Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamagabe: Ngo ruswa iravuza ubuhuha mu z’ibanze, udafite icyo aha umuyobozi nta serivisi ahabwa

radiotv10by radiotv10
14/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamagabe: Ngo ruswa iravuza ubuhuha mu z’ibanze, udafite icyo aha umuyobozi nta serivisi ahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batuye mu Mirenge imwe n’imwe yo mu Karere ka Nyamagabe, baratunga agatoki abayobozi bo mu nzego z’ibanze kubaka ruswa ku buryo hari bamwe bimwe serivisi kuko batagize icyo bapfundika abayobozi.

Iki kibazo kigarukwaho cyane n’abaturage bo mu Mirenge itegereye Umujyi wa Nyamagabe, bavuga ko hari benshi bajya kwaka serivisi bagatahira aho atari uko badasanze abayobozi badahari ahubwo ari uko babuze amafaranga yo guha abayobozi.

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Kibirizi, ntibatinya gushyira mu majwi umuyobozi wabo bavuga ko afatanyije n’abandi bayobozi bo mu Midugudu babarembeje kubera kubaka ruswa.

Umwe mu baganiriye n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, yagize ati “Guhera mu Midugudu ugakomeza mu Kagari no ku Murenge ni ho ibyo bibazo bya ruswa byusiriza.”

Uyu muturage avuga ko kandi aba bayobozi batanabona n’umwanya wo gukora kuko “birirwa banywa amabyeri za Primus na za Mutzig noneho wa wundi ufite ikibazo yazajya ku Murenge bakamutera utwatsi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Karambo, Rukundo Valens wagarutsweho cyane n’aba baturage, avuga ko ari ukumusebya.

Ati “Ibyo ni ugusebanya, iyo umuntu hari serivisi atakemuriwe ni bwo ibyo bizamuka ariko iyo ruswa ivugwa yo ntayihari rwose.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Niyomwungeli Hildebrand ntahakana ko ibi bibazo bya ruswa bishobora kubaho ati “Twemera ko abayobozi dufite mu nzego z’ibanze harimo abashobora kugira intege nke bakaka ruswa ariko igihe cyose tubimenye ni ugushakashaka ikintu cyatuma abaturage batakwa ruswa.

Yibukije abaturage ko “batagomba kugura serivisi bahabwa ko n’igihe cyose batswe ikiguzi cya serivisi bahabwa bagomba kubimenyesha urwego rukuriye rwa rundi ruri kwaka ikiguzi cya serivisi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − four =

Previous Post

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Next Post

Kamonyi: Umu-DASSO arakekwaho kurarana umwana akamusambanya amubeshya kumuha 500.000Frw

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umu-DASSO arakekwaho kurarana umwana akamusambanya amubeshya kumuha 500.000Frw

Kamonyi: Umu-DASSO arakekwaho kurarana umwana akamusambanya amubeshya kumuha 500.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.