Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Nkunduwimye Emmanuel Alias Bomboko uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uburanira mu Bufaransa, we n’umunyamategeko we, bahakanye ibyaha aregwa, bavuga ko na we yahigwaga ndetse ko ari na byo byatumye yambara impuzankano ya gisirikare kugira ngo yisanishe n’abakoraga Jenoside.

Ibi byatangajwe n’uruhande ruregwa muri uru rubanza ruburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rwo mu Bubiligi, kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi, nyuma y’uko ku wa Kabiri hari humviswe Ubushinjacyaha.

Umunyamategeko wa Bomboko, Me Dimitri de BECO yatangiye yihanangiriza Ubushinjacyaha, ngo kudahamya umukiliya we ibyaha, avuga ko akiri umwere mu gihe cyose atarahamwa n’ibyaha.

Yavuze ko umukiliya we nta muntu yigeze yica muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse avuga ko abatangabuhamya bose banyuze mu Rukiko nta n’umwe wigeze agaragaza urwango yari afitiye Abatutsi rwari gutuma abica.

Ku bijyanye no kwambara impuzankano ya Gisirikare no kwitwaza intwaro byamugaragayeho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu munyamategeko yavuze ko bwari uburyo bwo kwisanisha n’abari bafite ijambo muri icyo gihe ngo aramire ubuzima bwe, ngo kuko na we yahigwaga ndetse byatumye afata umwanzuro wo guhungishiriza umuryango we wabaga mu Kiyovu mu igaraje rya AMGAR yari afitemo imigabane.

Yavuze ko iyo umukiliya we aza kugira umugambi wo kwica Abatutsi nta n’umwe yari guhungisha nyamara ngo hari benshi yarokoye ku buryo n’ubu hari abari mu myanya y’ubuyobozi mu Rwanda.

Me Dimitri yagarutse ku batangabuhamya, anenga bamwe yita inshuti z’umukiliya we zanamwirengagije zikirinda gutanga ubuhamya bumushinjura.

Yagarutse ku barimo muramu we watanze ubuhamya agahakana ko yamukoreraga, nyamara ngo bari bafitanye n’amasezerano. Ati “Ahubwo uru ni rurangira tuzamurega kuko dufite ibihamya.”

Yavuze ko kuba yaragendanaga n’interahamwe zikomeye zirimo Robert Kajuga, George Rutaganda na Zouzou ngo byaramufashaga kumva imigambi mibisha bafite akayiheraho amenya uburyo arokora Abatutsi bamwe yanajyanaga muri hoteli Mille Colline

Ashimanngira ko kuba mu batangabuhamya ntawamushinje ubwicanyi ahubwo hakiganzamo abavuga ko yabarokoye, ari igihamya ko nta cyaha yakoze.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Next Post

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

22/12/2025
UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.