Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nsengiyumva Thadée amaze amezi 9 arwariye mu rugo, yabuze ubushobozi bwo kwivuza n’ubwo afite mituweli

radiotv10by radiotv10
13/08/2021
in MU RWANDA
0
Nsengiyumva Thadée amaze amezi 9 arwariye mu rugo, yabuze ubushobozi bwo kwivuza n’ubwo afite mituweli
Share on FacebookShare on Twitter

Hari umuturage witwa Nsengiyumva Thadée wo mu karere ka Gasabo mu murenge wa Nduba mu kagari ka Gatunga, usaba ubufasha kuko amaze amezi icyenda yose arwaye indwara zirimo ibihaha, umutima na Prostate, ariko akaba yarabuze ubushobozi bwo kwivuza.

Nk’uko bigaragara mu muhambiro w’impapuro uyu mugabo ufite umugore umwe n’abana batatu yivurijeho, bigaragara ko yivuje henshi akagera no ku bitaro by’umujyi wa Kigali (CHUK), ariko ubushobozi bwe bukarangirira aho kuko n’ubusanzwe umuryango we utishoboye.

Nsengiyumva avuga ko n’ubwo afite ubwosungane mu kwivuza, yivuje akanagera muri CHUK ariko ubushobozi bwe bukagarukira aho kuko yasabwaga kwivuza yishyura 100%, bitewe n’uko ngo indwara arwaye zitavurizwa kuri mituele de Santé.

Ibi binashimangirwa n’umufasha we witwa Nyirahirwa Florence uvuga ko n’ubwo bafite ubwisungane bwo kwivuza, nyamara uburyo umugabo we arwaye bwatumye babwirwa ko Mituel de santé itamuvuza bityo basabwa kujya bigurira imiti hanze bandikirwaga na muganga.

“Umugabo wanjye yafashwe mu kwezi kwa cumi n’abiri kwo mu mwaka ushize, afatwa n’indwara tutazi abyimbagana umubiri wose, dutangira kujya kwa muganga ariko aho tugeze hose bakatubwira ko nta ndwara babona, nyuma baza kutubwira ko bamusuzumye bagasanga arwaye tifoyide.

Bamuteye inshinge ntibyagira icyo bitanga tubonye akomeje kuremba turazihagarika. Twarivuje ntaho tutageze na CHUK twarahageze, kandi uko twagendaga gutyo niko badusabaga kwigurira imiti hanze.” Florence

Image

Nsengiyumva Thadée amaze amezi acyenda arwaye indwara yaburiye ubushobozi bwo kwivuza

Akomeza avuga ko umugiraneza uyu mugabo yakoreraga akazi k’izamu yabahaye amafaranga ibihumbi mirongo inani(80.000 FRW) yo kumucisha mu cyuma, bagasuzuma umubiri wose n’uko basanga arwaye ibihaha n’umutima, hakiyongeraho indwara ya Porositate.

Uyu muryango ugaragaza ko utishoboye, ngo wabonye ubushobozi burangiye wisunga ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, ubuyobozi bw’akagari ka Gatunga buraza bujyana Thadée kwa muganga ariko nyuma bubabwira ko nta bushobozi buhari bwo kumuvuza buramugarura aryama mu rugo.

Asobanura ibi, Florence yunzemo ati ” Muri guma mu rugo nibwo nanjye nagiye gufata ibiryo nk’abandi, mbwira umukuru w’umudugudu uko mu rugo byatugendekeye ambwira ko azavugana n’akagari. Bwarakeye mbona ku kagari bohereje moto iraza imujyana kwa muganga i Nduba ariko uwamujyanye mbona arampamagaye ambwira ko basanze indwara arwaye zidafitiwe ubushobozi nuko ndamubwira nti mugarure aryame mu rugo nta kundi.”

Image

Nyirahirwa Florence umufasha wa Nsengiyumva Thadée avuga ko bagowe no kubona ubushobozi 

Umuryango wa Nsengiyumva ndetse n’abaturanyi be, baramutabariza basaba abagiraneza kumufasha akaba yabona ubuvuzi kuko kuba arembeye mu rugo birimo binagira ingaruka ku muryango wari ubayeho utunzwe n’uko yahagurutse agakora ariko ubu amezi akaba ageze mu icyenda, ibyanagize ingaruka ku bana bamwe banavuye mu ishuri.

Inkuru ya: Assoumani TWAHIRWA/Radio&TV10 Rwanda

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + eleven =

Previous Post

Dr. Patrice Motsepe uyobora CAF arakirwa i Dodoma muri Tanzania

Next Post

#2022FIFAWCQ: Uganda Cranes iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda izakorera umwiherero muri Jordania

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
#2022FIFAWCQ: Uganda Cranes iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda izakorera umwiherero muri Jordania

#2022FIFAWCQ: Uganda Cranes iri mu itsinda rimwe n’u Rwanda izakorera umwiherero muri Jordania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.