Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Abangavu babyariye iwabo bavuze ibyo bakorerwa byongera agahinda ku kandi

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Abangavu babyariye iwabo bavuze ibyo bakorerwa byongera agahinda ku kandi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bangavu bo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe babyaye inda zitateguwe, bavuga ko imiryango yabo ibaha akato ikabatererana mu gihe ari yo yakagombye kubaba hafi.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko na bo baba baratewe inda batabyifuza, gusa bakavuga ko biba byaratewe n’impunzi zinyuranye rimwe na rimwe ziba zirimo n’ibibazo biri mu miryango yabo, ariko ikibabaje akaba ari yo ibahindukirana ikabatererana.

Umwe yagize ati “Narabyaye ababyeyi banjye barantererana, musaza wanjye arantoteza, mbura uko mbigenza ku buryo nanatekereje kuva mu rugo nkagenda. Na n’ubu ntibarabyumva barantoteza, banyita indaya, n’ibindi bintu byinshi ntabasha kuvuga.”

Undi watewe inda afite imyaka 16, avuga ko yahuye n’ibibazo, kuko abantu batangiye kumucikaho, harimo n’abo mu muryango we.

Ati “Nahuye n’ibibazo bikomeye by’abampaga akato haba mu muryango wanjye ndetse no mu banyeshuri twigana. Ibyo nabonaga binkomereye nkumva ndihebye.”

Akomeza avuga ko yaje kubona icyamugaruriye icyizere, ati “Kuri ubu bitewe n’uko abafashamyumvire b’ubuzima banyegereye baranganiriza ubu meze neza.”

Ababyeyi b’aba bana bavuga ko kuba aba bangavu batwara inda bagatotezwa n’imiryango ndetse n’abaturanyi ngo ahanini babiterwa no kuba ababyeyi babo bananirwa kwakira ibyo bita igisebo.

Umwe ati “Ntabwo biba byoroshye ku mubyeyi kwakira inkuru yo kumva ko umwana we yatwise, kuko sibyo uba wamutumye, hari n’igihe nta bushobozi umuryango uba ufite, ugatekereza uburyo uzarera umwana ukumva biragoye.”

Uwase Aisha; Umuhuzabikorwa w’Umushinga ‘Ubuzima Bwange’, agira inama aba bangavu ndetse akanagira icyo asaba imiryango ivukamo aba bangavu ndetse n’abaturanyi babo.

Ati “Ntibihebe kuko nta kidaanzwe kiba cyabaye. Ku miryango ndetse n’abandi bantu, bagomba gufata neza aba bangavu bakabafasha muri ibi bibazo baba bahuye na byo kuko nibwo baba bakeneye kwitabwaho cyane  ugereranyije na mbere, kuko kurera ntibyoroha bisaba kumufasha  kandi umwana wavutse aba akenewe kwitabwaho n’abandi bana.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

FARDC yamanuye batayo z’abakomando benshi n’ibifaru nyuma y’ikikango

Next Post

RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.