Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyama ni Nyama: Ibifatwa nk’umwanda ku nkoko bikanajugunywa bo babivumbuyemo akaboga karyoshye

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyama ni Nyama: Ibifatwa nk’umwanda ku nkoko bikanajugunywa bo babivumbuyemo akaboga karyoshye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko ibice by’inkoko zabazwe bikajugunywa nk’amajanja, ibyo mu nda n’imitwe, kuri bo ari inyama ziryoshye barisha umutsima, nyuma yo kuvumvura ko bishobora kuribwa.

Ni abaturage biganjemo mu Mudugudu wa Tuwonane mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe, babwiye RADIOTV10 ko bajya gutoragure ibice by’inkoko byirengagizwa, bakabitunganya bikavamo ifunguro.

Imvugo igira iti “nyama ni nyama’’ ni yo igaruka cyane mu gusobanura impamvu barya amajanja, ibyo mu nda n’imitwe y’inkoko, ubusanzwe bitamenyereweho kuribwa.

Kugira ngo babibone bibasaba kujya ku mahoteri atandukanye n’ahabagirwa inkoko bakabivana aho biba byajugunywe ubundi bakabitunganya binyuze mu kubibabura ku muriro no kubyoza.

Nyiramana Olive ati “Ibi bayita iminondori. Ubabura imitwe ukayoza ugatsina n’ubura bwazo ubundi ugacanira.”

Nduwayo Alexandre na we ati “Turabitoragura nyine hari ahantu babishyira muri za mondisi umuntu yava mu kazi akabitambukana, ndatwoza mu mazi inshuro eshatu nyine nterere mu mazi abana batamize agatsima.”

Aba baturage bavuga ko isosi ya bene aka kaboga kadasanzwe, iba inurira bamwe bagashimangira ko irinda abana imirire mibi.

Habumugisha Alphonse ati “Nyama ni nyama. Nta nyama yo gupfa ubusa, isosi yazo irya ubugari da. Nta nubwo wagura injanga wayibonye, iba iryoshye bya hatali.”

Mukandayisenga Beatrice ati “Twebwe iyo tuyigaburiye abana bacu ibagwa neza, ni yo mpamvu abana bacu batajya bagwingira ugasanga ahubwo ab’abakire nibo bari kujya bagwa mu mirire mibi.”

Simbarikure Gaspard ushizwe ubugenzuzi bw’isuku, ubuziranenge n’akato mu kigo RICA gifite mu nshingano kugenzura ubuziranenge, avuga ko amajanja y’inkoko ari mu bice bitagenewe kuribwa.

Ati “Niba babivana muri mondisi birumvikana ko bishobora kubagiraho ingaruka kuko iyo ni imyanda baba batoraguye. Iyo urebye umurongo watanzwe n’umuryango mpuzamahanga ureba iby’ubuzima bw’amatungo, amajanja ntabwo afatwa nk’inyama.”

INKURU MU MASHUSHO

Jeand de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

Next Post

Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere
FOOTBALL

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.