Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Nkunduwimye Emmanuel Alias Bomboko uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uburanira mu Bufaransa, we n’umunyamategeko we, bahakanye ibyaha aregwa, bavuga ko na we yahigwaga ndetse ko ari na byo byatumye yambara impuzankano ya gisirikare kugira ngo yisanishe n’abakoraga Jenoside.

Ibi byatangajwe n’uruhande ruregwa muri uru rubanza ruburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rwo mu Bubiligi, kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi, nyuma y’uko ku wa Kabiri hari humviswe Ubushinjacyaha.

Umunyamategeko wa Bomboko, Me Dimitri de BECO yatangiye yihanangiriza Ubushinjacyaha, ngo kudahamya umukiliya we ibyaha, avuga ko akiri umwere mu gihe cyose atarahamwa n’ibyaha.

Yavuze ko umukiliya we nta muntu yigeze yica muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse avuga ko abatangabuhamya bose banyuze mu Rukiko nta n’umwe wigeze agaragaza urwango yari afitiye Abatutsi rwari gutuma abica.

Ku bijyanye no kwambara impuzankano ya Gisirikare no kwitwaza intwaro byamugaragayeho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu munyamategeko yavuze ko bwari uburyo bwo kwisanisha n’abari bafite ijambo muri icyo gihe ngo aramire ubuzima bwe, ngo kuko na we yahigwaga ndetse byatumye afata umwanzuro wo guhungishiriza umuryango we wabaga mu Kiyovu mu igaraje rya AMGAR yari afitemo imigabane.

Yavuze ko iyo umukiliya we aza kugira umugambi wo kwica Abatutsi nta n’umwe yari guhungisha nyamara ngo hari benshi yarokoye ku buryo n’ubu hari abari mu myanya y’ubuyobozi mu Rwanda.

Me Dimitri yagarutse ku batangabuhamya, anenga bamwe yita inshuti z’umukiliya we zanamwirengagije zikirinda gutanga ubuhamya bumushinjura.

Yagarutse ku barimo muramu we watanze ubuhamya agahakana ko yamukoreraga, nyamara ngo bari bafitanye n’amasezerano. Ati “Ahubwo uru ni rurangira tuzamurega kuko dufite ibihamya.”

Yavuze ko kuba yaragendanaga n’interahamwe zikomeye zirimo Robert Kajuga, George Rutaganda na Zouzou ngo byaramufashaga kumva imigambi mibisha bafite akayiheraho amenya uburyo arokora Abatutsi bamwe yanajyanaga muri hoteli Mille Colline

Ashimanngira ko kuba mu batangabuhamya ntawamushinje ubwicanyi ahubwo hakiganzamo abavuga ko yabarokoye, ari igihamya ko nta cyaha yakoze.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Next Post

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera
FOOTBALL

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.