Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

radiotv10by radiotv10
19/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoze ubwarimu bw’igihe gito mu bigo by’amashuri bitandukanye byo mu Karere ka Nyamasheke basigariraho abarimu bagiye mu biruhuko byo kubyara, barataka ubukene nyuma yo kumara amezi arindwi batarabona amafaranga bakoreye.

Aba barimu batifuje ko imyirondoro yabo ijya ahagaragara, babarizwa mu Murenge wa Kagano bavuga ko bagiye bishyuza amafaranga bakabwirwa ko ntayahari.

Uwatangiye gukora aka kazi muri Mata, avuga ko gukora ayo mezi yose adahembwa byamuteye ubukene bwatumye atabasha kubona ibyo akeneye nk’umwarimu binagira ingaruka ku mitangire y’amasomo.

Ati “Ntabwo tuzi niba amafaranga azaza, kugira ngo umuntu ajye imbere y’abana bisaba kuba yambaye neza, urumva rero ko ari ibintu biba bigoye. Nashoboraga kubona aho njya gukorera igihumbi mu gitondo cya kare ngasimbukirayo ugasanga ngiye kwigisha nkererewe kandi ntanabishyizeho umutima.”

Undi watangiye aka kazi muri Mutarama uyu mwaka na we akaba atarabona ifaranga na rimwe ku mishahara y’amezi arindwi, avuga ko byagiye bibaca intege gukorana na bagenzi babo bahembwa buri kwezi bo batagira icyo babona.

Ati “Urumva kuba ukorana n’abandi ukabona bo barabona message wowe utazi igihe izazira, iyo bimeze bityo hari igihe n’akazi ugakora nta bushake ufite.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse avuga ko icyatumye imishahara y’aba basigariye abarimu itinda ari uko habayeho amavugurura agamije gushyiraho uburyo bazajya bahembwa nk’uko abandi barimu bafite amasezerano bahembwa, bityo ko kubaka sisitemu byatwaye igihe ariko bikaba biri kugera ku musozo ku buryo amafaranga yabo yenda kuboneka.

Ati “Byasabye guhindura sisitemu yo guhemberamo ari na byo Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo iri gukoraho kugeza ubu,  ariko birenda gukemuka ku buryo mu minsi itaha  amafaranga yabo azajya azira igihe umushahara wa mwalimu yasimbuye waziraga.”

Abagera kuri 92 ni bo bitabajwe n’Akarere ka Nyamasheke mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 kugira ngo basigarireho abarimu ku bigo by’amashuli bitandukanye bagiye bajya mu biruhuko nyuma yo kubyara.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Next Post

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n'ubutegetsi bwa Congo n'ibimaze kugerwaho mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.