Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bamaze imyaka itatu bishyuza Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG ingurane yabemereye, none n’abagerageje guhamagara iyi sosiyete ikumva ari uwo muri ako gace bahita bamukupa.

Aba baturage bavuga ko bamaze imyaka basiragira bishyuza aya mafaranga y’ibyabo byangijwe ubwo hakorwaga umuyobozi w’amashanyarazi wo gucanira umuhanda Nyamasheke-Rusizi.

Bavuga ko baheruka babarirwa ariko bagategereza ko bishyurwa amaso akaba yaraheze mu kirere, ahubwo abakozi ba REG bakaba bakomeje kubasuzugura.

Nsengimana Adrien yagize ati kuri REG bahora batubwira ngo babirimo babiromo. Twarategereje twarahebye. Hari n’igihe ubahamagara bakumva aho uherereye n’icyo ubaza bakagukupa.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko bumva ko itegeko riteganya ko umuntu ahabwa ingurane mbere y’uko hakorwa imirimo itangiwe, basaba ko mu gihe bazishyurwa amafaranga yabo, hazanashyirwaho inyungu kuko imyaka itatu bamaze bishyuze, aya mafaranga yiyongereye.

Mukangendahayo Genevieve ati “Twabuze byose. Twabuze amafaranga batubwiye, n’ibiti byacu birashibuka batema, ntabwo tuzi ikintu baba bari gukora mu myaka itatu yose kandi ibyo badusabye byose twarabibahaye.”

Kabega Xaverine ati “Twabyise ubuhemu no gushaka kutunyaga nyine, baramutse banayaduhaye bakwiye kuduha n’inyungu yayo.”

Ubuyobozi bwa REG, mu butumwa bwanyuze ku rubuga nkoranyambaga rwa X, bwavuze ko bugiye gukurikirana iki kibazo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni

Next Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

IZIHERUKA

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta
IBYAMAMARE

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.