• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe

radiotv10by radiotv10
11/09/2025
in MU RWANDA
0
Nyabihu: Imyaka ibaye itatu basiragira ku ngurane bari bemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bagera mu ijana bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bamaze imyaka ikabakaba itatu basaba kwishyurwa ingurane z’ibyabo byangiritse ubwo hakorwaga umuyoboro mugari w’amashanyarazi.

Aba baturage, bavuga ko ikorwa ry’umuyoboro w’amashanyarazi ryangije imitungo yabo, ryabayeho muri 2023, aho bavuga ko imitungo yabo yangiritse, irimo imyaka bari barahinze.

Ndayambaje Augustin agira ati “batwangiriza imyaka irimo ibishyimbo, batwangiriza ishyamaba kandi nahakuraga ibitunga umuryango wanjye, none inzara irenda kutwica.”

Uyu muturage uvuga ko yari yabariwe ingurane y’imitungo ye yangiritse, akomeza agira ati “none buri munsi nirirwa kuri REG bakambwira gutegereza kugeza n’ubu ntakirakorwa.”

Akomeza agira ati “Ubu aho twafashe amadeni ni ukwirirwa dukwepana na bo kubera ko twabijeje kubishyura barategereza baraheba.”

Ndarigendana Jean Baptiste na we avuga ko kuba baramwangirije imyaka ntahabwe ingurane y’ibye byangijwe byamugizeho ingaruka, agasaba ko yakwishyurwa akaba yakwikenura muri ayo mafaranga kuko ubukene bumwugarije ndetse n’aho yafashe amadeni birirwa bamwishyuza.

Yagize ati “Reba ibiti byanjye barabitemye ntakintu nkikuraho kuko n’iyo bishibutse bahita babitemaho. Byaduteye inzara iwanjye, kwishyura ubwisungane mu kwivuza ni ikibazo, abana amashuri aratangiye nta bikoresho.”

Umuyobozi wa Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu, REG Ishami rya Nyabihu, Mutsindashyaka Martin yabwiye RADIOTV10 ko hari abamaze kwishyurwa, akizeza ko abandi na bo bazagerwaho.

Ati “Urumva hari abamaze kwishyurwa, abandi na bo biri mu nzira kuko byamaze koherezwa i Kigali bityo rero nibategereze bazishyurwa.”

Abaturage bavuga ko bamaze imyaka ikabakaba itatu bishyuza ingurane z’ibyabo byangijwe n’ikorwa ry’ umuyoboro mugari muri aka Karere ka Nyabihu, nyamara itegeko ry’ingurane riteganya ko uwangirijwe, agomba kwishyurwa mu minsi 120 bitaba ibyo akishyurwa hiyongereyeho inyungu ya 5%.

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + seventeen =

Previous Post

Religion vs. Reality: Why young Rwandans are questioning the church more than ever

Next Post

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Ibivugwa nyuma y’iyicwa rya Charlie Kirk inkoramutima ya Trump warasiwe mu ruhame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.