Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntabwo ndahinduka- Perezida Kagame yashimangiye ko icyatumye abaturage bamugirira icyizere kigihari

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntabwo ndahinduka- Perezida Kagame yashimangiye ko icyatumye abaturage bamugirira icyizere kigihari
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, yabwiye abaturage ko icyizere batahwemye kumugirira, na we akikibafitiye, kandi ko icyatumye bubaka iki cyizere cya magirirane, kigihari.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Kamena 2024, ku munsi wa kane w’ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Nyarugenge ahari hateraniye abaturage barenga ibihumbi 300 baturutse mu Turere tw’Umujyi wa Kigali n’utuwegereye nka Kamonyi.

Saa tanu na cumi n’ine (11:14’), Perezida Paul Kagame yari ageze ahari hateraniye abaturage ibihumbi n’ibihumbi bari baje kumwakira, bamugaragariza ibyishimo baramukanye ubwo bajyaga kumwitegura, abanza kubaramutsa, na bo bamugaragariza urugwiro rudasanzwe.

Habanje gutambuka ubuhamya bwa bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kigali, barimo abanyamakuru Isheja Sandine Butera na Nzeyimana Luqman; babaye muri aka Karere ka Nyarugenge, babonye urugendo rw’iterambere ryako.

Perezida Paul Kagame yashimiye imitwe ya Politiki yiyemeje gufatanya n’Umuryango FPR-Inkotanyi, avuga ko ubufatanye bwagiye buranga Abanyarwanda ari bwo butumye Igihugu cyabo kigera ku bishimishije kigezeho ubu.

Yagarutse ku rugero rw’Inyamaswa Intare, aho hari uwigeze kwifuza kugira indwanyi z’intare ziyobowe n’Intama.

Ati “Baragereranyaga, aravuga ngo aho kumpa ingabo z’intama ziyobowe n’intare, wampa intare ziyobowe n’intama. Murumva icyo bivuze? Ariko twe twarabirenze, FPR n’Abanyarwanda twagize Ingabo z’Intare ziyobowe n’Intare.”

Yavuze ko izo ngabo z’Intare ziyobowe n’Intare, ni na zo zijya ku rugamba. Ati “Kurwana nk’intare rero nta nubwo uba ukeneye cyane ukuyobora w’intama, kandi iyo uri intare ukagira ingabo z’intama, nta rugamba watsinda. Rero ibyo twabyumvise kare twebwe.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bose bumvise kare iri somo, kuko ari byo byabafashije kwikura mu kaga gakomeye k’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi yasize Igihugu ari umuyonga, none ubu kikaba ari intangarugero ku ruhando rw’Isi yose.

Muri iyi myaka 30 kandi uretse kurwana urugamba rwo kongera kubaka Igihugu, Abanyarwanda bagiye banahura n’ibindi bizazane birimo kuba amahanga yatereranye u Rwanda, yaragiye anaruterenira.

Ati “Ariko uzi gutereranwa warangiza ugateranirwaho n’amahanga? Ubundi ntabwo uru Rwanda rwari rukwiye kuba ruriho, bitewe n’uko rwatereranywe ariko binatewe n’uko rwateraniwe. Iteka induru igahora ari induru ku Rwanda, ariko Abanyarwanda buriya bumwe dusubiramo, kujya hamwe, ni imbaraga, kugira intego ni imbaraga, gukora ibyiza bikureba wumva ari byo ushaka, ni imbaraga.”

Chairman wa FPR-Inkotanyi ubwo yaramutsaga abaturage

Ntimwahindutse nanjye sinahindutse

Perezida Kagame yavuze ko nubwo ari Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi wifuza amajwi, ariko kuba yaje ntacyo abasaba, ahubwo afite ibyo abashimira.

Ati “Twarabanye, twanyuze muri byinshi hamwe, kugeza kuri uyu munsi. Icyizere rero kiri hagati yanyu na FPR n’abandi bafatanyije na yo bifuza ko iki Gihugu cyahora cyubaka amateka mashya y’igihe tugezemo y’ibyo twifuza, ibyo byose birivugira.”

