Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze

radiotv10by radiotv10
14/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nkombo-Rusizi: Bagiye gufata imiti nk’uko bisanzwe bataha amaramasa ku mpamvu itarabanyuze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo ku Kirwa cya Nkombo cyo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, basanzwe bafata imiti y’indwara zitandura, bavuga ko bagiye kuyifata nk’uko bisanzwe, bakayibura bagatahira aho.

Bamwe mu baganirije RADIOTV10, bavuga ko ubwo bajyaga gufata imiti ntibayibonye, batanabwiwe igihe bazayibonera.

Cyuma Francine yagize ati “Nari mfite gahunda yo kujya gufata imiti y’umuvuduko w’amaraso, ariko twagezeyo batubwira ko nta miti ihari ngo Akarere ntabwo karayohereza.”

Aba baturage basanzwe bafata imiti mu buryo buhoraho, bavuga ko iyo batayibonye bibagiraho ingaruka ku buzima bwabo.

Munene Boniface ati “Iyo ntayinyoye ntabwo mbasha guhumeka neza, mpumeka neza iyo nanyoye imiti.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Nkombo, Ntakirutimana Francois Xavier yabwiye RADIOTV10 yavuze ko iyi miti itarabageraho kuko bayisabye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, mu gihe ku wa Mbere hari umunsi w’ikiruhuko, bigatuma itabonekera igihe.

Louis Ngabonziza ukuriye ubuvugizi n’imenyekanishabikorwa mu ihuriro ry’imiryango nyarwanda irwanya indwara zitandura (Rwanda NCD Alliance), avuga ko kudafata imiti y’izo ndwara ku gihe no kuyicikiza bigira ingaruka mbi ku murwayi.

Ati “Bituma indwara ikura nko ku muntu ufite umuvuduko w’amaraso, ashobora kubura imiti yasubira kwipimisha bagasanga indwara yarageze ku yindi ntera.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima RBC, igaragaza ko hagati ya 2015 na 2022 abafite ikibazo cy’umuvuduko w’amaraso biyongereyeho 5% kuko bavuye kuri 15% bagera kuri 20%.

Kuba serivisi zo gupima indwara zitandura zaregerejwe abaturage, ni imwe mu mpamvu zatumye hagaragara abarwayi benshi.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + five =

Previous Post

Umubare w’Abanyarwanda boza amenyo inshuro zitegetswe uratangaje

Next Post

Iby’umukinnyikazi wa Film ugezweho mu Rwanda watsindiye imodoka ntahite ayihabwa byinjiyemo inzego z’Ubugenzacyaha

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umukinnyikazi wa Film ugezweho mu Rwanda watsindiye imodoka ntahite ayihabwa byinjiyemo inzego z’Ubugenzacyaha

Iby’umukinnyikazi wa Film ugezweho mu Rwanda watsindiye imodoka ntahite ayihabwa byinjiyemo inzego z’Ubugenzacyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.