Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

radiotv10by radiotv10
24/01/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Babategeka kuboneza urubyaro n’uburyo bakoresha ngo utabyemeye baramugumana

Photo/Internet

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi babyariye mu Kigo Nderabuzima cya Kamonyi cyo mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bategekwa kuboneza urubyayo ndetse bakanategekwa n’uburyo bagomba gukoresha ku buryo ubyanze bamugumana cyangwa bakagumana ifishi y’umwana.

Bamwe mu baganiriye n’Umunyamakuru wa RADIOTV10, bavuga ko basanzwe bazi akamaro ko kuboneza urubyaro ndetse ko basanzwe banitabira iyi gahunda ariko ku bushake bwabo.

Bavuga ko umubyeyi ubyariye mu Kigo Nderabuzima cya Kamonyi giherereye mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, agomba gutaha yahawe uburyo bwo kuboneza urubyaro.

Umwe muri bo ati “Ku ngufu, kuko utagiye ngo uboneze ntabwo bakurekura, barakugumana cyangwa bakagumana ifishi y’umwana.”

Undi mubyeyi avuga ko we n’umugabo we hari uburyo bwo kuboneza urubyaro bifuzaga ariko abaganga bo kuri iki Kigo Nderabuzima bakabwanga ku buryo yamaze iminsi ine baranze kumurekura.

Ati “Natashye ku munsi wa kane kuko uburyo njye n’umugabo wanjye twari twahisemo barabutwimye baduhitiramo ubwo bashaka, umugabo na we ambwira ko ubwo buryo bari kuduhitiramo atabushaka, birangira bambwiye ngo nsige ifishi ntahe, ngarutse kuyireba barayinyima.”

Aba babyeyi bavuga ko guhatirwa uburyo bwo kuboneza urubyaro batumvikanyeho n’abagabo babo, bibyara amakimbirane hagati yabo n’abo bashakanye.

Umwe ati “Mbuze uko mbigenza ndagenda banshyirao rwa rushinge, bakimara kurunshyiramo, naratashye ndarara hanze.”

Ntihinyuzwa Athanase uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kamonyi, avuga ko ababyeyi banze ko babonerezwa urubyaro bafatirwa amafishi y’abana babo ariko ko baba bashaka ko ababyeyi babitekerezaho.

Ati “Dusigarana amafishi y’abantu bamwe na bamwe bitewe n’uko tubahaye umwanya wo kuganira n’abagabo babo kugira ngo bumvikane ku buryo bwo kuboneza urubyaro bitewe n’ibyo twababwiye.”

Kugeza ubu mu Karere ka Nyamasheke, ubwitabire bwo kuboneza urubyaro bugeze kuri 51% mu gihe Ubushakashatsi bwa 6 ku buzima n’abaturage (Rwanda Demographic and Health Survey) bwo muri 2020 bwagaragaje ko hagati y’umwaka wa 2015 na 2020, abakoresha uburyo bwa kizungu mu kuboneza urubyaro bavuye kuri 47,5% bagera kuri 58%. Ni ukuvuga ko byazamutseho 10,5%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 3 =

Previous Post

Ku Kivu hashyizwe mu hantu 10 heza muri Africa ho gutemberera

Next Post

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Ikibuno cya Fofo (PapaSava) cyongeye guhagurutsa imbaga bamwe bamushinja gushyiramo ibikarito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.