Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na DRC, itari igamije kwinginga abafatiye u Rwanda ibihano ngo babikureho, ahubwo ko byavuye mu bushake bwarwo nk’uko rwamye rwifuza amahoro mu karere.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025 ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite ubwo hemezwaga amasezerano Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo i Washington DC.

Amb. Nduhungirehe yavuze ko kuva na cyera u Rwanda rwamye rwifuza ko mu karere ruherereyemo haboneka amahoro ndetse ko rwakunze kubigaragaza rusaba amahanga gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC binototera umutekano warwo.

Naho abakeka ko u Rwanda rwemeye gushyira umukono kuri ariya masezerano kubera igitutu cy’ibihano rwagiye rufatirwa na bimwe mu Bihugu birushinja ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23, Amb. Nduhungirehe avuga ko bibeshya.

Ati “Aya masezerano ntabwo agamije kubinginga rwose, bazakore ibyo bifuza. Twebwe twasinye amasezerano kubera ko twifuza amahoro mu karere, ntabwo twasinye amasezerano kugira ngo Ibihugu by’i Burayi bituvanireho ibihano.”

Si ubwa mbere u Rwanda rufatiwe ibihano nk’ibi ariko rukabasha guhangana n’ingaruka zabyo, kuko igihe cyose iki Gihugu cyagiye kisanga mu bibazo byo kwishakamo ibisubizo, cyabyitwayemo neza ahubwo kikarushaho kwibonamo ubushobozi bw’ibyo cyabaga cyakomweho.

Nduhungirehe avuga ko no kuri iyi nshuro ari ko byagenze. Ati “Ahubwo ngira ngo aya mezi tumaze yaduhaye n’isomo, azatuma koko u Rwanda rwigira rukamenya kubaho abo baterankunga badakoresha iyo nkunga baduha nka blackmail [iterabwoba] kuko niba amafaranga yose baduha, mu mishinga tuyakoresha icyo yagenewe ku buryo kuyazana kuyakoresha mu bibazo bya politiki bafata uruhande ni ibintu tutishimiye kandi nta n’ubwo n’ubungubu tubiginga ngo ibihano babikureho, bakora ibyo bifuza kubera ko ni bo bafashe icyo cyemezo.”

Perezida Paul Kagame na we aherutse kugaruka kuri ibi bihano byagiye bifatirwa u Rwanda, aho bimwe mu Bihugu byaruhagarikiye inkunga, avuga ko iki Gihugu kiri mu Bihugu bikoresha neza inkunga kuko kiyikoresha ibyo cyayiherewe, kandi ko kinazikeneye, ariko ko kidakeneye izizana n’amananiza aziherekeje.

Mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique muri Gashyantare uyu mwaka, Perezida Kagame kandi yavuze ko abitwaza ingamba u Rwanda rwashyizeho zo kwirinda bakarufatira ibihano, bazakomeza kubirufatira kuko rudashobora kugurana inkunga umutekano w’Abaturarwanda.

Icyo gihe yagize ati “Hagati yo guhangana n’ibibazo bihungabanya umutekano ndetse n’imbogamizi zo gufatira ibihano u Rwanda ku mpamvu runaka, ntakuzuyaza, njye nakwerecyeza intwaro zanjye ku bibazo bihungabanya umutekano, ibyo bindi rwose nkabifata nk’ibidahari.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + thirteen =

Previous Post

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Next Post

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.