Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wari ufite imyaka 26 y’amavuko wo mu Kagari ka Cyimpindu mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, yatezwe n’abantu bikekwa ko ari abajura bamwambura ibyo yari afite byose banamutera icyuma bimuviramo urupfu.

Ibi byabaye mu ijoro rishyira ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki 14 Mata 2022 ubwo uyu mukobwa witwaga Nyampinga Eugenie yari avuye mu kazi yari asanzwe ko gucuruza ama-unites ya telephone agategwa n’abantu bakamwambura ibyo yari afite byose bakanamutera icyuma mu irugu.

Nyu yo kumwambura no kumutera icyuma ubwo yendaga kugera aho yari atuye mu Mudugudu wa Buhabwa mu Kagari ka Cyimpundu, yajyanywe ku Kigo Nderabuzima ariko ahita ashiramo umwuka.

Nyakwigendera ubwo yategwaga n’aba bantu bikekwa ko ari abajura, yari afite agasakoshi mu ntoki karimo amafaranga yari yacuruje ndetse n’igikapu yari ahetse mu mugongo na Telefone ebyiri. Ibi byose yabyambuwe n’abo bantu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyimpundu, Cecile Mukakayumba yabwiye RADIOTV10 ko ubu bugizi bwa nabi koko bwabayeho.

Yagize ati “Bikimara kumenyekana hakozwe ubutabazi bwihuse bamujyana kuri moto bageze ku Kigo Nderabuzima cya Gatare yahise ashiramo umwuka.”

Uyu muyobozi avuga ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kibogora kugira ngo ukorerwe isuzuma, ukaba warasubijwe mu rugo kuri uyu wa Kane kugira ngo nyakwigendera ashyingurwe.

Cecile Mukakayumba avuga ko kuri uyu wa Kane kandi hakozwe inama y’umutekano yo guhumuriza abatuye muri aka gace ndetse no kubasaba kurushaho kwicungira umutekano no gutangira ku gihe amakuru y’ibyo babona bishobora kuwuhungabanya.

Yavuze kandi ko inzego z’iperereza zahise zitangira kurikora, aho abantu umunani bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho ubu bugizi bwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eighteen =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Next Post

Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Related Posts

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
1

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko
MU RWANDA

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

AFC/M23 irashinja Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma yo gusinya amasezerano y’amahoro

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.