Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko

radiotv10by radiotv10
11/04/2025
in MU RWANDA
0
Nta muntu n’umwe azi bafitanye isano-Ubuhamya bw’uwatoraguwe muri Jenoside umaze imyaka 31 atazi inkomoko
Share on FacebookShare on Twitter

Uwanyirijuru Rosalinda umaze imyaka 31 atazi umuntu baba bafitanye isano kuko yatoraguwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aterwa agahinda no kuba atazi inkomoko ye, avuga ko nubwo imyaka ibaye myinshi yizeye igihe kizagera akabona uwo bafitanye isano.

Yatoraguwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ari uruhinja, aza kujyanwa mu kigo cy’impfubyi, nyuma agikurwano n’abamureze bamubwiye ko yatoraguwe mu Mujyi wa Kigali.

Avuga ko abamureze bamubwiye ko na bo batazi inkomoko ye, icyakora bakamubwira ko namara gukura yazabaririza kugira ngo arebe ko hari uwabona ko bafitanye isano.

Ati “Urumva yari anakuze [uwamureze] n’ubu arakuze, arambwira ati ‘uzagerageza ubaririze nuba mukuru ariko ubu icyo nakwifuriza ni uko wiga, utuze wige wite ku buzima bwawe kuko ntakindi nanjye nabikoraho’.”

Aho yabanje kurererwa mu kigo cy’Impfubyi cy’Umuryango Utabara Imbabare wa Croix Rouge ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali, yakigejejwemo afite amezi abiri, akivanwamo afite imyaka itatu ari bwo yajyaga kurererwa mu muryango.

Abara inkuru n’agahinda agera hagati agafatwa n’ikiniga cyo kuba amaze iyi myaka yose nta we yavuga ko bafitanye isano, uretse we gusa.

Ati “Kutagira iwanyu nyine, ahantu uvuga uti ‘aha ni iwacu, navukiye aha cyangwa…’ ku buryo ujya wumva abantu basubira mu masambu yabo bavuga bati ‘aha ni iwacu ndabizi ko hari aha Papa’ ari njye ntabwo navuga ngo nafata he se? ntaho.”

Mu buzima bwa muntu, anyuzamo akagira abo yiyambaza cyangwa anenga ko batagize icyo bamukorere, ariko kuri Uwanyirijuru we avuga ko nta n’umwe ujya aza muri uwo mwanya.

Ati “Nta bantu nakwita kubwira ngo mbashinje ngo ‘ntabwo wankoreye ibi, ntabwo wansuye ku ishuri, ntabwo wanyishyuriye ishuri iri n’iri, kuko igihe icyo ari cyo cyose yagusubiza ngo ‘ariko ntabwo uri uwanjye’ kandi yaba avuga ukuri.”

Nubwo iyi myaka 31 ishize nta kanunu k’inkomoko ye, afite icyizere ko uko byagenda kose hari abo bafitanye isano kuko “ntabwo bose bashize, hagomba kuba hari umuntu wasigaye, abe umwe cyangwa babiri ariko barahari.”

Agaragaza kimwe mu bimenyetso abantu bashobora guheraho bakeka ko bamuzi, agaragaza agasa nk’inkovu afite mu gahanga, kuko ngo n’ubundi yakajyanye ubwo yajyanwaga mu kigo cy’impfubyi cya Croix Rouge.

Uwanyirijuru Rosalinda wakuranye iyi ntimba, yemeza ko yiyubatse abikesha ubuyobozi bwiza butahwemye kuremamo icyizere abafite ibibazo nk’ibye, ubu akaba yibeshejeho, kandi ngo n’ahazaza he arahabona.

Ati “Nirwanyeho, narize ndarangiza, ndakora cyane nkareba ko izo sambu ntazi z’iwacu ntafite, igihe kimwe nzagira ibibanza, igihe kimwe nzubaka inzu, igihe kimwe nzagira umuryango.”

Inkuru ya Uwanyirijuru Rosalinda yumvikanamo ishavu n’agahinda asangiye na benshi mu Banyarwanda, ni bimwe mu bigaragaza ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi, yasize benshi badafite abo bahamagara ‘Mawe’ cyangwa ‘Dawe’, abandi ntibagire amahirwe yo kubona abavandimwe babo barimo n’abo batigeze baca iryera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

Nyuma yuko umuvangamiziki w’Umurundikazi Dj Ira asabye Perezida Ubwenegihugu bw’u Rwanda hatewe intambwe ibumuha

Next Post

Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Umuyobozi wo muri Centrafrique yavuze icyo abona cyafashije u Rwanda kuba inyenyeri nyuma ya Jenoside

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.