Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyama ni Nyama: Ibifatwa nk’umwanda ku nkoko bikanajugunywa bo babivumbuyemo akaboga karyoshye

radiotv10by radiotv10
08/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyama ni Nyama: Ibifatwa nk’umwanda ku nkoko bikanajugunywa bo babivumbuyemo akaboga karyoshye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko ibice by’inkoko zabazwe bikajugunywa nk’amajanja, ibyo mu nda n’imitwe, kuri bo ari inyama ziryoshye barisha umutsima, nyuma yo kuvumvura ko bishobora kuribwa.

Ni abaturage biganjemo mu Mudugudu wa Tuwonane mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe, babwiye RADIOTV10 ko bajya gutoragure ibice by’inkoko byirengagizwa, bakabitunganya bikavamo ifunguro.

Imvugo igira iti “nyama ni nyama’’ ni yo igaruka cyane mu gusobanura impamvu barya amajanja, ibyo mu nda n’imitwe y’inkoko, ubusanzwe bitamenyereweho kuribwa.

Kugira ngo babibone bibasaba kujya ku mahoteri atandukanye n’ahabagirwa inkoko bakabivana aho biba byajugunywe ubundi bakabitunganya binyuze mu kubibabura ku muriro no kubyoza.

Nyiramana Olive ati “Ibi bayita iminondori. Ubabura imitwe ukayoza ugatsina n’ubura bwazo ubundi ugacanira.”

Nduwayo Alexandre na we ati “Turabitoragura nyine hari ahantu babishyira muri za mondisi umuntu yava mu kazi akabitambukana, ndatwoza mu mazi inshuro eshatu nyine nterere mu mazi abana batamize agatsima.”

Aba baturage bavuga ko isosi ya bene aka kaboga kadasanzwe, iba inurira bamwe bagashimangira ko irinda abana imirire mibi.

Habumugisha Alphonse ati “Nyama ni nyama. Nta nyama yo gupfa ubusa, isosi yazo irya ubugari da. Nta nubwo wagura injanga wayibonye, iba iryoshye bya hatali.”

Mukandayisenga Beatrice ati “Twebwe iyo tuyigaburiye abana bacu ibagwa neza, ni yo mpamvu abana bacu batajya bagwingira ugasanga ahubwo ab’abakire nibo bari kujya bagwa mu mirire mibi.”

Simbarikure Gaspard ushizwe ubugenzuzi bw’isuku, ubuziranenge n’akato mu kigo RICA gifite mu nshingano kugenzura ubuziranenge, avuga ko amajanja y’inkoko ari mu bice bitagenewe kuribwa.

Ati “Niba babivana muri mondisi birumvikana ko bishobora kubagiraho ingaruka kuko iyo ni imyanda baba batoraguye. Iyo urebye umurongo watanzwe n’umuryango mpuzamahanga ureba iby’ubuzima bw’amatungo, amajanja ntabwo afatwa nk’inyama.”

INKURU MU MASHUSHO

Jeand de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

Next Post

Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Umuhanzi uyoboye Gospel Nyarwanda yahaye igisubizo cyanyuze abakunzi be muri Uganda bifuza ko abataramira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.