Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bamaze imyaka itatu bishyuza Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG ingurane yabemereye, none n’abagerageje guhamagara iyi sosiyete ikumva ari uwo muri ako gace bahita bamukupa.

Aba baturage bavuga ko bamaze imyaka basiragira bishyuza aya mafaranga y’ibyabo byangijwe ubwo hakorwaga umuyobozi w’amashanyarazi wo gucanira umuhanda Nyamasheke-Rusizi.

Bavuga ko baheruka babarirwa ariko bagategereza ko bishyurwa amaso akaba yaraheze mu kirere, ahubwo abakozi ba REG bakaba bakomeje kubasuzugura.

Nsengimana Adrien yagize ati kuri REG bahora batubwira ngo babirimo babiromo. Twarategereje twarahebye. Hari n’igihe ubahamagara bakumva aho uherereye n’icyo ubaza bakagukupa.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko bumva ko itegeko riteganya ko umuntu ahabwa ingurane mbere y’uko hakorwa imirimo itangiwe, basaba ko mu gihe bazishyurwa amafaranga yabo, hazanashyirwaho inyungu kuko imyaka itatu bamaze bishyuze, aya mafaranga yiyongereye.

Mukangendahayo Genevieve ati “Twabuze byose. Twabuze amafaranga batubwiye, n’ibiti byacu birashibuka batema, ntabwo tuzi ikintu baba bari gukora mu myaka itatu yose kandi ibyo badusabye byose twarabibahaye.”

Kabega Xaverine ati “Twabyise ubuhemu no gushaka kutunyaga nyine, baramutse banayaduhaye bakwiye kuduha n’inyungu yayo.”

Ubuyobozi bwa REG, mu butumwa bwanyuze ku rubuga nkoranyambaga rwa X, bwavuze ko bugiye gukurikirana iki kibazo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni

Next Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.