Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”

radiotv10by radiotv10
06/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nyamasheke: Barashinja umuyobozi kubatoteza, we ati “harimo abameze nk’abarwaye mu mutwe”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko umuyobozi wo mu nzego z’ibanze amaze iminsi abahoza ku nkeke abaziza kuvugana n’itangazamakuru, mu gihe we avuga ko muri bo “hari abameze nk’abarwaye mu mutwe.”

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karusimbi mu Murenge wa Bushenge, baherutse kuvugana na RADIOTV10, bagaragaza ikibazo cyo kuba ubuyobozi bwarabasenyesheije inzu babagamo ngo kuko zari zishaje, bakabizeza kuzabafasha kubaka izindi.

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari 20, bavugaga ko abayobozi babasabye kuzamura ibigega by’inzu [inzu zidasakaye] ubundi bakazahabwa isakaro ariko ko bategereje umwaka ukihirika.

Bongeye kubwira RADIOTV10 ko nyuma yuko baganiriye n’iki gitangazamakuru, umuyobozi w’Umudugudu wa Kashenjara yatangiye kubashyira ku nkeke abibaziza.

Umwe yagize ati “Baradutoteza cyane, baranatwanze ngo twagiye guhuruza abanyamakuru, ngo turi abanyabwenge, ngo tuzi gusesera.”

Akomeza avuga ko uyu muyobozi abahora ubusa kuko na bo bari biyambaje itangazamakuru kuko abayobozi babimye agaciro.

Avuga ko uyu muyobozi yababwiye ko na buriya bufasha bari baremerewe bw’amabati, batakibubonye.

Yakomeje agira ati “Yarambwiye ngo kuva akiri umuyobozi, nta mabati nzabona ngo kuko twigize abanyabwenge.”

Aba baturage bavuga ko uyu muyobozi kimwe n’abandi bo mu nzego z’ibanze, babatamiraho babaziza kuba baravugishije itangazamakuru.

Undi ati “Niba nta mabati baduhaye, nibayareke ariko baduhe umutekano aho kwirirwa batwiriza mu kabari batwerekana kuri WhatsApp bavuga ngo twebwe ngo turi abanyabwenge, nibaduhe umutekano.”

Umuyobozi w’Umudugudu wa Kashenjari, Emmanuel Mukeshimana ushinjwa n’aba baturage, yakoresheje imvugo yumvikanamo kudaha agaciro abaturage.

Yagize ati “Ariko burya harimo n’abantu bameze nk’abarwaye mu mutwe. Ni ko baba bateye ariko twebwe tuba tubamenyereye.”

Uyu muyobozo yabwiye RADIOTV10 ko amabati yemerewe aba baturage, yamaze kuboneka ndetse ko bagiye kuyahabwa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Mukarabahira Jeannine yatangaje ko Umuyobozi w’Umudugudu adakwiye kubwira abaturage amagambo abasesezera.

Uyu muyobozi yavuze ko aba baturage bazahabwa amabati bemerewe mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

Next Post

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

U Rwanda rwasogongeye ku Isoko Nyafurika…Menya igicuruzwa cya mbere cyarikandagiyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.