Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze
Share on FacebookShare on Twitter

Abarema isoko ry’amatungo ryo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko babangamirwa no kuba riremera ahadakwiye nyamara hafi yaryo hari iryubakiye ridakoreshwa.

Iri soko riremera ahitwa mu Ruguti, bivugwa ko ryahimuriwe kubera icyorezo cya Covid-19 mu gihe ryahoze ahitwa Nyakabuye ryubakiye.

Kuba riremera ku gasozi hatubakiye, bituma agaciro k’amatungo yabo gatakara. Uwamariya Benitha ati “Iyo inkoko inyagiwe, ntabwo igaragara neza nyine, nta n’uyikugurira.”

Nubwo binubira gukorera ubucuruzi bw’amatungo ahantu hatubakiye, hirya gato y’aho riremera hashize umwaka huzuye isoko ry’amatungo ariko rikaba ridakoreshwa kuko ryagenewe ingurube gusa.

Nyiranzabahimana Apoline ati “Twumva bavuga ko barigeneye ingurube gusa. Nta rindi tungo ngo ryemerewe kandi ntibanarikoresha.”

Abajya kugurishiriza amatungo aha haremera isoko, bavuga ko banasabwe gufunga saa sita, bigatuma aborozi bazanamo amatungo bahendwa mu gihe iyo saha yegereje ngo kuko baba batari busubize amatungo mu ngo.

Mukakayibanda Esperence ati “Tuzana amatungo hano nk’inkoko, yaba ikwiye ibihumbi bitanu bakaguha bine kubera ko na bo bavuga ngo ntaho tuyigurishiriza mu mwanya amasaha yo gutaha araba ageze.”

Segatarama Theoneste ati “Nk’ubu tugiye kwitahira, abaza kuzishaka twagiye batubure kubera ko tugira isaha tuviramo hano ibyo bikatubangamira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamari avuga ko hari ibiganiro byabaye hagati y’ubuyobozi n’umufatanyabikorwa wubatse isoko bavuga ko rimaze umwaka rikinze ngo ribe ryajyamo n’andi matungo arenze ayo ryagenewe.

Ati “Isoko ryubatswe ryitwaga iry’ingurube gusa, ariko umufatanyabikorwa twaricaye dusanga ritari gutanga umusaruro nk’uko bigenda.”

Uyu muyobozi asaba aba baturage kwihangana, akabizeza ko Ubuyobozi bw’Inzego z’Ibanze bugiye gusuzuma kugira ngo n’andi matungo abe yagurishirizwa muri iri soko ritunganye.

Ati “Amakuru y’uko bataha saa sita ntabwo nyazi, ubwo cyo nagisuzuma sinari nzi ko hari amasaha batemerewe kurenza.”

Nubwo iri soko rivugwamo izi mbogamizi, ku rundi ruhande ryumvikana nk’irifatiye runini aborozi b’amatungo bagufi bo mu Mirenge itandatu yo muri Rusizi ndetse n’umwe wo muri Nyamasheke.

Aho bagurishiriza amatungo yabo, babona hadakwiye

Nyamara hafi yaho hari isoko rimaze umwaka ridakoreshwa

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Ubucamanza 2023-2024: Abagera muri 78% bakurikiranyweho ibyaha ni urubyiruko

Next Post

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Rubavu: Harumvikana imvugo zibusanye kuri Gitifu uvugwaho gukoresha nabi ububasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.