Yavuze ko nubwo hari byinshi u Rwanda rwishimira rwagezeho, ariko hari n’urugendo rurerure rw’ibyo Abanyarwanda bifuza kugeraho mu bihe biri imbere.

Yavuze ko impamvu ibyiza bigerwaho bigaragara byihuse, ari uko u Rwanda rwavuye ahantu habi cyane. Ati “Bigaragara gutyo cyane guhera aho tuvuye, aho tuvuye ntabwo hari ahantu heza, ibyo byiza rero iyo bibonetse ahantu bitegeze, ntabwo bisa nk’aho ari ibyiza mu bindi byari bisanzwe. Inzira rero dusigaje mu byo twubaka, ni ukugera ku byiza bindi bisanga ibyiza dufite twari tumaze kugira akamenyero.”

Yavuze ko ubwo Abanyarwanda bazaba bagiye muri aya matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, bazazirikana ibi byose. Ati “Nkuko rero mutahindutse mukiri ba bandi, muri za ngabo z’intare, ntabwo ndahinduka nanjye.”

Yagarutse kandi ku ruhare rw’urubyiruko, arusaba na rwo gukomeza kugira uruhare mu nzira iganisha Abanyarwanda aho bifuza kugera, mu nzego zose z’ubuzima bw’Igihugu.

Perezida Kagame wakunze kwifashisha urugero rw’Intare, yavuze ko hari impamvu yakoresheje uru rugero rw’iyi nyamaswa isanzwe ari Umwami w’Ishyamba, avuga ko yashakaga no kongera kugaragaza agaciro abari n’abategarugori bafite mu Rwanda.

Ati “Ariko burya muzi ko mu ntare, intare y’ingore ari yo ihiga, ariko n’ubundi mu muco usanzwe hano n’uburyo dusanganywe, abagore ni bo bagira urugo. Urugo rugirwa na babiri, ariko kurugira mvuga, bakora byinshi mu rugo, urugo rutagira umugore rutarimo umugore muzima, runayumbayumba [rugira ibibazo].”

Nanone ariko abantu bose bagomba kuba magirirane kuko n’abagabo bagomba kugira imyitwarire myiza, ubundi bagafatanya mu rugendo rw’ibyo bifuza kugeza ku rugo rwabo.

 

Impinduka y’amateka

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame wagarutse ku mateka ashaririye Abanyarwanda banyuzemo, yavuze ko kuyahagarika bitari gushoboka iyo hatabaho Umuryango FPR.

Ati “Twagize Imana rero muri ya mpinduka y’amateka, tugiramo FPR. FPR ni yo. Twubakire ku byo tugezeho dukomeze ibindi, hanyuma ibindi bizajya biza bihite.”

Yavuze ko abenshi mu bavuga nabi u Rwanda batanaruzi, atanga urugero rw’uwigeze kumubaza ngo “ariko wowe uri iki?” Ngo “Uri Tutu cyangwa uri Hutsi.” Ati “Ntazi n’ibyo ari byo, ndamubwira nti ‘njyewe mu Rwanda ndi ibyo byose n’ibindi utavuze ndamubwira nti ‘ibyo byose’ bikubiye mu kuba Umunyarwanda, njye ndi Umunyarwanda.”

Umukuru w’u Rwanda yabajije abaturage niba tariki 15 Nyakanga, bari kumwe, basubiriza rimwe bati “Ni wowe ni wowe”, ati “Mwabintumiyemo rero, ntabwo muzabinsigamo, tuzaba turi kumwe, ntabwo muzantererana. Ni intare ziyobowe n’Intare.

Abanyamuryango ba FPR bishimiye kuganira n’Umukandida wabo
Perezida Kagame yabwiye abaturage ko icyizere bafitanye akikibizeyeho
Abo mu ngeri zose bari baje kuganira na Perezida Paul Kagame umukandida wa FPR

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − one =

Previous Post

Kenya: Inzego z’umutekano zafashe icyemezo nyuma yo kubona ko imyigaragambyo yakamejeje

Next Post

Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Icyo Perezida Kagame yasubije abifuza ko yazatorera muri Nyarugenge nubwo yahimutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.