Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi babyariye mu Kigo Nderabuzima cya Kamonyi cyo mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bategekwa kuboneza urubyayo ndetse bakanategekwa n’uburyo bagomba gukoresha ku buryo ubyanze bamugumana cyangwa bakagumana ifishi y’umwana.

Bamwe mu baganiriye n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko basanzwe bazi akamaro ko kuboneza urubyaro ndetse ko basanzwe banitabira iyi gahunda ariko ku bushake bwabo.

Bavuga ko umubyeyi ubyariye mu Kigo Nderabuzima cya Kamonyi giherereye mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, agomba gutaha yahawe uburyo bwo kuboneza urubyaro.

Umwe muri bo ati “Ku ngufu, kuko utagiye ngo uboneze ntabwo bakurekura, barakugumana cyangwa bakagumana ifishi y’umwana.”

Undi mubyeyi avuga ko we n’umugabo we hari uburyo bwo kuboneza urubyaro bifuzaga ariko abaganga bo kuri iki Kigo Nderabuzima bakabwanga ku buryo yamaze iminsi ine baranze kumurekura.

Ati “Natashye ku munsi wa kane kuko uburyo njye n’umugabo wanjye twari twahisemo barabutwimye baduhitiramo ubwo bashaka, umugabo na we ambwira ko ubwo buryo bari kuduhitiramo atabushaka, birangira bambwiye ngo nsige ifishi ntahe, ngarutse kuyireba barayinyima.”

Aba babyeyi bavuga ko guhatirwa uburyo bwo kuboneza urubyaro batumvikanyeho n’abagabo babo, bibyara amakimbirane hagati yabo n’abo bashakanye.

Umwe ati “Mbuze uko mbigenza ndagenda banshyirao rwa rushinge, bakimara kurunshyiramo, naratashye ndarara hanze.”

Ntihinyuzwa Athanase uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kamonyi, avuga ko ababyeyi banze ko babonerezwa urubyaro bafatirwa amafishi y’abana babo ariko ko baba bashaka ko ababyeyi babitekerezaho.

Ati “Dusigarana amafishi y’abantu bamwe na bamwe bitewe n’uko tubahaye umwanya wo kuganira n’abagabo babo kugira ngo bumvikane ku buryo bwo kuboneza urubyaro bitewe n’ibyo twababwiye.”

Kugeza ubu mu Karere ka Nyamasheke, ubwitabire bwo kuboneza urubyaro bugeze kuri 51% mu gihe Ubushakashatsi bwa 6 ku buzima n’abaturage (Rwanda Demographic and Health Survey) bwo muri 2020 bwagaragaje ko hagati y’umwaka wa 2015 na 2020, abakoresha uburyo bwa kizungu mu kuboneza urubyaro bavuye kuri 47,5% bagera kuri 58%. Ni ukuvuga ko byazamutseho 10,5%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

Next Post

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.