Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi babyariye mu Kigo Nderabuzima cya Kamonyi cyo mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bategekwa kuboneza urubyayo ndetse bakanategekwa n’uburyo bagomba gukoresha ku buryo ubyanze bamugumana cyangwa bakagumana ifishi y’umwana.

Bamwe mu baganiriye n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko basanzwe bazi akamaro ko kuboneza urubyaro ndetse ko basanzwe banitabira iyi gahunda ariko ku bushake bwabo.

Bavuga ko umubyeyi ubyariye mu Kigo Nderabuzima cya Kamonyi giherereye mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, agomba gutaha yahawe uburyo bwo kuboneza urubyaro.

Umwe muri bo ati “Ku ngufu, kuko utagiye ngo uboneze ntabwo bakurekura, barakugumana cyangwa bakagumana ifishi y’umwana.”

Undi mubyeyi avuga ko we n’umugabo we hari uburyo bwo kuboneza urubyaro bifuzaga ariko abaganga bo kuri iki Kigo Nderabuzima bakabwanga ku buryo yamaze iminsi ine baranze kumurekura.

Ati “Natashye ku munsi wa kane kuko uburyo njye n’umugabo wanjye twari twahisemo barabutwimye baduhitiramo ubwo bashaka, umugabo na we ambwira ko ubwo buryo bari kuduhitiramo atabushaka, birangira bambwiye ngo nsige ifishi ntahe, ngarutse kuyireba barayinyima.”

Aba babyeyi bavuga ko guhatirwa uburyo bwo kuboneza urubyaro batumvikanyeho n’abagabo babo, bibyara amakimbirane hagati yabo n’abo bashakanye.

Umwe ati “Mbuze uko mbigenza ndagenda banshyirao rwa rushinge, bakimara kurunshyiramo, naratashye ndarara hanze.”

Ntihinyuzwa Athanase uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kamonyi, avuga ko ababyeyi banze ko babonerezwa urubyaro bafatirwa amafishi y’abana babo ariko ko baba bashaka ko ababyeyi babitekerezaho.

Ati “Dusigarana amafishi y’abantu bamwe na bamwe bitewe n’uko tubahaye umwanya wo kuganira n’abagabo babo kugira ngo bumvikane ku buryo bwo kuboneza urubyaro bitewe n’ibyo twababwiye.”

Kugeza ubu mu Karere ka Nyamasheke, ubwitabire bwo kuboneza urubyaro bugeze kuri 51% mu gihe Ubushakashatsi bwa 6 ku buzima n’abaturage (Rwanda Demographic and Health Survey) bwo muri 2020 bwagaragaje ko hagati y’umwaka wa 2015 na 2020, abakoresha uburyo bwa kizungu mu kuboneza urubyaro bavuye kuri 47,5% bagera kuri 58%. Ni ukuvuga ko byazamutseho 10,5%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eleven =

Previous Post

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

Next Post

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Related Posts

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

by radiotv10
28/07/2025
0

In many African households, the topic of sex remains taboo, a subject shrouded in silence, discomfort, and often shame. For...

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

by radiotv10
28/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.