Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Umukire aravugwaho gukubita abaturage akabakinga amafaranga akanabakangisha ko yabaye Umusirikare

radiotv10by radiotv10
24/05/2022
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Umukire aravugwaho gukubita abaturage akabakinga amafaranga akanabakangisha ko yabaye Umusirikare
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, baratunga agatoki umucuruzi wabazengereje ubahoza ku nkoni akabakinga amafaranga ndetse akabakangisha ko yigeze kuba umusirikare.

Aba baturage bo mu Gasantere ka Gasayo mu Mudugudu wa Gasayo muri aka Kagari ka Ninzi, babwiye RADIOTV10 ko uwo mucuruzi w’inzoga ukorera muri ako gasantere witwa Alexis abakubita bajya kurega ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukabima amatwi.

Umwe mu baturage yagize ati “Yitwaje ko yigeze kuba Umusirikare wibwira ko arajya afata abantu agakubita yarangiza akitwaza ko azajya aduha amafaranga, kandi amafaranga aduha ntabwo agura ubuzima bw’abantu.”

Umwe mu baturage w’igitsinagore wakubiswe ku itegeko ry’uyu mugabo witwa Alexis, yavuze ko yagiye kumukorera, ntiyamwishyura ahubwo yohereza abantu bo kumukubita.

Ati “Yitwaza ko ari umusirikare kandi ngo akaba afite n’amafaranga. Ngo azajya akubita umuntu ngo amurenzeho n’amafaranga.”

Uyu muturage avuga ko hari undi muntu uherutse gukubitwa n’uyu mugabo inshuro ebyiri zikurikirana, wiyambaje umuyobozi w’Umudugudu na we wigeze kuba umusirikare ariko yatunguwe n’uburyo yamusubije ubwo yajyaga kumuregera.

Ati “Yiyambaje Umuyobozi w’Umudugu ngo akemura ikibazo cy’uwo muntu yakubise kabiri yikurikiranya, umuyobozi aravuga ngo ‘nta n’umusirikare uburana ngo atsindwe.”

Aba baturage bavuga ko uwo muntu uheruka gukubitwa, bamukinze ibihumbi 4 Frw, bakamusaba kuryumaho, bavuga ko no kuba bavuganye n’itangazamakuru bishobora kubakoraho.

Undi muturage ati “N’ibyo tuvuze hano bishobora kuba umwaku hari igihe dushobora kuzabizira. Muri rusange abantu muri rusange baragenda bagahohoterwa, niba ashobora guhonyora uburenganzira bw’abantu ngo ni uko wenda badashobora bafite ubushobozi…abakabarenganuye ni bo bari muri ako gatsiko.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Niyitegeka Jeromo yavuze ko batari bazi iki kibazo nk’ubuyobozi ariko ko bagiye kugikurikirana kuko nta muntu ukwiye kwitwaza icyo ari cyo ngo abangamire abaturage.

Yagize ati “Kuba umuntu ari Umudemobe [uwasezerewe mu gisirikare] ntabwo bisobanura ko afite ubudahangarwa.”

Uyu muyobozi yasabye abaturage bahohotewe kwiyambaza ubuyobozi bw’Akagari ariko ko n’ubuyobozi bw’Umurenge na bwo bugiye kukinjiramo.

Sitio NDOLI
RADIOTV10/Nyamasheke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Murenzi Abdallah ni umukandida rukumbi uhatanira kuyobora FERWACY

Next Post

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Related Posts

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

by radiotv10
14/08/2025
0

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Nyanza: Umunyeshuri wasusurutsaga abandi muri siporo y’abakorobasi yikubise hasi arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.