• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika umusaruro wabo, ariko ubuyobozi bwa koperative yabo bukababwira ko na bwo bufite ikibazo cy’ingengo y’imari.

Aba baturage bavuga ko kutagira imbuga zihagije banikaho umusaruro wabo, bituma banika mu byatsi, no ku mashitingi ku buryo bituma wangirika bakagwa mu bihombo bihoraho.

Mushimankuyo Jeannette ati “Twabivuze kenshi ariko twabuze igisubizo, turaza tukabibwira Koperative bakavuga ngo budget (ingengo y’imari) ntabwo iraboneka, ariko hariya hantu twanikira haratibangamiye. Nko mu mvura urambura Shitingi umuceri ukamera kubera bwa bukonje bwo mu byatsi.”

Nyirahabineza na we yagize ati “Nk’ubu maze kugura Shitingi Eshatu ziribwa n’umuswa. Nk’ejobundi imifuka yose nari naguze yarariwe nongera ngura imifuka.”

Umuyobozi wa Koperative COOPRIKI-Cyunuzi, Harerimana Evariste yavuze ko ikibazo bakizi kandi ko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa bayo ndetse n’Akarere bumvikanye kongera izindi mbuga muri uyu mwaka w’ingengo y’Imari.

Ati “ziracyari nke kuko hari izo twagiye twubakirwa n’Akarere ka Kirehe kandi zaradufashije, ariko ubona ko zidahagije. Icyo twababwira ni uko Akarere ntabwo kadutereranye ubuvugizi twarabukoze batubwiye ko imbuga ziziyongera. Mu bihe by’imvura abahinzi tubagezaho amashitingi ariko mu buryo burambye tugomba kubona imbuga zipavomye zubatswe ku buryo bukomeye. Natwe hari abafatanyabikorwa bagana Koperative mu masezerano turimo tugirana hari abemera ko bashobora kuba badufasha kubaka yaba imbuga imwe iba uvuye mu mibare y’izo dukeneye.”

Igishanga cya Kibaya-Cyunuzi kifashishwa mu buhinzi bw’umuceri n’abaturage bo mu Karere ka Ngoma ndetse n’igice gito cy’Akarere ka Kirehe.

Bavuga ko hari igihe babona umusaruro ufatika ariko kubona ubwanikiro bikaba ihurizo
Ngo kwanika mu mashitingi birabahombya

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + six =

Previous Post

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Next Post

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.