Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Hari ikiraro bambuka bakambakamba kuko cyangiritse kikaba giherutse no guhitana umwe

radiotv10by radiotv10
11/03/2022
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Hari ikiraro bambuka bakambakamba kuko cyangiritse kikaba giherutse no guhitana umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha ikiraro cyo ku mugezi wa Kamiranzovu cyo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko cyangiritse bikabije ku buryo butajya bwira hatagize umuntu ugwa mu mugezi ndetse ko hari uwaguyemo agapfa.

Iki kiraro gisanzwe gifasha abatuye mu Tugari twa Mubumbano, Ninzi na Rwesero, cyangijwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi iherutse kugwa igatuma umugezi wa Kamiranzovu wuzura.

Umwe mu baturage yabwiye RADIOTV10 ati “Hagwamo abantu buri munsi…Hamaze kugwamo nk’abantu nka bane umwe yarapfuye abandi babakuramo ari bazima.”

Aba baturage bavuga ko nubwo bazi ko hari uwahasize ubuzima ariko bajya bagerageza kwambuka iki kiraro nubwo bitaba byoroshye kuko bacyambuka bakambakamba.

Bavuga kandi ko bamenyesheje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ariko bukaba bwarabimye amatwi ndetse na bo bakaba badafite ubushobozi bwo kuba bakora iki kiraro mu buryo burambye.

Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Muhayeyezu Joseph Desire avuga ko iki kibazo basanzwe bakizi nk’ubuyobozi ariko ko nta gahunda yo gukora iki kiraro muri uyu mwaka kuko nta ngengo y’imari yabyo ihari.

Avuga ko umufatanyabikorwa basanzwe bakorana mu bijyanye no gukora ibikorwa remezo, azasura iki kiraro akareba uburyo hakubakwa ikiraro kigiye hejuru ku buryo iki kibazo kizakemuka burundu.

Yagize ati “Umuti urambye ni ukuhashyira ikiraro kinyura mu kirere gikomeye ku buryo kidashobora kuba cyakongera gutwarwa n’amazi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Kigali: Uruganda rwa matela rwafashwe n’inkongi rurashya rurakongoka n’ibyarimo

Next Post

Musanze: Bashenguwe n’umuturanyi wabo babyutse bagasanga yapfuye bakeka ko yishwe akubiswe ishoka mu mutwe

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Bashenguwe n’umuturanyi wabo babyutse bagasanga yapfuye bakeka ko yishwe akubiswe ishoka mu mutwe

Musanze: Bashenguwe n’umuturanyi wabo babyutse bagasanga yapfuye bakeka ko yishwe akubiswe ishoka mu mutwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.