Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo amahoro yakwizana- Perezida Kagame yagaragaje ko Congo idakwiye kwigira ntibindeba mu bibazo byayo

radiotv10by radiotv10
12/08/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntabwo amahoro yakwizana- Perezida Kagame yagaragaje ko Congo idakwiye kwigira ntibindeba mu bibazo byayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko amahoro ari ingenzi mu karere nubwo hari aho akomeje kubura nko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yibutsa ko iki Gihugu ari cyo gifite mu biganza byacyo umuti w’ibibazo biriyo, aho gutegereza ko uzava ikantarange.

Perezida Paul Kagame yabigarutseho kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024 ubwo yarahiriraga kuyobora u Rwanda muri manda nshya, mu muhango witabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Bihugu binyuranye ku Mugabane wa Afurika.

Perezida Kagame washimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere, yavuze ko ibyo bagezeho mu myaka 30 ishize, byose babikesha ubumwe bubatse, ndetse n’amahoro n’umutekano byagiye biba umusingi wabyo.

Yavuze ko nubwo bimeze gutya ariko hakiri ibibazo mu karere kimwe no ku Isi hose, bigenda birogoya urugendo abaturage baba barimo rwo kwiteza imbere no gushaka imibereho myiza.

Ati “Amahoro mu karere kacu ni ingenzi ku Rwanda, ariko hari aho akibuze by’umwihariko mu burasirazuba bwa DRC, ariko kandi ntabwo amahoro yatangwa n’uwo ari we wese aho yaba aturuka hose, kabone nubwo yaba ari umunyembaraga gute igihe cyose ugirwaho ingaruka n’icyo kibazo, adakora ibyo agomba gukora.”

Yakomeje agira ati “Bitagenze uko, ubuhuza bwose bwahawe abayobozi bo mu karere, ntabwo bwagera ku musasuro bwakagombye kugeraho.”

Yahise aboneraho gushimira Perezida wa Angola, João Manuel Gonçalves Lourenço wahawe inshingano n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba z’ubuhuza, ndetse na Perezida wa Kenya, William Ruto, kimwe n’abandi bagize ibyo bakora kandi bakomeje gukora mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ariko nanone yagaragaje ko uruhande rukwiye kuza imbere mu kugira icyo rwakora ari urugirwaho ingaruka n’ibi bibazo ubwarwo ndetse ko ari rwo rufite mu biganza byarwo umuti w’ibibazo.

Ati “Amahoro ntabwo yakwizana, twese tugomba kugira uruhare rwacu, kandi tugakora ibintu bizima mu rwego rwo kugira ngo tugere ku mahoro arambye, ntabwo ibi bishobora kubaho nk’impuhwe z’uwo ari we wese, kuba hari uwakora ibikenewe, kuba umuntu yagira amahoro n’uburenganzira bwe, ntabwo byava mu mpuhwe z’undi. Tugomba kumva ko ari ibiharanirwa kandi ari ko ihame, ni yo mpamvu iyo bitagenze gutyo abantu bahaguruka bakabirwanira.”

Perezida Kagame yagaragaje ko Igihugu gifite ibibazo nk’ibi gikwiye gufata iya mbere mu kubishakira umuti, kuko bigira ingaruka ku banyagihugu bacyo, kandi kikubahiriza uburenganzira bwabo.

Ati “Rero ntabwo hashobora kubaho amahoro, igihe hatubahirijwe uburenganzira bwabo. Ntabwo wabyuka mu gitondo ngo ufate umwanzuro wo gutangira kwambura uburenganzira bw’ubwengegihugu bamwe ngo wumve ko uzabivamo amahoro.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko igihe kigeze, abantu bakareba kure bagateganyiriza ahazaza h’Ibihugu byabo, bakirinda ko abazabakomokaho bazakomeza kubaho mu bibazo nk’ibi biri mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 2 =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko rusange mu Rwanda

Next Post

Rayon imanuye undi rutahizamu imukuye mu Gihugu kizwiho ruhago wanakinnye i Burayi

Related Posts

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

IZIHERUKA

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga
IMIBEREHO MYIZA

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon imanuye undi rutahizamu imukuye mu Gihugu kizwiho ruhago wanakinnye i Burayi

Rayon imanuye undi rutahizamu imukuye mu Gihugu kizwiho ruhago wanakinnye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.