Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze
Share on FacebookShare on Twitter

Abarema isoko ry’amatungo ryo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko babangamirwa no kuba riremera ahadakwiye nyamara hafi yaryo hari iryubakiye ridakoreshwa.

Iri soko riremera ahitwa mu Ruguti, bivugwa ko ryahimuriwe kubera icyorezo cya Covid-19 mu gihe ryahoze ahitwa Nyakabuye ryubakiye.

Kuba riremera ku gasozi hatubakiye, bituma agaciro k’amatungo yabo gatakara. Uwamariya Benitha ati “Iyo inkoko inyagiwe, ntabwo igaragara neza nyine, nta n’uyikugurira.”

Nubwo binubira gukorera ubucuruzi bw’amatungo ahantu hatubakiye, hirya gato y’aho riremera hashize umwaka huzuye isoko ry’amatungo ariko rikaba ridakoreshwa kuko ryagenewe ingurube gusa.

Nyiranzabahimana Apoline ati “Twumva bavuga ko barigeneye ingurube gusa. Nta rindi tungo ngo ryemerewe kandi ntibanarikoresha.”

Abajya kugurishiriza amatungo aha haremera isoko, bavuga ko banasabwe gufunga saa sita, bigatuma aborozi bazanamo amatungo bahendwa mu gihe iyo saha yegereje ngo kuko baba batari busubize amatungo mu ngo.

Mukakayibanda Esperence ati “Tuzana amatungo hano nk’inkoko, yaba ikwiye ibihumbi bitanu bakaguha bine kubera ko na bo bavuga ngo ntaho tuyigurishiriza mu mwanya amasaha yo gutaha araba ageze.”

Segatarama Theoneste ati “Nk’ubu tugiye kwitahira, abaza kuzishaka twagiye batubure kubera ko tugira isaha tuviramo hano ibyo bikatubangamira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamari avuga ko hari ibiganiro byabaye hagati y’ubuyobozi n’umufatanyabikorwa wubatse isoko bavuga ko rimaze umwaka rikinze ngo ribe ryajyamo n’andi matungo arenze ayo ryagenewe.

Ati “Isoko ryubatswe ryitwaga iry’ingurube gusa, ariko umufatanyabikorwa twaricaye dusanga ritari gutanga umusaruro nk’uko bigenda.”

Uyu muyobozi asaba aba baturage kwihangana, akabizeza ko Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bugiye gusuzuma kugira ngo n’andi matungo abe yagurishirizwa muri iri soko ritunganye.

Ati “Amakuru y’uko bataha saa sita ntabwo nyazi, ubwo cyo nagisuzuma sinari nzi ko hari amasaha batemerewe kurenza.”

Nubwo iri soko rivugwamo izi mbogamizi, ku rundi ruhande ryumvikana nk’irifatiye runini aborozi b’amatungo bagufi bo mu Mirenge itandatu yo muri Rusizi ndetse n’umwe wo muri Nyamasheke.

Aho bagurishiriza amatungo yabo, babona hadakwiye

Nyamara hafi yaho hari isoko rimaze umwaka ridakoreshwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + four =

Previous Post

Ubucamanza 2023-2024: Abagera muri 78% bakurikiranyweho ibyaha ni urubyiruko

Next Post

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.