Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umugabo wari waraye atonganye n’umugore we bwacyeye hari inkuru ibabaje yateje urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke, wari waraye atonganye n’umugore we, bwacyeye ku munsi wakurikiyeho, basanga amanitse mu kiziriko cy’ihene yapfuye, aho bamwe bakeka ko yiyahuye, abandi bagakeka ko ashobora kuba yishwe bakaza kumumanika iwe.

Uyu mugabo witwa Emmanuel Hagenimana w’imyaka 45, bivugwa ko mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 01 Nyakanga 2023, yari yatonganye n’umugore we bari basanzwe babana mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Bisumbo mu Murenge wa Cyato.

Amakuru aturuka mu baturanyi, avuga ko iryo joro ahagana saa yine, batonganaga bapfa imyitwarire y’umugabo, aho umugore yamushinjaga gusesagura kuko yanyweraga amafaranga yagakwiye guhahishiriza urugo, ndetse no kuba yari yamwimye nimero yo kuguriraho amashanyarazi.

Umuyobozi w’Umudugudu wa Rugarama, Kanani Benoit, avuga ko muri iryo joro yagiye kureba uyu muryango, akawusaba guhosha izo ntanganya, akabizeza ko mu gitondo aza kubareba bagakemura ibyo bibazo bari bafitanye.

Uyu muyobozi avuga ko kuri iki Cyumweru tariki 02 Nyakanga, yabyutse yitunganya ngo ajye gukemura iki kibazo, ariko “Natunguwe no kumva umugore angezeho saa kumi n’ebyiri na makumyabiri z’igitondo ambwira ko bakinguye igikoni bagasanga umugabo amanitsemo yiyahuye, nagenda ngasanga koko aramanitse yapfuye.”

Umugore wa nyakwigendera, avuga ko ubwo umugabo we yasubiraga mu kabari, yagiye icyo gikoni bamusanzemo gikinginze.

Muri uyu muryango kandi, hari hamaze iminsi hari amakimbirane ashingiye ku kuba umugabo yari afite inshoreke ndetse ngo banabyaranye.

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko iby’urupfu rwa nyakwigendera ari amayobera, bavuga ko ubwo bamusangaga amanitse mu kiziriko yapfuye, batigeze babona ikintu yaba yuririyeho kugira ngo yimanike.

Aba baturanyi kandi bavuga ko umugore wa nyakwigendera yari amaze iminsi acyurira umugabo we ko na we yabonye umugabo bakundana..

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Mexico: Umuyobozi muri Leta yakoze ibidasanzwe byatunguye benshi ku Isi

Next Post

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23
AMAHANGA

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.