Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko umuyobozi wo mu nzego z’ibanze amaze iminsi abahoza ku nkeke abaziza kuvugana n’itangazamakuru, mu gihe we avuga ko muri bo “hari abameze nk’abarwaye mu mutwe.”

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge, baherutse kuvugana na RADIOTV10, bagaragaza ikibazo cyo kuba ubuyobozi bwarabasenyesheije inzu babagamo ngo kuko zari zishaje, bakabizeza kuzabafasha kubaka izindi.

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari 20, bavugaga ko abayobozi babasabye kuzamura ibigega by’inzu [inzu zidasakaye] ubundi bakazahabwa isakaro ariko ko bategereje umwaka ukihirika.

Bongeye kubwira RADIOTV10 ko nyuma yuko baganiriye n’iki gitangazamakuru, umuyobozi w’Umudugudu wa Kashenjara yatangiye kubashyira ku nkeke abibaziza.

Umwe yagize ati “Baradutoteza cyane, baranatwanze ngo twagiye guhuruza abanyamakuru, ngo turi abanyabwenge, ngo tuzi gusesera.”

Akomeza avuga ko uyu muyobozi abahora ubusa kuko na bo bari biyambaje itangazamakuru kuko abayobozi babimye agaciro.

Avuga ko uyu muyobozi yababwiye ko na buriya bufasha bari baremerewe bw’amabati, batakibubonye.

Yakomeje agira ati “Yarambwiye ngo kuva akiri umuyobozi, nta mabati nzabona ngo kuko twigize abanyabwenge.”

Aba baturage bavuga ko uyu muyobozi kimwe n’abandi bo mu nzego z’ibanze, babatamiraho babaziza kuba baravugishije itangazamakuru.

Undi ati “Niba nta mabati baduhaye, nibayareke ariko baduhe umutekano aho kwirirwa batwiriza mu kabari batwerekana kuri WhatsApp bavuga ngo twebwe ngo turi abanyabwenge, nibaduhe umutekano.”

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kashenjari, Emmanuel Mukeshimana ushinjwa n’aba baturage, yakoresheje imvugo yumvikanamo kudaha agaciro abaturage.

Yagize ati “Ariko burya harimo n’abantu bameze nk’abarwaye mu mutwe. Ni ko baba bateye ariko twebwe tuba tubamenyereye.”

Uyu muyobozo yabwiye RADIOTV10 ko amabati yemerewe aba baturage, yamaze kuboneka ndetse ko bagiye kuyahabwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Mukarabahira Jeannine yatangaje ko Umuyobozi w’Umudugudu adakwiye kubwira abaturage amagambo abasesezera.

Uyu muyobozi yavuze ko aba baturage bazahabwa amabati bemerewe mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eight =

Previous Post

Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

Next Post

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.