Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubucamanza 2023-2024: Abagera muri 78% bakurikiranyweho ibyaha ni urubyiruko

radiotv10by radiotv10
03/09/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hatangajwe umubare w’abafatiwe mu mukwabu w’abakekwaho ubujura butakwa na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bugaragaza ko 78% by’abakurikiranyweho ibyaha mu mwaka w’Ubucamaza ushize, ari urubyiruko, bugasaba ko iki cyiciro cyakwitabwaho kugira ngo imbaraga zacyo zive mu byaha zijye gukorera Igihugu.

Byagaragaye mu gikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025; aho abahuriye mu runana rw’Ubutabera bagaragaje ishusho rusange y’umwaka w’ubucamanza wa 2023-2024.

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwavuze ko amadosiye bwakira buri mwaka yiyongera. Mu mwaka ushize yageze ku 90 493, nyamara mu mwaka wa 2017-2018 yari 43 226. Bivuze ko mu myaka itanu ishize amadosiye yingereye ku rugero rwa 47,7%.

Ubushinjacyaha bukomeza bugaragaza ko mu madosiye 90 493 bakiriye mu mwaka ushize; bakoze ibihumbi 90 079 banayafataho umwanzuro. Muri aya madoyise yakozwe; ayaregewe Inkiko ni 46 018 yaregwagamo abantu 61 610.

Ubushinjacyaha bukuru bugaragaza ko ibyaha by’ubujura, gukubita no gukomeretsa; ari byo byiganje mu byo bakiriye mu mwaka ushize, byihariye urugero rwa 57%.

Uru rwego kandi rugaragaza ko 78% by’abaregwaga muri ibyo byaha bari munsi y’imyaka 40 y’amavuko.

Umushinjacyaha Mukuru, Habyarimana Angelique yasabye ko iki cyiciro cyitabwaho mu buryo bwihariye. Ati “Ni imyaka myiza yo gukorera Igihugu. Mu ngamba zitandukanye kandi zigomba kunozwa n’izego zose zibishinzwe; harebwa uburyo uru rubyiruko rwakwitabwaho, maze ijanisha ry’abakora ibyaha rikagabanuka.”

Naho ku ngingo yo gutsinda imanza Ubushinjacyaha buregera inkiko; bagaragaza ko mu mwaka ushize bazitsinze ku rugero rwa 93% bivuye kuri 91%.

Nubwo bifatwa nk’intabwe yatewe mu mwaka ushize; Ubushinjacyaha bugaragaza ko imanza ku byaha byo gusambanya abana; guhoza ku nkeke no gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato zo bazitsinze ku rugero rwa 77.2%.

Angelique Habyarimana ati “Mu Gihugu kiyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika [Paul Kagame] uturangaje imbere; Igihugu kandi cyimakaje ihame ry’uburinganire aho umugore yahawe ijambo ndetse n’ubuyobozi; nanjye ndi Umushinjacyaha Mukuru wa mbere w’umutegarugori, tuzabihashya tutajenjetse.”

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel yemeye ko azagira uruhare muri iki gikorwa. Ati “Turizera ko uzazuzuza, kandi tuzafatanya nawe kugira ngo ugere ku nshingano wagiriwe icyizere.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Ntezilyayo Faustin avuga ko mu rwego rw’Ubucamanza hagikenewe ubufatanye bw’inzego kugira ngo abaturage bahabwe seirvisi inoze.

Ati “Ibi ntabwo bishobora kugerwaho hatabaye ubufatanye busesuye hagati y’inzego ziri mu runana rw’ubutabera. Nsaba ko ubwo bufatanye bwarushaho kwiyongera cyane cyane mu miburanishirize y’imanza ziregwamo Leta n’imanza nshinjacyaha, nk’uko raporo zibyerekana ni zo manza ziganje mu nkiko zacu.”

Izi nzego zose ziyemeje kubakira aho ubutabera bw’u rwanda bugeze; cyane ko imibare y’umuryango mpuzamahanga ukora ibyegeranyo ku butabera (World Justice Project) yo muri 2023; igaragaza ko u rwanda ari urwa mbere muri Afurika mu kugendera ku mategeko, rukaza ku mwanya wa 41 ku Isi yose.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo
Minisitiri w’Ubutabera, Dr Ugirashebuja

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Mbarushimana says:
    10 months ago

    Nuko batareba neza abeshi ninzirakarengane
    Bivuze iki c gukatira mayor wanyereje umutungo wa reta 2 yrs warangiza ugakatira umwana wafatanwe 1,5 L za kanyanga 7 yrs aho kugirango yigishwe

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fourteen =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku rujijo rwari ruhari ku mikoreshere y’inote nshya n’igihe zizatangira gukoreshwa

Next Post

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

Ntibumva impamvu bahawe kugurishiriza amatungo aho babona nko kwihengeka nyamara hari isoko rifunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.