Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

radiotv10by radiotv10
15/04/2022
in MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wari ufite imyaka 26 y’amavuko wo mu Kagari ka Cyimpindu mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, yatezwe n’abantu bikekwa ko ari abajura bamwambura ibyo yari afite byose banamutera icyuma bimuviramo urupfu.

Ibi byabaye mu ijoro rishyira ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki 14 Mata 2022 ubwo uyu mukobwa witwaga Nyampinga Eugenie yari avuye mu kazi yari asanzwe ko gucuruza ama-unites ya telephone agategwa n’abantu bakamwambura ibyo yari afite byose bakanamutera icyuma mu irugu.

Nyu yo kumwambura no kumutera icyuma ubwo yendaga kugera aho yari atuye mu Mudugudu wa Buhabwa mu Kagari ka Cyimpundu, yajyanywe ku Kigo Nderabuzima ariko ahita ashiramo umwuka.

Nyakwigendera ubwo yategwaga n’aba bantu bikekwa ko ari abajura, yari afite agasakoshi mu ntoki karimo amafaranga yari yacuruje ndetse n’igikapu yari ahetse mu mugongo na Telefone ebyiri. Ibi byose yabyambuwe n’abo bantu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyimpundu, Cecile Mukakayumba yabwiye RADIOTV10 ko ubu bugizi bwa nabi koko bwabayeho.

Yagize ati “Bikimara kumenyekana hakozwe ubutabazi bwihuse bamujyana kuri moto bageze ku Kigo Nderabuzima cya Gatare yahise ashiramo umwuka.”

Uyu muyobozi avuga ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa ku Bitaro bya Kibogora kugira ngo ukorerwe isuzuma, ukaba warasubijwe mu rugo kuri uyu wa Kane kugira ngo nyakwigendera ashyingurwe.

Cecile Mukakayumba avuga ko kuri uyu wa Kane kandi hakozwe inama y’umutekano yo guhumuriza abatuye muri aka gace ndetse no kubasaba kurushaho kwicungira umutekano no gutangira ku gihe amakuru y’ibyo babona bishobora kuwuhungabanya.

Yavuze kandi ko inzego z’iperereza zahise zitangira kurikora, aho abantu umunani bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho ubu bugizi bwa nabi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 8 =

Previous Post

Perezida Kagame yagaragaje indangagaciro zishimangira isano y’Abanya-Jamaica n’Abanyafurika

Next Post

Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Umugabo w’i Rulindo yahamijwe kwica umugore we akatirwa gufungwa imyaka 25

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.