Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Abangavu babyariye iwabo bavuze ibyo bakorerwa byongera agahinda ku kandi

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamagabe: Abangavu babyariye iwabo bavuze ibyo bakorerwa byongera agahinda ku kandi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bangavu bo mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe babyaye inda zitateguwe, bavuga ko imiryango yabo ibaha akato ikabatererana mu gihe ari yo yakagombye kubaba hafi.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko na bo baba baratewe inda batabyifuza, gusa bakavuga ko biba byaratewe n’impunzi zinyuranye rimwe na rimwe ziba zirimo n’ibibazo biri mu miryango yabo, ariko ikibabaje akaba ari yo ibahindukirana ikabatererana.

Umwe yagize ati “Narabyaye ababyeyi banjye barantererana, musaza wanjye arantoteza, mbura uko mbigenza ku buryo nanatekereje kuva mu rugo nkagenda. Na n’ubu ntibarabyumva barantoteza, banyita indaya, n’ibindi bintu byinshi ntabasha kuvuga.”

Undi watewe inda afite imyaka 16, avuga ko yahuye n’ibibazo, kuko abantu batangiye kumucikaho, harimo n’abo mu muryango we.

Ati “Nahuye n’ibibazo bikomeye by’abampaga akato haba mu muryango wanjye ndetse no mu banyeshuri twigana. Ibyo nabonaga binkomereye nkumva ndihebye.”

Akomeza avuga ko yaje kubona icyamugaruriye icyizere, ati “Kuri ubu bitewe n’uko abafashamyumvire b’ubuzima banyegereye baranganiriza ubu meze neza.”

Ababyeyi b’aba bana bavuga ko kuba aba bangavu batwara inda bagatotezwa n’imiryango ndetse n’abaturanyi ngo ahanini babiterwa no kuba ababyeyi babo bananirwa kwakira ibyo bita igisebo.

Umwe ati “Ntabwo biba byoroshye ku mubyeyi kwakira inkuru yo kumva ko umwana we yatwise, kuko sibyo uba wamutumye, hari n’igihe nta bushobozi umuryango uba ufite, ugatekereza uburyo uzarera umwana ukumva biragoye.”

Uwase Aisha; Umuhuzabikorwa w’Umushinga ‘Ubuzima Bwange’, agira inama aba bangavu ndetse akanagira icyo asaba imiryango ivukamo aba bangavu ndetse n’abaturanyi babo.

Ati “Ntibihebe kuko nta kidaanzwe kiba cyabaye. Ku miryango ndetse n’abandi bantu, bagomba gufata neza aba bangavu bakabafasha muri ibi bibazo baba bahuye na byo kuko nibwo baba bakeneye kwitabwaho cyane  ugereranyije na mbere, kuko kurera ntibyoroha bisaba kumufasha  kandi umwana wavutse aba akenewe kwitabwaho n’abandi bana.”

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eighteen =

Previous Post

FARDC yamanuye batayo z’abakomando benshi n’ibifaru nyuma y’ikikango

Next Post

RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

Related Posts

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

How Personal Hygiene Affects Confidence
IMIBEREHO MYIZA

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How Personal Hygiene Affects Confidence

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.