Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntacibwa intege n’ibyo avugwaho n’abandi bagabo ahubwo abona bakwiye kumwigiraho

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntacibwa intege n’ibyo avugwaho n’abandi bagabo ahubwo abona bakwiye kumwigiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi avuga ko kuva umwana we yavuka ari we umwijyanira kumukingiza no kumuvuza kuko yasobanunikwe ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bikamutera no kudaha agaciro abagabo bagenzi be babimusekera.

Ntahomvukiye Felix, yaganiriye n’Umunyamakuru wa RADIOTV10 ubwo yamusangaga ku Kigo Nderabuzima cya Nyakabuye ahatangirwa inkingo z’abana.

Yari ari ku murongo ategereje ko umwana we akingirwa, ari we wenyine w’igitsinagabo wazanye gukingiza umwana, mu gihe abandi bose barenga 50 bari ababyeyi b’igitsinagore.

Mu mvugo yumvikanamo kuba atewe ishema no kuba ajya gukingiza umwana we, Ntahomvukiye avuga ko abikora kuko yamaze gucengerwa n’ihame ry’uburinganire ku buryo ibyo umugore yakora n’umugabo akwiye kubikora.

Ati “Abantu ni uburinganire. Hagati yanjye n’umugore tugomba kuba tureshya. Abanseka nyuma bagera aho bagasanga ibyo nkora ari byo.”

Bamwe mu bagore bahahurira n’uyu mugabo, bavuga ko kumubona yizanira umwana bibashimisha, ku buryo hari n’abifuza ko abagabo babo na bo bagira imyumvire nk’iye, kuko byajya bituma abana badasiba inkingo kuko ba nyina bagize impamvu zikomeye zituma batabazana.

Nyiransengiyumva Epiphanie ati “Hari abagabo bagenzi be bamwita inganzwa bakavuga ko bo batazana abana hano ngo kuko ari aba ba nyina. Hari abana bajya basiba inkingo kuko ba nyina batabonetse ugasanga ba Se baravuga ngo niba nyina atabonetse ibyo bimurebe.”

Rutayisire Fidele uyobora Umuryango utari uwa Leta uteza imbere ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bigizwemo uruhare n’abahabo n’abahungu (RWAMREC) asanga Ntahomvukiye ari urugero rwiza abandi bagabo bakwigiraho, kuko kwita ku mwana nk’uko abikora bituma umwana akura neza cyane cyane mu bwenge.

Agira ati “Abamuseka ni uko bakiri imbata z’imyumvire tuvoma mu muco. Imyumvire mibi ya ndi igabo ivuga ko imirimo yo kwita ku mwana ari imirimo y’umugore itareba umugabo. Iyo umubyeyi w’umupapa agize uruhare mu kwita ku mwana kugera nko ku myaka itanu, wa mwana akura neza n’iyo ajyiye ku ishuri atsinda neza.”

Rutayisire akomeza avuga ko abandi bagabo bakwiye kwigira kuri Ntahomvukiye bakajya bagira uruhare mu kwita ku bana babo nka we batabirekeye abagore gusa.

Avuga ko kuva umwana we yavuka ari we umwizanira kumukingiza
Iyo inzara imwishe amuha igikoma yamupfunyikiye
Abandi bose baba ari abagore, akaba ari we mugabo rukumbi uba ahari
Rutayisire Fidele asaba abandi bagabo kumwigiraho

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − twelve =

Previous Post

Umuvugizi wa RDF yahaye ikiganiro Abadepite baherutse kurahirira kwinjira mu Nteko y’u Rwanda

Next Post

Perimi za ‘Automatique’ zifujwe kuva cyera mu Rwanda zigiye gutangira gukorerwa

Related Posts

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru nziza ku cyifuzo cyakunze gutangwa ku bizamini bya ‘Permis’ mu Rwanda

Perimi za ‘Automatique’ zifujwe kuva cyera mu Rwanda zigiye gutangira gukorerwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.