Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura

radiotv10by radiotv10
27/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Barashinja REG ubuhemu no kubasuzugura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyarusange mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko bamaze imyaka itatu bishyuza Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG ingurane yabemereye, none n’abagerageje guhamagara iyi sosiyete ikumva ari uwo muri ako gace bahita bamukupa.

Aba baturage bavuga ko bamaze imyaka basiragira bishyuza aya mafaranga y’ibyabo byangijwe ubwo hakorwaga umuyobozi w’amashanyarazi wo gucanira umuhanda Nyamasheke-Rusizi.

Bavuga ko baheruka babarirwa ariko bagategereza ko bishyurwa amaso akaba yaraheze mu kirere, ahubwo abakozi ba REG bakaba bakomeje kubasuzugura.

Nsengimana Adrien yagize ati kuri REG bahora batubwira ngo babirimo babiromo. Twarategereje twarahebye. Hari n’igihe ubahamagara bakumva aho uherereye n’icyo ubaza bakagukupa.”

Aba baturage bavuga ko ikibabaje ari uko bumva ko itegeko riteganya ko umuntu ahabwa ingurane mbere y’uko hakorwa imirimo itangiwe, basaba ko mu gihe bazishyurwa amafaranga yabo, hazanashyirwaho inyungu kuko imyaka itatu bamaze bishyuze, aya mafaranga yiyongereye.

Mukangendahayo Genevieve ati “Twabuze byose. Twabuze amafaranga batubwiye, n’ibiti byacu birashibuka batema, ntabwo tuzi ikintu baba bari gukora mu myaka itatu yose kandi ibyo badusabye byose twarabibahaye.”

Kabega Xaverine ati “Twabyise ubuhemu no gushaka kutunyaga nyine, baramutse banayaduhaye bakwiye kuduha n’inyungu yayo.”

Ubuyobozi bwa REG, mu butumwa bwanyuze ku rubuga nkoranyambaga rwa X, bwavuze ko bugiye gukurikirana iki kibazo.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 8 =

Previous Post

Bitunguranye Perezida Ruto n’uwo bahanganye bagaragaye bari kumwe bakiriwe na Museveni

Next Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Abahanzi babiri b’ibirangirire mu karere bategerejwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.