Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyagatare: Uko Polisi yaguye gitumo uwahishaga mu gihugu ibyinjiye mu Gihugu binyuranyije n’amategeko

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in MU RWANDA
0
Nyagatare: Uko Polisi yaguye gitumo uwahishaga mu gihugu ibyinjiye mu Gihugu binyuranyije n’amategeko
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare, yafashe umumotari wari utwaye amabalo abiri y’imyenda ya Caguwa yinjijwe mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma y’uko Abapolisi bari bahawe amakuru basanze ari guhisha iyi myenda mu gihuru.

Uyu mugabo w’imyaka 30 yafatiwe mu Mudugudu wa Rutoma mu Kagari ka Ndego mu Murenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare, mu ijoro ryo ku ya 13 Gicurasi 2024, ahagana saa yine.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko uyu mumotari yafashwe nyuma y’uko abaturage bamutanzeho amakuru.

Yagize ati “Mu gihe cya saa yine z’ijoro nibwo abaturage bahaye amakuru Polisi ko hari moto ipakiye imyenda bicyekwa ko ari magendu, abapolisi niko guhita berekeza muri izo nzira bamufatira mu kagari ka Ndego agerageza guhisha iyo myenda mu gihuru cyari hafi aho.”

Uyu mugabo akimara gufatwa yavuze ko iyo myenda yari ayishyiriye umugore usanzwe uyicuruza utuye muri uwo Murenge wa Mukama, akaba ari we wamuyoboraga inzira anyuramo kandi ngo akaba atari ubwa mbere yari amutwaje.

Uwafashwe n’ibyo yafatanywe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), kugira ngo iperereza rikomeze mu gihe hagishakishwa abatorotse ngo nabo bafatwe.

Kuri uwo munsi kandi mu gitondo andi mabalo atatu yari yafatiwe mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Nyange mu Murenge wa Bugarama wo mu Karere ka Rusizi.

Aya mabalo yafashwe nyuma y’uko abari bayikoreye bayatuye hasi bakiruka, ubwo bari babonye abashinzwe umutekano.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko ry’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara, ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nineteen =

Previous Post

Hatangajwe amakuru ku Banyarwanda bose bashakishwaga n’Urwego mpuzamahanga bakekwagaho Jenoside n’ay’abari basigaye

Next Post

Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Handball: U Rwanda rwatsinze u Burundi mu irushanwa ribera muri Ethiopia rugana ahashimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.