Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Hari ikiraro bambuka bakambakamba kuko cyangiritse kikaba giherutse no guhitana umwe

radiotv10by radiotv10
11/03/2022
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Hari ikiraro bambuka bakambakamba kuko cyangiritse kikaba giherutse no guhitana umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha ikiraro cyo ku mugezi wa Kamiranzovu cyo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko cyangiritse bikabije ku buryo butajya bwira hatagize umuntu ugwa mu mugezi ndetse ko hari uwaguyemo agapfa.

Iki kiraro gisanzwe gifasha abatuye mu Tugari twa Mubumbano, Ninzi na Rwesero, cyangijwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi iherutse kugwa igatuma umugezi wa Kamiranzovu wuzura.

Umwe mu baturage yabwiye RADIOTV10 ati “Hagwamo abantu buri munsi…Hamaze kugwamo nk’abantu nka bane umwe yarapfuye abandi babakuramo ari bazima.”

Aba baturage bavuga ko nubwo bazi ko hari uwahasize ubuzima ariko bajya bagerageza kwambuka iki kiraro nubwo bitaba byoroshye kuko bacyambuka bakambakamba.

Bavuga kandi ko bamenyesheje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ariko bukaba bwarabimye amatwi ndetse na bo bakaba badafite ubushobozi bwo kuba bakora iki kiraro mu buryo burambye.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Muhayeyezu Joseph Desire avuga ko iki kibazo basanzwe bakizi nk’ubuyobozi ariko ko nta gahunda yo gukora iki kiraro muri uyu mwaka kuko nta ngengo y’imari yabyo ihari.

Avuga ko umufatanyabikorwa basanzwe bakorana mu bijyanye no gukora ibikorwa remezo, azasura iki kiraro akareba uburyo hakubakwa ikiraro kigiye hejuru ku buryo iki kibazo kizakemuka burundu.

Yagize ati “Umuti urambye ni ukuhashyira ikiraro kinyura mu kirere gikomeye ku buryo kidashobora kuba cyakongera gutwarwa n’amazi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − ten =

Previous Post

Kigali: Uruganda rwa matela rwafashwe n’inkongi rurashya rurakongoka n’ibyarimo

Next Post

Musanze: Bashenguwe n’umuturanyi wabo babyutse bagasanga yapfuye bakeka ko yishwe akubiswe ishoka mu mutwe

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI
IMIBEREHO MYIZA

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Bashenguwe n’umuturanyi wabo babyutse bagasanga yapfuye bakeka ko yishwe akubiswe ishoka mu mutwe

Musanze: Bashenguwe n’umuturanyi wabo babyutse bagasanga yapfuye bakeka ko yishwe akubiswe ishoka mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.