Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside

radiotv10by radiotv10
30/05/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Nkunduwimye uburanira mu Bubiligi yisobanuye ku kuba yarambaraga gisirikare akanitwaza intwaro muri Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Nkunduwimye Emmanuel Alias Bomboko uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, uburanira mu Bufaransa, we n’umunyamategeko we, bahakanye ibyaha aregwa, bavuga ko na we yahigwaga ndetse ko ari na byo byatumye yambara impuzankano ya gisirikare kugira ngo yisanishe n’abakoraga Jenoside.

Ibi byatangajwe n’uruhande ruregwa muri uru rubanza ruburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rwo mu Bubiligi, kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi, nyuma y’uko ku wa Kabiri hari humviswe Ubushinjacyaha.

Umunyamategeko wa Bomboko, Me Dimitri de BECO yatangiye yihanangiriza Ubushinjacyaha, ngo kudahamya umukiliya we ibyaha, avuga ko akiri umwere mu gihe cyose atarahamwa n’ibyaha.

Yavuze ko umukiliya we nta muntu yigeze yica muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse avuga ko abatangabuhamya bose banyuze mu Rukiko nta n’umwe wigeze agaragaza urwango yari afitiye Abatutsi rwari gutuma abica.

Ku bijyanye no kwambara impuzankano ya Gisirikare no kwitwaza intwaro byamugaragayeho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, uyu munyamategeko yavuze ko bwari uburyo bwo kwisanisha n’abari bafite ijambo muri icyo gihe ngo aramire ubuzima bwe, ngo kuko na we yahigwaga ndetse byatumye afata umwanzuro wo guhungishiriza umuryango we wabaga mu Kiyovu mu igaraje rya AMGAR yari afitemo imigabane.

Yavuze ko iyo umukiliya we aza kugira umugambi wo kwica Abatutsi nta n’umwe yari guhungisha nyamara ngo hari benshi yarokoye ku buryo n’ubu hari abari mu myanya y’ubuyobozi mu Rwanda.

Me Dimitri yagarutse ku batangabuhamya, anenga bamwe yita inshuti z’umukiliya we zanamwirengagije zikirinda gutanga ubuhamya bumushinjura.

Yagarutse ku barimo muramu we watanze ubuhamya agahakana ko yamukoreraga, nyamara ngo bari bafitanye n’amasezerano. Ati “Ahubwo uru ni rurangira tuzamurega kuko dufite ibihamya.”

Yavuze ko kuba yaragendanaga n’interahamwe zikomeye zirimo Robert Kajuga, George Rutaganda na Zouzou ngo byaramufashaga kumva imigambi mibisha bafite akayiheraho amenya uburyo arokora Abatutsi bamwe yanajyanaga muri hoteli Mille Colline

Ashimanngira ko kuba mu batangabuhamya ntawamushinje ubwicanyi ahubwo hakiganzamo abavuga ko yabarokoye, ari igihamya ko nta cyaha yakoze.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 8 =

Previous Post

Abasirikare b’u Burundi bafashwe na M23 bahishuye uburyo bajyanwa muri Congo butari buzwi

Next Post

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Minisitiri Biruta yagaragaje icyo abifuza gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bibeshyaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.