Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Batekereza kurandura icyayi bitewe n’uruganda rutinda kubishyura bikabatera ubukene

radiotv10by radiotv10
23/09/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Batekereza kurandura icyayi bitewe n’uruganda rutinda kubishyura bikabatera ubukene
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge ya Cyato na Kanjongo babarizwa muri koperative COTHECYAKA bahangayikishijwe no kuba uruganda rwa Cyato tea plantation and factory ltd bagemuraho umusaruro rukomeje kubashyira mu bukene aho bamara amezi atatu batarabona amafaranga ku buryo bigera aho bamwe batekereza kurandura icyayi.

Ababwiye Radio&tv10 iki kibazo bavuga ko baheruka kubona amafaranga ku musaruro wabo muri Gicurasi uyu mwaka hakaba hashize amezi atatu batazi igituma uruganda rutabaha amafaranga.

Nkundabagenzi Adrien ati “Twebwe byaraturenze, tumaze amezi atatu tutabona mafaranga, twabuze n’urugero twabivugamo”.

kutishyura abahinzi k’uru ruganda  bavuga ko atari iby’ubu kuko mu mwaka ushize nabwo byari byamanuye ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) n’ubuyobozi bw’akarere bigahabwa umurongo ariko uru ruganda ntirwubahirize imyanzuro yari yafashwe .

Nyirakadende Monique ati “Bari bakoze inama abayobozi bo muri NAEB baje, icyo gihe batubwira ko bazajya batwishyura buri kwezi ariko ntibabyubahiriza kuko ubu duheruka amafaranga yo mu kwa 5”.

Umukozi ushinzwe ubuzima bwa buri munsi bwa koperative COTHECYAKA Mushimiyimana Theoneste avuga ko bakora fagitire buri kwezi bakayishyikiriza uruganda ariko ntibamenye impamvu rutishyura abahinzi ndetse akavuga ko hari n’undi mwenda wo kuva muri 2023 uru ruganda rutarishyura koperative.

Ati “Kuva mu kwezi kwa 6 tubaha amababi ariko ntibatwishyura. Hari amafaranga twita 45%, ni yo baturimo amezi atatu. Hakaba n’andi twita 5% , ayo yo kuva muri 2023 ntago barishyuraho n’igiceri na kimwe, nyamara mu nama yabaye mu kwa 11 muri 2024, bari bemereye NAEB n’akarere ko bitari kurenga ukwa 12 k’uwo mwaka bataramara kuyishyura”.

Mu kugaragaza zimwe mu ngaruka baterwa no kumara igihe bategereje amafaranga y’umusaruro baba batazi igihe azabagereraho, aba bahinzi bavuga ko bibatera ubukene no kubura icyo bahemba ababakorera mu cyayi bamwe bakavuga ko hari aho bigera bagatekereza kurandura icyayi ngo bahinge indi myaka yabatungira imiryango.

Nsengumuremyi Francois ati “Tubayeho nabi rwose kuko n’abasoromyi dukoresha baratwishyuza tukabura ubwishyu, ubu twaragurishije amatungo twararangije. Dusigariye aho dusanga rero icyayi ntacyo kitumariye kuko ureba ugasanga ni ikidutera ubukene gusa nta kindi”.

Nyirakadende Monique nawe ati “Ahubwo hari n’uburyo, umuntu afite ubushobozi bwo kukirandura yakirandura ni uko bitashoboka. Kuko tubona ntacyo kitumariye, iyo tuza guhinga ibindi ubu biba bitunze abana”.

Umuyobozi w’uruganda rwa Cyato tea plantation and factory ltd rutungwa agatoki n’abahinzi ku kubateza ubukene Ingabire Assoumpta wumvikana nk’utifuza gutanga amakuru arambuye kuri iki kibazo avuga ko uru ruganda rwaba rwatangiye kwishyura aba bahinzi ariko ntavuga ingano y’amafaranga rumaze kwishyura mu yo rwishyuzwa y’amazi atatu.

Ati “Ngira ngo ibyiza ni uko mwaza tukabivugana turi kumwe hano. Byose byaratangiye kubishyura. Kubikubwira kuri terefone mu by’ukuri nta mutekano bifite”.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Muhayeyezu Joseph Desire avuga ko akarere katari kazi ko ari aha bigeze, icyakora ko ubuyobozi bugiye kujya busaba uruganda raporo ya buri kwezi igaragaza ko abahinzi bishyuwe

Ati “Ntabwo twari tubizi ko bigeze ahongaho. turongera tuvugane n’uruganda rwubahirize amasezerano rwari rufitanye n’abahinzi. Umuhinzi ukorera icyayi agashyiramo ifumbire yakagombye kubona umusaruro buri kwezi. Ingamba tugiye gushyiraho nk’akarere ni uko turajya dusaba raporo ya buri kwezi igaragaza ko uruganda rwishyuye abaturage”.

Inyandiko za koperative COTHECYAKA zigaragaza ko uru ruganda rwari rufitiye umwenda abahinzi ku musaruro w’icyayi kuva muri Kamena kugera muri Kanama 2025 urenga ho gato miriyoni 45 ku yo bita 45%, mu gihe ayitwa 5% rufiteho umwenda wo kuva muri 2023 rwishyuzwa miriyoni 30 zirengaho gato yose hamwe akaba 75,337,246 Frw.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 7 =

Previous Post

Top 5 peak speeds recorded so far at the UCI Road World Championships in Kigali

Next Post

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.