Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Ntibumva impamvu isoko bamaranye imyaka 60 ritubakirwa kandi badasiba gusora
Share on FacebookShare on Twitter

Abakorera mu isoko ryo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko batumva impamvu ritubakirwa kandi bo badasiba gutanga imisoro, bakavuga ko kuba ritubatse bibahoza mu gihombo ku buryo nta terambere babona imbere yabo.

Iri soko riherereye mu Kagari ka Bisumo mu Murenge wa Cyato, uretse kuba ari ikibanza gusa ndetse n’uduti tugiye dushinze ku kibanza cy’umucuruzi ubundi ahandi hose ni imbuga isanzwe.

Abakorera muri iri soko rizwi nko kuri Ville, bavuga ko iyo imvura iguye yangiza ibicuruzwa byabo bikabasigira igihombo gikomeye.

Makurata Kansirida ati “Nta hantu umuntu yakwikinga kandi nzana ibiribwa bikanyagirwa tukabita tukajya kugama muri ariya mazu, isoko ryahahoze kuva muri za 60.”

Akomeza agira ati “Iyo imvura iguye umuyaga uraza ugatwara amashaza kuko ni yo ncuruza, uri kubona ko twebwe nta bushobozi dufite. N’abakiriya hari igihe bataza kubera ibyondo.”

Aba bacuruzi basaba ko isoko ryabo ryakubakirwa bakabasha gukorera heza kuko ngo batanga imisoro n’amahoro.

Anicet Mutwayingabo ati “Twe dutanga ipatante kandi tukanyagirwa ubwo rero abayobozi bagakwiriye kurisakara ku buryo tutakongera kunyagirwa.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mukamasabo Applonie uyemeza ko hari icyo bagiye gukora birimo inyigo kuko ngo iri isoko rimaze igihe.

Ati “Tuzahakorera inyigo nk’ubuyobozi bw’Akarere kugira ngo rivugururwe, rikorwe neza kuko ni isoko rifitiye abaturage akamaro kandi ubona ko rikwiriye gukorwa mu buryo burambye.”

Sitio NDOLI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Imibare y’abanduye COVID-19 yongeye gutumbagira igera muri 300 ku munsi umwe

Next Post

Abakinnyi babiri basanzwe ari inkingi za mwamba muri Rayon bahagaritswe ngo babanze bitekerezeho

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi babiri basanzwe ari inkingi za mwamba muri Rayon bahagaritswe ngo babanze bitekerezeho

Abakinnyi babiri basanzwe ari inkingi za mwamba muri Rayon bahagaritswe ngo babanze bitekerezeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.