Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Umukire aravugwaho gukubita abaturage akabakinga amafaranga akanabakangisha ko yabaye Umusirikare

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Umukire aravugwaho gukubita abaturage akabakinga amafaranga akanabakangisha ko yabaye Umusirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, baratunga agatoki umucuruzi wabazengereje ubahoza ku nkoni akabakinga amafaranga ndetse akabakangisha ko yigeze kuba umusirikare.

Aba baturage bo mu Gasantere ka Gasayo mu Mudugudu wa Gasayo muri aka Kagari ka Ninzi, babwiye RADIOTV10 ko uwo mucuruzi w’inzoga ukorera muri ako gasantere witwa Alexis abakubita bajya kurega ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukabima amatwi.

Umwe mu baturage yagize ati “Yitwaje ko yigeze kuba Umusirikare wibwira ko arajya afata abantu agakubita yarangiza akitwaza ko azajya aduha amafaranga, kandi amafaranga aduha ntabwo agura ubuzima bw’abantu.”

Umwe mu baturage w’igitsinagore wakubiswe ku itegeko ry’uyu mugabo witwa Alexis, yavuze ko yagiye kumukorera, ntiyamwishyura ahubwo yohereza abantu bo kumukubita.

Ati “Yitwaza ko ari umusirikare kandi ngo akaba afite n’amafaranga. Ngo azajya akubita umuntu ngo amurenzeho n’amafaranga.”

Uyu muturage avuga ko hari undi muntu uherutse gukubitwa n’uyu mugabo inshuro ebyiri zikurikirana, wiyambaje umuyobozi w’Umudugudu na we wigeze kuba umusirikare ariko yatunguwe n’uburyo yamusubije ubwo yajyaga kumuregera.

Ati “Yiyambaje Umuyobozi w’Umudugu ngo akemura ikibazo cy’uwo muntu yakubise kabiri yikurikiranya, umuyobozi aravuga ngo ‘nta n’umusirikare uburana ngo atsindwe.”

Aba baturage bavuga ko uwo muntu uheruka gukubitwa, bamukinze ibihumbi 4 Frw, bakamusaba kuryumaho, bavuga ko no kuba bavuganye n’itangazamakuru bishobora kubakoraho.

Undi muturage ati “N’ibyo tuvuze hano bishobora kuba umwaku hari igihe dushobora kuzabizira. Muri rusange abantu muri rusange baragenda bagahohoterwa, niba ashobora guhonyora uburenganzira bw’abantu ngo ni uko wenda badashobora bafite ubushobozi…abakabarenganuye ni bo bari muri ako gatsiko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyitegeka Jeromo yavuze ko batari bazi iki kibazo nk’ubuyobozi ariko ko bagiye kugikurikirana kuko nta muntu ukwiye kwitwaza icyo ari cyo ngo abangamire abaturage.

Yagize ati “Kuba umuntu ari Umudemobe [uwasezerewe mu gisirikare] ntabwo bisobanura ko afite ubudahangarwa.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage bahohotewe kwiyambaza ubuyobozi bw’Akagari ariko ko n’ubuyobozi bw’Umurenge na bwo bugiye kukinjiramo.

Sitio NDOLI
RADIOTV10/Nyamasheke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 18 =

Previous Post

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Next Post

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.