN-MRCD ikorana na RNC yashinzwe na Kayumba Nyamwasa wahoze ari umusirikare ukomeye mu Rwanda.

Nsabimana avuga ko ava mu Rwanda yabanje kujya muri Kenya ku butumire bw’inshuti ze ndetse agahita yumva yakwigumirayo kuko yumvaga ataguma mu Rwanda kuko yakekaga ko hari abantu bari kumushakisha ngo bamwice.

Avuga ko muri Kenya ubuzima bwamugoye akaza kwimukira i Dar es Salaam muri Tanzania ariko hashize amezi atandatu na bwo bikanga agahita yerecyeza muri Madagascar ariko ko muri 2013 yaje kugaruka mu Rwanda.

Ati “Izo ngendo zose numvaga ko ndi kujya gushaka imibereho ariko igitangaje ni uko aho nageraga byarushagaho kuba bibi. Iyo utaragenda uba wibeshya ko ubuzima bumeze neza ahandi. Si ko biri, ni yo mpamvu igihe nzaba nsohotse muri Gereza ntatekereza kuzongera kuva mu Rwanda. Ubuzima bwanjye hanze y’iki Gihugu bwabaga bwuzuyemo biranteka. Ntibizongera kubaho ukundi.”

 

Uko yahuye na Kayumba Nyamwasa

Sankara avuga ko yaje kujya muri Africa y’Epfo ari kumwe n’inshuti ebyiri zombie zarokotse Jenoside aho bambukiye Dar es Sallam bakanyura ku mupaka wa Malawi na Tanzania ariko ko ajya kugenda yabanje guta Pasiporo ye y’Inyarwanda ngo kuko inshuti ye yamubwira ko kugenda adafite ibyangombwa ari byo byiza.

Byaje kurangira ageze muri Africa y’Epfo gusa ngo yumvaga afite ubushake bwo gukomeza amashuri ariko ko ubwo yahageraga batangie kujya bamubwira ibya RNC ya Kayumba Nyamwasa ndetse ko bari bakomeje gushaka abayoboke kugira ngo bazakureho ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Sankara avuga ko bamubwiraga ko Kayumba ashyigikiwe kandi acungiwe umutekano na Guverinoma ya Africa y’Epfo ndetse n’uwari Perezida wa Tanzania Jakaya Kikwette.

Avuga ko na we yahise yumva yifuje kumenyana na Kayumba kuko yumvaga ibyo bamubwira byose ari byiza kandi bishoboka.

Ngo umunsi wo guhura warageze, Nsabimana ajyanwa kuri Hoteli aho we na bagenzi be batatu bagombaga guhurira na Nyamwasa ubundi bagezeyo uko ari bane baricara.

Ati “Nyamwasa yari arindiwe umutekano nk’Umukuru w’Igihugu afite abarinzi bafite intwaro zikomeye. General Kayumba ni we muntu nabonye ugira amakenga mu bantu bose twahuye mu buzima. Ikintu cyantunguye nk’umuntu wari uhuye na we ni ukuntu ari umuntu wicisha bugufi. Yaranyegereye yishimye ubundi ansuhuza n’urutugu nk’umuntu ukiri muto usuhuza mugenzi we. Byaranshimishije cyane ukuntu nka General nka we ampaye agaciro.”

Sankara avuga ko icyo gihe Nyamwasa yariho yinywera inzoga ye Heineken bakaganira mu gihe cy’amasaha atatu.

Avuga ko ikindi cyamutunguye kuri Kayumba ari ukuntu yamuhaye icyayi ndetse akamushyiriramo n’isukari, akavuga ko ari ibintu atiyumvishaga ko byakorwa na General wigeze kuba umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda.

Sankara avuga ko Kayumba yatangiye kumubwira uburyo Guverinoma y’u Rwanda yanga abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi kuko itajya ibafasha ndetse ko Perezida Kagame adakunda Abatutsi.

Ngo yanamubwiye ko RPF ari yo yahanuye indege ya Habyarima Juvenal wari Perezida kandi ko atari ashyigikiye uwo mugambi. Ati “Ibyo yambwiraga byose byari bihabanye n’ibyo nari nsanzwe nzi ku Rwanda.”

Sankara akomeza avuga ko ibyo byahise bimuhindura akumva ko nk’umuntu wize amategeko azahabwa umwanya w’Umushinjacyaha Mukuru cyangwa Minisitiri w’Ubutabera igihe bazaba bamaze kubohora u Rwanda mu gihe kitarenze amezi atandatu nk’uko babimubwiraga.

Avuga kandi ko Kayumba Nyamwasa yamubwiye ko afite abayoboke benshi mu Rwanda barimo n’abo mu nzego nkuru z’ubuyobozi no mu gisirikare kuva ubwo agahita amwemerera kujya muri RNC.

Src: The Chronicles

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Youssef wari umaze kwigarurira imitima y’Aba-Rayon yatashye na mugenzi we

Next Post

AS Kigali yahagaritse Haruna na Sugira kuko basibye imyitozo umwe ahita asaba imbabazi

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AS Kigali yahagaritse Haruna na Sugira kuko basibye imyitozo umwe ahita asaba imbabazi

AS Kigali yahagaritse Haruna na Sugira kuko basibye imyitozo umwe ahita asaba imbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.