Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Abangavu babyariye iwabo bavuze ibyo bakorerwa byongera agahinda ku kandi

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Abangavu babyariye iwabo bavuze ibyo bakorerwa byongera agahinda ku kandi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bangavu bo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe babyaye inda zitateguwe, bavuga ko imiryango yabo ibaha akato ikabatererana mu gihe ari yo yakagombye kubaba hafi.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko na bo baba baratewe inda batabyifuza, gusa bakavuga ko biba byaratewe n’impunzi zinyuranye rimwe na rimwe ziba zirimo n’ibibazo biri mu miryango yabo, ariko ikibabaje akaba ari yo ibahindukirana ikabatererana.

Umwe yagize ati “Narabyaye ababyeyi banjye barantererana, musaza wanjye arantoteza, mbura uko mbigenza ku buryo nanatekereje kuva mu rugo nkagenda. Na n’ubu ntibarabyumva barantoteza, banyita indaya, n’ibindi bintu byinshi ntabasha kuvuga.”

Undi watewe inda afite imyaka 16, avuga ko yahuye n’ibibazo, kuko abantu batangiye kumucikaho, harimo n’abo mu muryango we.

Ati “Nahuye n’ibibazo bikomeye by’abampaga akato haba mu muryango wanjye ndetse no mu banyeshuri twigana. Ibyo nabonaga binkomereye nkumva ndihebye.”

Akomeza avuga ko yaje kubona icyamugaruriye icyizere, ati “Kuri ubu bitewe n’uko abafashamyumvire b’ubuzima banyegereye baranganiriza ubu meze neza.”

Ababyeyi b’aba bana bavuga ko kuba aba bangavu batwara inda bagatotezwa n’imiryango ndetse n’abaturanyi ngo ahanini babiterwa no kuba ababyeyi babo bananirwa kwakira ibyo bita igisebo.

Umwe ati “Ntabwo biba byoroshye ku mubyeyi kwakira inkuru yo kumva ko umwana we yatwise, kuko sibyo uba wamutumye, hari n’igihe nta bushobozi umuryango uba ufite, ugatekereza uburyo uzarera umwana ukumva biragoye.”

Uwase Aisha; Umuhuzabikorwa w’Umushinga ‘Ubuzima Bwange’, agira inama aba bangavu ndetse akanagira icyo asaba imiryango ivukamo aba bangavu ndetse n’abaturanyi babo.

Ati “Ntibihebe kuko nta kidaanzwe kiba cyabaye. Ku miryango ndetse n’abandi bantu, bagomba gufata neza aba bangavu bakabafasha muri ibi bibazo baba bahuye na byo kuko nibwo baba bakeneye kwitabwaho cyane  ugereranyije na mbere, kuko kurera ntibyoroha bisaba kumufasha  kandi umwana wavutse aba akenewe kwitabwaho n’abandi bana.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

FARDC yamanuye batayo z’abakomando benshi n’ibifaru nyuma y’ikikango

Next Post

RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.