• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, bari kubaga ihene bari bibye umuturage ari na we wabaguye gitumo batangiye kuyikuraho uruhu, kugira ngo bajye kugurisha inyama.

Aba bagabo barimo uw’imyaka 32 n’umusore w’imyaka 18, bafatiwe mu Mudugudu wa Rusebeya mu Kagari ka Muhororo mu Murenge wa Kirimbi.

Umuturage wari wibwe iri tungo, ni we wabyutse asanga baryibye, ahita atangira gushakisha, ari na bwo yazaga kugwa ku bagabo babiri bari kubaga iri tungo rye, batangiye kurikuraho uruhu.

Bahise bafatwa, batabwa muri yombi n’inzego, ubu bakaba bacumbikiwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirimbi, Habimana Innocent.

Aganira n’Ikinyamakuru cyitwa Umuseke, uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirimbi, yagize ati “Abo bajura bafashwe bari kuri sitasiyo ya RIB ya Macuba bari kubibazwa.”

Uyu Muyobozi yakomeje agira ati “Nibahamwa n’icyaha, amategeko azakurikizwa umuturage arihwe ihene ye.”

Uyu muyobozi yaboneyeho kuburira abantu babona iminsi mikuru yegereje bakishora mu bikorwa by’ubujura, kubireka dore ko muri uyu Murenge bwakajije umurego.

Yagize ati “Abaturage bagasabwa kuba maso, bagacunga ibyabo neza, ahari amatungo bagahorabagenzura ko nta kibazo afite.”

Nanone kandi abaturage basabwe kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe hari uwo bakekaho ubujura, ndetse n’aho babona ibishobora guteza icyuho cyabwo, kimwe n’ibyahungabanya umudendezo wabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Next Post

Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.