Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdou Bekeni, yasabye abakunzi b’ikipe ya Rayon Sports igiye guhura n’ikipe ye, kutabyina intsinzi mbere y’umukino bumva ko bazaba bagiye i Rubavu gutoragurayo amanota, ati “bitonde ntibavuge cyane, batazatungurwa.”
Ikipe ya Rayon Sports izasura iya Etincelles FC ku Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026, mu mikino y’umunsi wa 23 wa Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Ikipe ya Etincelles igiye guhura na Rayon, iri ku mwanya wa 15, mu gihe iyi bakunze kwita Murera yo iri ku wa gatanu, ndetse imaze iminsi yitwara neza.
Ibi byatumye abakunzi ba Rayon bakomeza kwishima ko no kuri Etincelles bazayikuraho amanota atatu bitabagoye ubwo bazaba basuye iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu, mu mukino uzabera kuri Sitade Umganda.
Gusa umutoza Bekeni utoza Etincelles FC, yasabye iyi kipe kurya ari menge, kuko na bo ariya manota atatu bayashakira hasi kubura hejuru.
Abajijwe icyo yabwira abakunzi b’iyi kipe, Bekeni yagize ati “Nababwira nti ‘bitonde’ bitonde kabisa ntibavuge cyane. Burya ngo ‘ntabwo ugurisha uruhu rw’ingwe utarayica’ urabanza ukajyenda ukayica kwanza ukabona kujya kugurisha uruhu rwayo. Ntibaze bavuga ngo bagiye gutoragura amanota, batazatungurwa.”
Mu mikino y’umunsi wa 23 wa Shampiyona imaze gukinwa, ikipe ya Al Hilal SC iyoboye urutonde rw’agateganyo, ku wa 03 Werurwe yanyagiye ikipe ya Gicumbi FC, ibitego 5-0.
RADIOTV10










