Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nsengiyumva Thadée amaze amezi 9 arwariye mu rugo, yabuze ubushobozi bwo kwivuza n’ubwo afite mituweli

radiotv10by radiotv10
13/08/2021
in MU RWANDA
0
Nsengiyumva Thadée amaze amezi 9 arwariye mu rugo, yabuze ubushobozi bwo kwivuza n’ubwo afite mituweli
Share on FacebookShare on Twitter

Hari umuturage witwa Nsengiyumva Thadée wo mu karere ka Gasabo mu murenge wa Nduba mu kagari ka Gatunga, usaba ubufasha kuko amaze amezi icyenda yose arwaye indwara zirimo ibihaha, umutima na Prostate, ariko akaba yarabuze ubushobozi bwo kwivuza.

Nk’uko bigaragara mu muhambiro w’impapuro uyu mugabo ufite umugore umwe n’abana batatu yivurijeho, bigaragara ko yivuje henshi akagera no ku bitaro by’umujyi wa Kigali (CHUK), ariko ubushobozi bwe bukarangirira aho kuko n’ubusanzwe umuryango we utishoboye.

Nsengiyumva avuga ko n’ubwo afite ubwosungane mu kwivuza, yivuje akanagera muri CHUK ariko ubushobozi bwe bukagarukira aho kuko yasabwaga kwivuza yishyura 100%, bitewe n’uko ngo indwara arwaye zitavurizwa kuri mituele de Santé.

Ibi binashimangirwa n’umufasha we witwa Nyirahirwa Florence uvuga ko n’ubwo bafite ubwisungane bwo kwivuza, nyamara uburyo umugabo we arwaye bwatumye babwirwa ko Mituel de santé itamuvuza bityo basabwa kujya bigurira imiti hanze bandikirwaga na muganga.

“Umugabo wanjye yafashwe mu kwezi kwa cumi n’abiri kwo mu mwaka ushize, afatwa n’indwara tutazi abyimbagana umubiri wose, dutangira kujya kwa muganga ariko aho tugeze hose bakatubwira ko nta ndwara babona, nyuma baza kutubwira ko bamusuzumye bagasanga arwaye tifoyide.

Bamuteye inshinge ntibyagira icyo bitanga tubonye akomeje kuremba turazihagarika. Twarivuje ntaho tutageze na CHUK twarahageze, kandi uko twagendaga gutyo niko badusabaga kwigurira imiti hanze.” Florence

Image

Nsengiyumva Thadée amaze amezi acyenda arwaye indwara yaburiye ubushobozi bwo kwivuza

Akomeza avuga ko umugiraneza uyu mugabo yakoreraga akazi k’izamu yabahaye amafaranga ibihumbi mirongo inani(80.000 FRW) yo kumucisha mu cyuma, bagasuzuma umubiri wose n’uko basanga arwaye ibihaha n’umutima, hakiyongeraho indwara ya Porositate.

Uyu muryango ugaragaza ko utishoboye, ngo wabonye ubushobozi burangiye wisunga ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, ubuyobozi bw’akagari ka Gatunga buraza bujyana Thadée kwa muganga ariko nyuma bubabwira ko nta bushobozi buhari bwo kumuvuza buramugarura aryama mu rugo.

Asobanura ibi, Florence yunzemo ati ” Muri guma mu rugo nibwo nanjye nagiye gufata ibiryo nk’abandi, mbwira umukuru w’umudugudu uko mu rugo byatugendekeye ambwira ko azavugana n’akagari. Bwarakeye mbona ku kagari bohereje moto iraza imujyana kwa muganga i Nduba ariko uwamujyanye mbona arampamagaye ambwira ko basanze indwara arwaye zidafitiwe ubushobozi nuko ndamubwira nti mugarure aryame mu rugo nta kundi.”

Image

Nyirahirwa Florence umufasha wa Nsengiyumva Thadée avuga ko bagowe no kubona ubushobozi 

Umuryango wa Nsengiyumva ndetse n’abaturanyi be, baramutabariza basaba abagiraneza kumufasha akaba yabona ubuvuzi kuko kuba arembeye mu rugo birimo binagira ingaruka ku muryango wari ubayeho utunzwe n’uko yahagurutse agakora ariko ubu amezi akaba ageze mu icyenda, ibyanagize ingaruka ku bana bamwe banavuye mu ishuri.

Inkuru ya: Assoumani TWAHIRWA/Radio&TV10 Rwanda

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Dr. Patrice Motsepe uyobora CAF arakirwa i Dodoma muri Tanzania

Next Post

#2022FIFAWCQ: Uganda Cranes iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda izakorera umwiherero muri Jordania

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
#2022FIFAWCQ: Uganda Cranes iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda izakorera umwiherero muri Jordania

#2022FIFAWCQ: Uganda Cranes iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda izakorera umwiherero muri Jordania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.